Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Menya amaraso mashya yongewe mu makipe ya Polisi y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in SIPORO
0
Volleyball: Menya amaraso mashya yongewe mu makipe ya Polisi y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwagaragaje abakinnyi n’abatoza bazakoreshwa mu mwaka w’imikino wa 2024-2025 muri Volleyball, aho mu ikipe y’abagabo, harimo abakinnyi bashya batatu barimo uvuye mu ikipe yo muri Algeria.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Ukwakira 2024 ku cyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, cyanitabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije ushinzwe Ubutegetsi n’Abakozi (DIGP), DCG Jeanne Chantal Ujeneza n’umuyobozi w’amakipe ya Volleyball ya Polisi, CSP Jackline URUJENI.

Hari kandi abatoza, abakinnyi b’amakipe yombi azitabira shampiyona y’u Rwanda izatangira kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024.

Mu kwitegura uyu mwaka, ikipe ya Police Volleyball Club y’Abagabo yongeyemo abakinnyi batatu, ari bo Manzi Saduru wavuye muri APR VC, Jahara Koita (Outside Hitter) wakinaga mu ikipe ya OMK VC yo muri Algeria, na Ishimwe Patrick (Receiver attacker) wasoje amashuri yisumbuye ari mu beza mu ikipe ya GS Officiel de Butare.

Mu ikipe y’Abagore hongerewemo Umunya-Ghanakazi AYEPOE Sandra Azuremah (Middle Blocker) wakinaga mu ikipe ya El Walk Wings y’iwabo muri Ghana.

Herekanywe kandi umutoza ushinzwe kongerera abakinnyi imbaraga mu ikipe y’Abagore ari we Murangwa Usenga Sandrine n’ushinzwe itangazamakuru mu makipe yombi, Imani Isaac Rabbin.

Police VC y’Abagabo isanzwe itozwa na Musoni Fred, iritegura gukina umukino wa mbere kuri uyu wa Gatanu, aho izakina na REG VC, mu mukino uzabera muri Petit Stade.

Police VC y’Abagore itozwa na Hatumimana Christian, izatangira ikina n’ikipe ya East Africa University Rwanda WVC, ni umukino uzakinwa ku wa Gatandatu muri Petit Stade.

Hongewe imbaraga muri Police VC

Habayeho n’ibiganiro by’imyiteguro y’imikino

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + thirteen =

Previous Post

Umuhanzi waririmbye mu itsinda ryamamaye ku Isi yapfuye urupfu rutunguranye

Next Post

Hafashwe icyemezo mu rubanza rwa Miliyoni 10Frw rwaregwamo Umuhanzi Nyarwanda

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo mu rubanza rwa Miliyoni 10Frw rwaregwamo Umuhanzi Nyarwanda

Hafashwe icyemezo mu rubanza rwa Miliyoni 10Frw rwaregwamo Umuhanzi Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.