Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge
Share on FacebookShare on Twitter
  • Seifu yabajijwe Abaperezi bo muri Afurika, avuga Paul Kagame gusa

Niyonzima Olivier [Seifu] na Kalisa Rashid basanzwe bakinana muri AS Kigali, bahuriye mu mukino nyungurabumenyi ‘10Batlle’ waranzwe n’ibitwenge byinshi kubera uburyo bahanganye.

Muri uyu mukino wa RADIOTV10, Seifu na Kalisa Rashid, bombi batangiye bahiga kwegukana intsinzi, batangirira ku mazina y’abakinnyi bo muri iyi kipe bakinamo.

Seifu yavuze ko yavuga abakinnyi 18, Kalisa Rashid amuha inda ya bukuru, ubundi Seifu arabavuga, ageza kuri 15, amasegonda 30’’ ahita amushirana.

Babajijwe abahanzi nyarwanda bavuga, Seifu yavuze ko yavuga 10 mu gihe Kalisa Rashid yavuze ko yavuga 11, undi amuha rugari, ariko amasegonda amushirana amaze kuvuga abahanzi icyenda (9).

Babajijwe abatoza, Kalisa Rashid yavuze ko yavuga batanu (5) mu gihe Sefu yavuze ko yavuga batandatu, Rashid ahita agira ati “Arabeshya” bombi basekera icya rimwe.

Niyonzima Olivier Seifu watangiriye ku mutoza Cassa Mbungo, ageze ku mutoza wa gatatu, Kalisa Rashid atangira guseka, Seifu na we kwihangana biramunanira, ahita akubitwa igitwenge amasegora aba aramushiranye, aba atsinzwe atyo.

Babajijwe amazina y’imodoka, Seifu yavuze ko yavuga atanu, Kalisa Rashid ahita agira ati “Seifu arabeshya. Seifu Sefu waretse kubeshya.” Ariko yayavuze yose uko ari atanu.

Ku kibazo cya nyuma cy’abaperezida bo mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, Seifu yavuze ko yavuga batatu, ndetse Kalisa Rashid amuha inda ya bukuru.

Seifu ahawe umwanya ngo abavuge, na we yabanje guseka ndetse Kalisa Rashid amubwira ko yigerejeho ati “Seifu batatu urabavuga bariho uyu munsi, apana kuvuga abavuyeho nka ba Kenyatta.” Bose basekera rimwe.

Seifu wahawe amasegona 30’’, atangirira kuri Perezida Paul Kagame, aba ari na we ashobora gusa, amasegonda arinda arangira agitekereza abandi yabibagiwe.

Aba bakinnyi bombi basanzwe bakinana muri AS Kigali no mu ikipe y’Igihugu Amavubi, bahise basekera rimwe, umukino urangira wegukanywe na Kalisa Rashid ku manota atanu kuri abiri ya Seifu.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Inama ya Minisitiri itunguranye ntikwiye kukubuza gusezeranya abo wabyemereye- Min.Gatabazi

Next Post

Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.