Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wabanje ukabihindura mu Gihugu cyawe- P.Kagame yasubije abavuga ko bashaka kugira ibyo bahindura mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Wabanje ukabihindura mu Gihugu cyawe- P.Kagame yasubije abavuga ko bashaka kugira ibyo bahindura mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko abamaze iminsi bavuga ko hari ibyo bashaka guhindura mu Rwanda, bari bakwiye kubanza kubikorera Ibihugu byabo kuko ari byo bifite ibibazo byinshi, mu gihe u Rwanda rukomeje gutera intambwe igana aheza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024 ubwo yasozaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19.

Ni umushyikirano wabaye mu gihe bamwe mu Bakuru b’Ibihugu by’ibituranyi by’u Rwanda, bamaze iminsi bibasira iki Gihugu, ndetse bakerura mu mvugo zabo ko bifuza ko ubutegetsi bwacyo bwahinduka.

Perezida Felix Tshisekedi uherutse kongera gutsindira kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, yagize u Rwanda iturufu, avuga ko naramuka atowe, azarutera agakuraho ubuyobozi bwarwo.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we ku Cyumweru tariki 21 ubwo yaganiraga n’urubyiruko i Kinshasa, yavuze ko yifuza kuzafasha urubyiruko rw’u Rwanda ngo rugakuraho ubuyobozi ngo kuko rumeze nk’urufunzwe.

Guverinoma y’u Rwanda yagiye yamagana imvugo nk’izi, ndetse igaragaza ko iki Gihugu gikomeje gutera intambwe ishimishije mu nzego zinyuranye mu bushobozi bwacyo.

Ni mu gihe Ibihugu biyoborwa n’aba Bakuru b’Ibihugu bibasiye u Rwanda, bikomeje kugarizwa n’ibibazo uruhuri, aho nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze kuba isibaniro y’ibibazo by’umutekano n’iby’amacakubiri byabaye akarande, iby’imibereho byugarije abaturage, ndetse n’ibyugarije ubukungu bwabyo.

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yagarutse kuri aba bayobozi bavuga ko bafite ibyo bashaka guhindura mu Rwanda, nyamara mu Bihugu byabo bidogera.

Ati “Ufite abaturage bari mu buzima bubabaje, batabana ibyo kurya, batagize icyo bafite, ariko uri hariya uravuga ngo urashaka kuza kwigisha u Rwanda icyo bakwiye gukora cyangwa ngo urashaka kugira ibyo uhindura, ukoresheje iki ufite se, kandi ufite ubusa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibabaje ari uko atari umuntu umwe wabivuze, ahubwo ko biri rusange mu karere, akavuga ko aho ibihe bigeze, hatari hakwiye kuba hagaragara abantu nk’aba.

Nanone kandi abavuga ibi, ni bo bafite Ibihugu byamunzwe na ruswa, na bo kandi bagakora bakurura bishyira aho gushyira imbere inyungu z’abaturage bayoboye.

Ati “Ibi ni byo tubona hano hafi ku bantu n’ubundi bavuga ibyo. Mu gihe cyo gutekereza ko hari ibyo bahindura mu Rwanda, kuki utabanza guhindura ibiri mu Gihugu cyawe? Mbere na mbere ibyo uvuga si byo, ikindi kandi ntibyagushobokera.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko imyumvire iri mu Banyafurika bamwe, yo guhora bumva ko ubuzima bwabo bushingiye ku bagiraneza, inakunze kugaragara mu Bihugu biyobowe n’abayobozi bafite imitekerereze nk’iyi, ikwiye guhinduka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Igihugu kimwe muri Afurika cyatanzweho urugero rubi mu gihe hizihizwa umunsi w’uburezi

Next Post

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.