Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
0
Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wagaragaye mu gitaramo giherutse kubera mu Mujyi wa Kigali yambaye ikanzu ibonerana igaragaza imyanya ye y’ibanga, yagejejwe imbere y’urukiko aho ashinjwa icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame gihanishwa igifungo gishobora kugera ku myaka 2.

Uyu mukobwa witwa Mugabekazi Liliane, yagaragaye mu gitaramo cyaririmbyemo ikirangirire Tayc cyabaye tariki 30 Nyakanga 2022.

Ubwo ifoto y’uyu mukobwa yajyaga hanze, yakangaranyije benshi ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banenga iyi myambarire ndetse bituma inzego zirimo Polisi y’u Rwanda zihaguruka aho zanatangiye gukora igenzura mu bitaramo bibera i Kigali.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022, Mugabekazi Liliane yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo kubera icyaha aregwa cyo gukora ibiterasoni mu ruhame.

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’urukiko uyu mukobwa, buvuga ko inzego zishinzwe iperereza nka RIB batangiye kumukoraho iperereza ndetse zikanamuhamagaza akazemerera ko ari we ugaragara muri iriya foto.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, avuga ko Liliane yatawe muri yombi tariki 07 Kanama 2022 ubu akaba acumbikiwe kuri station ya Remera.

Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko impamvu zikomeye zituma bwifuza ko uregwa afatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, bwavuze ko kuba afunze ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwo kuba yajya abonekera igihe cyose inzego z’ubutabera zamukenerera.

Bwavuze kandi ko aramutse arekuwe byatiza umurindi abandi bakobwa bagenzi be gukora iki cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije uru rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, rwahise rurupfundikira, rwanzura ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha tariki 23 Kanama 2022.

Ifoto ya Liliane yakoze akantu

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

ITEGEKO RITEGANYA IBYAHA N’IBIHANO MURI RUSANGE

Ingingo ya 143: Gukora ibiterasoni mu ruhame

Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).

Ifoto bivugwa ko ari Liliane ubwo yari mu rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − one =

Previous Post

Rubavu: Hatahuwe inzu yororerwagamo inkoko isigaye ibamo abantu 80 bo mu basigajwe n’amateka

Next Post

Nyagatare: Haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umukobwa ‘basanze yamatanye’ n’umugabo bari bararanye

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umukobwa ‘basanze yamatanye’ n’umugabo bari bararanye

Nyagatare: Haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umukobwa 'basanze yamatanye' n’umugabo bari bararanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.