Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
0
Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wagaragaye mu gitaramo giherutse kubera mu Mujyi wa Kigali yambaye ikanzu ibonerana igaragaza imyanya ye y’ibanga, yagejejwe imbere y’urukiko aho ashinjwa icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame gihanishwa igifungo gishobora kugera ku myaka 2.

Uyu mukobwa witwa Mugabekazi Liliane, yagaragaye mu gitaramo cyaririmbyemo ikirangirire Tayc cyabaye tariki 30 Nyakanga 2022.

Ubwo ifoto y’uyu mukobwa yajyaga hanze, yakangaranyije benshi ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banenga iyi myambarire ndetse bituma inzego zirimo Polisi y’u Rwanda zihaguruka aho zanatangiye gukora igenzura mu bitaramo bibera i Kigali.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022, Mugabekazi Liliane yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo kubera icyaha aregwa cyo gukora ibiterasoni mu ruhame.

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’urukiko uyu mukobwa, buvuga ko inzego zishinzwe iperereza nka RIB batangiye kumukoraho iperereza ndetse zikanamuhamagaza akazemerera ko ari we ugaragara muri iriya foto.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, avuga ko Liliane yatawe muri yombi tariki 07 Kanama 2022 ubu akaba acumbikiwe kuri station ya Remera.

Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko impamvu zikomeye zituma bwifuza ko uregwa afatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, bwavuze ko kuba afunze ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwo kuba yajya abonekera igihe cyose inzego z’ubutabera zamukenerera.

Bwavuze kandi ko aramutse arekuwe byatiza umurindi abandi bakobwa bagenzi be gukora iki cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije uru rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, rwahise rurupfundikira, rwanzura ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha tariki 23 Kanama 2022.

Ifoto ya Liliane yakoze akantu

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

ITEGEKO RITEGANYA IBYAHA N’IBIHANO MURI RUSANGE

Ingingo ya 143: Gukora ibiterasoni mu ruhame

Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).

Ifoto bivugwa ko ari Liliane ubwo yari mu rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + one =

Previous Post

Rubavu: Hatahuwe inzu yororerwagamo inkoko isigaye ibamo abantu 80 bo mu basigajwe n’amateka

Next Post

Nyagatare: Haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umukobwa ‘basanze yamatanye’ n’umugabo bari bararanye

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umukobwa ‘basanze yamatanye’ n’umugabo bari bararanye

Nyagatare: Haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umukobwa 'basanze yamatanye' n’umugabo bari bararanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.