Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wabanje ukabihindura mu Gihugu cyawe- P.Kagame yasubije abavuga ko bashaka kugira ibyo bahindura mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Wabanje ukabihindura mu Gihugu cyawe- P.Kagame yasubije abavuga ko bashaka kugira ibyo bahindura mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko abamaze iminsi bavuga ko hari ibyo bashaka guhindura mu Rwanda, bari bakwiye kubanza kubikorera Ibihugu byabo kuko ari byo bifite ibibazo byinshi, mu gihe u Rwanda rukomeje gutera intambwe igana aheza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024 ubwo yasozaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19.

Ni umushyikirano wabaye mu gihe bamwe mu Bakuru b’Ibihugu by’ibituranyi by’u Rwanda, bamaze iminsi bibasira iki Gihugu, ndetse bakerura mu mvugo zabo ko bifuza ko ubutegetsi bwacyo bwahinduka.

Perezida Felix Tshisekedi uherutse kongera gutsindira kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, yagize u Rwanda iturufu, avuga ko naramuka atowe, azarutera agakuraho ubuyobozi bwarwo.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we ku Cyumweru tariki 21 ubwo yaganiraga n’urubyiruko i Kinshasa, yavuze ko yifuza kuzafasha urubyiruko rw’u Rwanda ngo rugakuraho ubuyobozi ngo kuko rumeze nk’urufunzwe.

Guverinoma y’u Rwanda yagiye yamagana imvugo nk’izi, ndetse igaragaza ko iki Gihugu gikomeje gutera intambwe ishimishije mu nzego zinyuranye mu bushobozi bwacyo.

Ni mu gihe Ibihugu biyoborwa n’aba Bakuru b’Ibihugu bibasiye u Rwanda, bikomeje kugarizwa n’ibibazo uruhuri, aho nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze kuba isibaniro y’ibibazo by’umutekano n’iby’amacakubiri byabaye akarande, iby’imibereho byugarije abaturage, ndetse n’ibyugarije ubukungu bwabyo.

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yagarutse kuri aba bayobozi bavuga ko bafite ibyo bashaka guhindura mu Rwanda, nyamara mu Bihugu byabo bidogera.

Ati “Ufite abaturage bari mu buzima bubabaje, batabana ibyo kurya, batagize icyo bafite, ariko uri hariya uravuga ngo urashaka kuza kwigisha u Rwanda icyo bakwiye gukora cyangwa ngo urashaka kugira ibyo uhindura, ukoresheje iki ufite se, kandi ufite ubusa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibabaje ari uko atari umuntu umwe wabivuze, ahubwo ko biri rusange mu karere, akavuga ko aho ibihe bigeze, hatari hakwiye kuba hagaragara abantu nk’aba.

Nanone kandi abavuga ibi, ni bo bafite Ibihugu byamunzwe na ruswa, na bo kandi bagakora bakurura bishyira aho gushyira imbere inyungu z’abaturage bayoboye.

Ati “Ibi ni byo tubona hano hafi ku bantu n’ubundi bavuga ibyo. Mu gihe cyo gutekereza ko hari ibyo bahindura mu Rwanda, kuki utabanza guhindura ibiri mu Gihugu cyawe? Mbere na mbere ibyo uvuga si byo, ikindi kandi ntibyagushobokera.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko imyumvire iri mu Banyafurika bamwe, yo guhora bumva ko ubuzima bwabo bushingiye ku bagiraneza, inakunze kugaragara mu Bihugu biyobowe n’abayobozi bafite imitekerereze nk’iyi, ikwiye guhinduka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 1 =

Previous Post

Igihugu kimwe muri Afurika cyatanzweho urugero rubi mu gihe hizihizwa umunsi w’uburezi

Next Post

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.