Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge
Share on FacebookShare on Twitter
  • Seifu yabajijwe Abaperezi bo muri Afurika, avuga Paul Kagame gusa

Niyonzima Olivier [Seifu] na Kalisa Rashid basanzwe bakinana muri AS Kigali, bahuriye mu mukino nyungurabumenyi ‘10Batlle’ waranzwe n’ibitwenge byinshi kubera uburyo bahanganye.

Muri uyu mukino wa RADIOTV10, Seifu na Kalisa Rashid, bombi batangiye bahiga kwegukana intsinzi, batangirira ku mazina y’abakinnyi bo muri iyi kipe bakinamo.

Seifu yavuze ko yavuga abakinnyi 18, Kalisa Rashid amuha inda ya bukuru, ubundi Seifu arabavuga, ageza kuri 15, amasegonda 30’’ ahita amushirana.

Babajijwe abahanzi nyarwanda bavuga, Seifu yavuze ko yavuga 10 mu gihe Kalisa Rashid yavuze ko yavuga 11, undi amuha rugari, ariko amasegonda amushirana amaze kuvuga abahanzi icyenda (9).

Babajijwe abatoza, Kalisa Rashid yavuze ko yavuga batanu (5) mu gihe Sefu yavuze ko yavuga batandatu, Rashid ahita agira ati “Arabeshya” bombi basekera icya rimwe.

Niyonzima Olivier Seifu watangiriye ku mutoza Cassa Mbungo, ageze ku mutoza wa gatatu, Kalisa Rashid atangira guseka, Seifu na we kwihangana biramunanira, ahita akubitwa igitwenge amasegora aba aramushiranye, aba atsinzwe atyo.

Babajijwe amazina y’imodoka, Seifu yavuze ko yavuga atanu, Kalisa Rashid ahita agira ati “Seifu arabeshya. Seifu Sefu waretse kubeshya.” Ariko yayavuze yose uko ari atanu.

Ku kibazo cya nyuma cy’abaperezida bo mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, Seifu yavuze ko yavuga batatu, ndetse Kalisa Rashid amuha inda ya bukuru.

Seifu ahawe umwanya ngo abavuge, na we yabanje guseka ndetse Kalisa Rashid amubwira ko yigerejeho ati “Seifu batatu urabavuga bariho uyu munsi, apana kuvuga abavuyeho nka ba Kenyatta.” Bose basekera rimwe.

Seifu wahawe amasegona 30’’, atangirira kuri Perezida Paul Kagame, aba ari na we ashobora gusa, amasegonda arinda arangira agitekereza abandi yabibagiwe.

Aba bakinnyi bombi basanzwe bakinana muri AS Kigali no mu ikipe y’Igihugu Amavubi, bahise basekera rimwe, umukino urangira wegukanywe na Kalisa Rashid ku manota atanu kuri abiri ya Seifu.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 2 =

Previous Post

Inama ya Minisitiri itunguranye ntikwiye kukubuza gusezeranya abo wabyemereye- Min.Gatabazi

Next Post

Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.