Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

VIDEO: Mu Rwanda habonetse isoko banyuzamo bagahindura urusengero bakiragiza Uwiteka

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
VIDEO: Mu Rwanda habonetse isoko banyuzamo bagahindura urusengero bakiragiza Uwiteka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hari isoko rijya rizamo umukozi w’Imana kubwiriza ijambo ry’Uwiteka, ubundi abacuruzi n’abaje guhaha, bagahagarika ibyo barimo bakabanza gutega amatwi ijambo ry’Imana, bamwe bakanahakirira indwara ziba zarababayeho akarande.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze muri iri soko ryo ku Ihepfu riherereye mu Murenge wa Nkanka, yasanze impundu ari nyinshi, aho bamwe mu bari bamaze gufashwa n’ijambo ry’Imana bazamuraga ishimwe mu majwi aranguruye.

Imbere yabo hari umugabo ucigatiye igitabo cy’ibyahumetswe n’Imana (Bibiliya) abwiriza aba baturage bamutumbiriye mu maso bamuteze amatwi, bigaragara ko bafashijwe.

Uyu muvugabutumwa Nsanzabandi Jean de Dieu wari uri guha ikigwa aba baturage, avuga ko amaze imyaka 15 abwiriza muri ubu buryo bwo gusanga abaturage aho bari kandi ko ari ko Imana yamutegetse.

Nsanzabandi usanzwe ari uwo mu itorero rya ADEPR yagize ati “Imana yarantumye ngo nimbwire Abanyarwanda bakizwe bahinduke bave mu byo barimo kandi bagire urukundo n’imbabazi.”

Akomeza avuga ko Imana yamutumye ku bantu nk’aba batakijya mu nsengero, ikamusaba kubasanga aho baba bari aho gutegereza ko bazamusanga mu rusengero.

Ati “Imana yarambwiye ngo ‘basange aho birirwa, ubabwire ko ndi Imana, ya yindi yabarinze idahinduka’. Abandi bumva ko intama zabasanga mu rusengero noneho bakazibyaza umusaruro bazaka amatungo, ntabwo bashaka gutera intambwe ngo babasange aho bari.”

Bamwe muri aba baturage barimo babwirizwa n’uyu muvugabutumwa, bavuga ko bafashwa cyane ndetse ko hari abahakirira indwara.

Umwe ati “Biradufasha kuko hari ubwo tubona Imana. Nanjye byamfashije kuko yampamagaye arambwira ati ‘Mucyecuru urakize, wajyaga urwara amaguru n’indwara z’impande zose ariko wakize’.”

Twashatse kumenya icyo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere runafite mu nshingano iby’amatorero, ruvuga kuri iri bwirizabutumwa ryo mu masoko, ariko ntibyakunda, gusa Polisi y’u Rwanda yagize icyo ibivugaho.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko hari ahagenewe kuvugirwa ubutumwa bw’Imana bityo ko nta muntu ukwiye kujya kugomesha abantu ngo abangamire ibikorwa barimo.

Ati “Ubutumwa buvugirwa mu nsengero ntabwo buvugirwa mu muhanda ngo ugende ubuze abantu gukora ibyabo, ubabwira uti ‘mwacuruzaga nimube muretse mbabwirize ubutumwa’. Ntabwo ari byo.”

CP John Bosco Kabera yavuze ko aba bavugabutumwa bakwiye gukorera umurimo wabo aho wagenewe mu nsengero, muri za Kiliziya cyangwa mu misigiti kuko ari ho hagenewe ibi bikorwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Uko byagendekeye uwibiye moto ku nzu y’Imana asanze nyirayo ari gusenga

Next Post

Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.