Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

WASAC yahaswe uruhuri rw’ibibazo imbere ya PAC rubura gica

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in MU RWANDA
0
WASAC yahaswe uruhuri rw’ibibazo imbere ya PAC rubura gica
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta PAC, iravuga ko irambiwe ibibazo ngarukamwaka by’imicungire mibi y’umutungo  muri WASAC ,ngo kugeza n’ubwo ikigo cyishyura inshuro ebyiri  milliyoni hafi 104 z’amanyarwanda umushoramari umwe,imyaka ikarinda iba  ibiri cyaratereye  agati mu ryinyo.

Mu magambo yumvikanamo uburakari bwinshi ,abagize komisiyo ishinzwe kugenzura imkoreshereze y’umutungo mu bigo bya leta PAC  bavuga ko usibye icyo bise agasuzuguro k’ikigo WASAC  ko kwanga guha umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta  Raporo y’imikoreshereze y’umutungo ,ngo  mu budashyikirwa bw’iki kigo mu micungire mibi ,hari  n’amafaranga akabakaba miliyoni 104 z’amafaranga y’u Rwanda  yishyuwe umushoramari inshuro ebyiri zose ,WASAC ikabibona igaterera agati mu ryinyo imyaka ikaba igashira indi igataha.

Image

WASAC yahaswe ibibazo na PAC

Depite Murara ati ” Ako gasuzuguro  ko kwima raporo umugenzuzi mukuru,washyizweho na leta ,akabasaba ikintu ntimukimuhe,ni bwoko ki?” Yakomeje ati ” Ni gute umuntu ashobora kunyereza njyewe ndabyita ubujurua, ubu ni ubujura, agasohora milliyoni zirenga ijana ,amafaranga y’abanyarwanda ,akagenda gutyo gusa!”

Depite Christine ati ” Umuntu agafata milliyoni 103 zose ,zikamara imyaka ibiri  yose ataragaruzwa, ubwo turenzeho tubishime ngo ni ibintu byiza?”

Mu bisobanuro byagoye abari mu nteko kumva, abivugira mu ijwi riciye bugufi ,umuyobozi ushinzwe  Imari n’icungamutungo muri WASAC Jean Luc Nsabimana yavuze ko aya mafaranga yatikiye kubera kwishyura mu buryo bubiri bunyuranye, ngo mu buryo nawe atabashije  gusobanura neza  bisanga umushoramari  yagondewe ako kayabo inshuro ebyiri atyo.

“Hari umukiriya twagombaga kwishyura miliyoni 103 ,hanyuma tumwishyura kuri equity dukoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga,ariko hakaba na sheki twari twasinye ijyanwa kuri BK yo ariko turayisiba,nyuma dukoze igenzura dusanga umukozi ushinzwe kubika izo sheki yayijyanye kuri BK ,amafaranga aroherezwa.”

Ni ingingo abadepite batinzeho cyane  ,ndetse baranerura babyita ubujura ngo kuko bitari ibyo aya makosa bumva ko atanabaho mu icungamutungo ,ngo ntiyakabaye amaze imyaka ibiri ibyagenewe rubanda bikinyungutwa n’abatarabigenewe.

Image

Itangazamakuru riba ryahawe umwanya wo gukurikira ibibazo PAC ibaza ibigo bya leta ku mikorer yabyo

Mu bigaragarira amaso uyu mucungamutungo yarenzwe  n’uruhuri rw’ibibazo abadepite bamuhanaga uburakari asa n’umanjiriwe, icyakora kera kabaye  umuyobozi mukuru w’agateganyo madame Gisele Umuhumuza ,avuga ko umuti watangiye gushakirwa mu nzira z’amategeko.

Ati” Hari ayo twari twamaze kugaruza ariko turizera ko mu rubanza tugiye kwinjiramo n’andi asigaye tuzayabona ,bigakemuka.”

PAC ivuga ko  iyo aya mafaranga  bita ko yarigishijwe ngo iyo azagukoreshwa mu myaka ibiri amaze aba maze kunguka milliyoni 24 zirenga.

WASAC kandi  ibazwa arenga milliyoni 500 y’imyanda ibereyemo abandi mu buryo budasobanutse, ikabzwa milliyoni 838 y’imyanda nayo iberewemo ariko adafite inyandiko n’imwe,kimwe na milliyoni 13 zasohotse  ariko ntiyandikwe icyo yakoreshejwe .

Abadepite bavuga ko baterwa agahinda n’uko kuva mu myaka irenga itanu ishize WASAC ari cyoo kigo rukumbi gihora gihamagzwa ku bibazo byisubiramo birimo amafaranga yagiye mu buryo bwa baringa no kuba ihora igaragaza ko idahwema gushora akayabo mu bikorwa byo guha amazi ahagije abaturage bahora bayabura,ngo ariko bigasa n’aho amagambo aruse ibikorwa ,ibinahura n’abaturage nk’abo muri kigali bataka ubutitsa ko bahawe amazi ariko akaba  nka kibonumwe .

Image

PAC ntiyumva ukuntu ikigo nka WASAC kinanirwa gutanga raporo

Aka kangari k’ibibazo kavugwa  muri WASAC kandi kabaye mu gihe  iki kigo  uwakiyoboraga aherutse kwirukanwa burundu n’umukuru w’igihugu  ,icyakora ngo uru si urwitwazo , kuko nabo ubwabo biyemerera ko kuva batangira gukora nta na rimwe barunguka.

Yanditswe na Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 5 =

Previous Post

10 SPORTS: Modrić, Oscar na Song baravutse…imyaka ishize ari 31 Sampras akoze amateka..ibyaranze uyu munsi

Next Post

Amakuru ari muri APR FC yageze muri Djibouti muri Sheraton Hotel

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ari muri APR FC yageze muri Djibouti muri Sheraton Hotel

Amakuru ari muri APR FC yageze muri Djibouti muri Sheraton Hotel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.