Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge
Share on FacebookShare on Twitter
  • Seifu yabajijwe Abaperezi bo muri Afurika, avuga Paul Kagame gusa

Niyonzima Olivier [Seifu] na Kalisa Rashid basanzwe bakinana muri AS Kigali, bahuriye mu mukino nyungurabumenyi ‘10Batlle’ waranzwe n’ibitwenge byinshi kubera uburyo bahanganye.

Muri uyu mukino wa RADIOTV10, Seifu na Kalisa Rashid, bombi batangiye bahiga kwegukana intsinzi, batangirira ku mazina y’abakinnyi bo muri iyi kipe bakinamo.

Seifu yavuze ko yavuga abakinnyi 18, Kalisa Rashid amuha inda ya bukuru, ubundi Seifu arabavuga, ageza kuri 15, amasegonda 30’’ ahita amushirana.

Babajijwe abahanzi nyarwanda bavuga, Seifu yavuze ko yavuga 10 mu gihe Kalisa Rashid yavuze ko yavuga 11, undi amuha rugari, ariko amasegonda amushirana amaze kuvuga abahanzi icyenda (9).

Babajijwe abatoza, Kalisa Rashid yavuze ko yavuga batanu (5) mu gihe Sefu yavuze ko yavuga batandatu, Rashid ahita agira ati “Arabeshya” bombi basekera icya rimwe.

Niyonzima Olivier Seifu watangiriye ku mutoza Cassa Mbungo, ageze ku mutoza wa gatatu, Kalisa Rashid atangira guseka, Seifu na we kwihangana biramunanira, ahita akubitwa igitwenge amasegora aba aramushiranye, aba atsinzwe atyo.

Babajijwe amazina y’imodoka, Seifu yavuze ko yavuga atanu, Kalisa Rashid ahita agira ati “Seifu arabeshya. Seifu Sefu waretse kubeshya.” Ariko yayavuze yose uko ari atanu.

Ku kibazo cya nyuma cy’abaperezida bo mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, Seifu yavuze ko yavuga batatu, ndetse Kalisa Rashid amuha inda ya bukuru.

Seifu ahawe umwanya ngo abavuge, na we yabanje guseka ndetse Kalisa Rashid amubwira ko yigerejeho ati “Seifu batatu urabavuga bariho uyu munsi, apana kuvuga abavuyeho nka ba Kenyatta.” Bose basekera rimwe.

Seifu wahawe amasegona 30’’, atangirira kuri Perezida Paul Kagame, aba ari na we ashobora gusa, amasegonda arinda arangira agitekereza abandi yabibagiwe.

Aba bakinnyi bombi basanzwe bakinana muri AS Kigali no mu ikipe y’Igihugu Amavubi, bahise basekera rimwe, umukino urangira wegukanywe na Kalisa Rashid ku manota atanu kuri abiri ya Seifu.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Inama ya Minisitiri itunguranye ntikwiye kukubuza gusezeranya abo wabyemereye- Min.Gatabazi

Next Post

Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.