Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

VIDEO: Bruce Melodie yongeye guhamya intambwe akora ibyari inzozi bitarakorwa n’undi muhanzi Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
19/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
VIDEO: Bruce Melodie yongeye guhamya intambwe akora ibyari inzozi bitarakorwa n’undi muhanzi Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Bruce Melodie uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, yaririmbanye n’icyamamare Shaggy mu kiganiro gikomeye ku Isi, aboneraho gushimira uyu muhanzi ukomeje kumubera umugisha mu kwamamara kwe.

Ni mu kiganiro ‘GMA/Good Morning America’ gitambuka kuri Televiziyo ikomeye ya Televiziyo ya ABC News, aho Bruce Melodie na Shaggy bakoranye indirimbo ‘When She’s Around’ bari baje nk’abatumirwa.

Ubwo bahabwaga ikaze muri iki kiganiro, umunyamakuru yabajije Shaggy uko yakiriye iyi ndirimbo yakoranye n’Umunyarwanda Bruce Melodie, avuga ko yakozwe mu gihe yari ikenewe.

Ati “Ni indirimbo ituma umuntu amererwa neza, irashimishije, igihe cyose nyumvise ndamwenyura, Bruce Melodie yakoze akazi katoroshye Afite ijwi ridasanzwe.”

📹VIDEO📹
Umuhanzi @BruceMelodie ari kumwe na rurangiranwa Shaggy, baririmbye mu kiganiro 'Good Morning America', kiri mu bikomeye ku Isi, anagenera ubutumwa uyu muhanzi ukomeje kumubera umugisha. pic.twitter.com/fFiccMbDjF

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) March 19, 2024

Umunyamakuru yahise ahindukira aha ikaze Bruce Melodie amubaza uko yiyumva kuba ari ubwa mbere aje muri iki kiganiro Good Morning America, ati “Nk’umuntu uturutse i Kigali mu Rwanda, birashimishije kuba ndi hano, kandi numva nishimiye kubataramira.”

Melodie yahise abazwa icyo avuga kuri Shaggy, avuga ko yakuze asanzwe ari umufana we, none akaba yaremeye ko bakorana, ku buryo byamukoze ku mutima.

Ati “Yambereye umugisha, kuko aracyakomeza guhesha umugisha umuziki wanjye, dore n’ubu ngiye kuririmbana na we.”

Nyuma y’iki kiganiro gito, aba bahanzi bahise baririmba iyi ndirimbo ‘When She’s Around’, aho Bruce Melodie yongeye gukora mu muhogo we mu ijwi ryuje ubuhanga bwihariye nk’uko Shaggy yari amaze kubivuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka mu mushinga w’itegeko ry’umuryango ryikije kuri gatanya n’ibyazamuye impaka

Next Post

Perezida Biden yahaye gasopo Netanyahu watangiye intambara amushyigikiye akaza kumwipakurura

Related Posts

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Biden yahaye gasopo Netanyahu watangiye intambara amushyigikiye akaza kumwipakurura

Perezida Biden yahaye gasopo Netanyahu watangiye intambara amushyigikiye akaza kumwipakurura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.