Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
0
Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wagaragaye mu gitaramo giherutse kubera mu Mujyi wa Kigali yambaye ikanzu ibonerana igaragaza imyanya ye y’ibanga, yagejejwe imbere y’urukiko aho ashinjwa icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame gihanishwa igifungo gishobora kugera ku myaka 2.

Uyu mukobwa witwa Mugabekazi Liliane, yagaragaye mu gitaramo cyaririmbyemo ikirangirire Tayc cyabaye tariki 30 Nyakanga 2022.

Ubwo ifoto y’uyu mukobwa yajyaga hanze, yakangaranyije benshi ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banenga iyi myambarire ndetse bituma inzego zirimo Polisi y’u Rwanda zihaguruka aho zanatangiye gukora igenzura mu bitaramo bibera i Kigali.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022, Mugabekazi Liliane yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo kubera icyaha aregwa cyo gukora ibiterasoni mu ruhame.

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’urukiko uyu mukobwa, buvuga ko inzego zishinzwe iperereza nka RIB batangiye kumukoraho iperereza ndetse zikanamuhamagaza akazemerera ko ari we ugaragara muri iriya foto.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, avuga ko Liliane yatawe muri yombi tariki 07 Kanama 2022 ubu akaba acumbikiwe kuri station ya Remera.

Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko impamvu zikomeye zituma bwifuza ko uregwa afatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, bwavuze ko kuba afunze ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwo kuba yajya abonekera igihe cyose inzego z’ubutabera zamukenerera.

Bwavuze kandi ko aramutse arekuwe byatiza umurindi abandi bakobwa bagenzi be gukora iki cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije uru rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, rwahise rurupfundikira, rwanzura ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha tariki 23 Kanama 2022.

Ifoto ya Liliane yakoze akantu

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

ITEGEKO RITEGANYA IBYAHA N’IBIHANO MURI RUSANGE

Ingingo ya 143: Gukora ibiterasoni mu ruhame

Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).

Ifoto bivugwa ko ari Liliane ubwo yari mu rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + eighteen =

Previous Post

Rubavu: Hatahuwe inzu yororerwagamo inkoko isigaye ibamo abantu 80 bo mu basigajwe n’amateka

Next Post

Nyagatare: Haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umukobwa ‘basanze yamatanye’ n’umugabo bari bararanye

Related Posts

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away
MU RWANDA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umukobwa ‘basanze yamatanye’ n’umugabo bari bararanye

Nyagatare: Haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umukobwa 'basanze yamatanye' n’umugabo bari bararanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.