Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wabanje ukabihindura mu Gihugu cyawe- P.Kagame yasubije abavuga ko bashaka kugira ibyo bahindura mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Wabanje ukabihindura mu Gihugu cyawe- P.Kagame yasubije abavuga ko bashaka kugira ibyo bahindura mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko abamaze iminsi bavuga ko hari ibyo bashaka guhindura mu Rwanda, bari bakwiye kubanza kubikorera Ibihugu byabo kuko ari byo bifite ibibazo byinshi, mu gihe u Rwanda rukomeje gutera intambwe igana aheza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024 ubwo yasozaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19.

Ni umushyikirano wabaye mu gihe bamwe mu Bakuru b’Ibihugu by’ibituranyi by’u Rwanda, bamaze iminsi bibasira iki Gihugu, ndetse bakerura mu mvugo zabo ko bifuza ko ubutegetsi bwacyo bwahinduka.

Perezida Felix Tshisekedi uherutse kongera gutsindira kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, yagize u Rwanda iturufu, avuga ko naramuka atowe, azarutera agakuraho ubuyobozi bwarwo.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we ku Cyumweru tariki 21 ubwo yaganiraga n’urubyiruko i Kinshasa, yavuze ko yifuza kuzafasha urubyiruko rw’u Rwanda ngo rugakuraho ubuyobozi ngo kuko rumeze nk’urufunzwe.

Guverinoma y’u Rwanda yagiye yamagana imvugo nk’izi, ndetse igaragaza ko iki Gihugu gikomeje gutera intambwe ishimishije mu nzego zinyuranye mu bushobozi bwacyo.

Ni mu gihe Ibihugu biyoborwa n’aba Bakuru b’Ibihugu bibasiye u Rwanda, bikomeje kugarizwa n’ibibazo uruhuri, aho nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze kuba isibaniro y’ibibazo by’umutekano n’iby’amacakubiri byabaye akarande, iby’imibereho byugarije abaturage, ndetse n’ibyugarije ubukungu bwabyo.

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yagarutse kuri aba bayobozi bavuga ko bafite ibyo bashaka guhindura mu Rwanda, nyamara mu Bihugu byabo bidogera.

Ati “Ufite abaturage bari mu buzima bubabaje, batabana ibyo kurya, batagize icyo bafite, ariko uri hariya uravuga ngo urashaka kuza kwigisha u Rwanda icyo bakwiye gukora cyangwa ngo urashaka kugira ibyo uhindura, ukoresheje iki ufite se, kandi ufite ubusa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibabaje ari uko atari umuntu umwe wabivuze, ahubwo ko biri rusange mu karere, akavuga ko aho ibihe bigeze, hatari hakwiye kuba hagaragara abantu nk’aba.

Nanone kandi abavuga ibi, ni bo bafite Ibihugu byamunzwe na ruswa, na bo kandi bagakora bakurura bishyira aho gushyira imbere inyungu z’abaturage bayoboye.

Ati “Ibi ni byo tubona hano hafi ku bantu n’ubundi bavuga ibyo. Mu gihe cyo gutekereza ko hari ibyo bahindura mu Rwanda, kuki utabanza guhindura ibiri mu Gihugu cyawe? Mbere na mbere ibyo uvuga si byo, ikindi kandi ntibyagushobokera.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko imyumvire iri mu Banyafurika bamwe, yo guhora bumva ko ubuzima bwabo bushingiye ku bagiraneza, inakunze kugaragara mu Bihugu biyobowe n’abayobozi bafite imitekerereze nk’iyi, ikwiye guhinduka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 6 =

Previous Post

Igihugu kimwe muri Afurika cyatanzweho urugero rubi mu gihe hizihizwa umunsi w’uburezi

Next Post

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Related Posts

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

IZIHERUKA

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi
FOOTBALL

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.