Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yagaragaje agahinda mu buryo budasanzwe kubera ibyo yakorewe n’ubuyobozi kandi ‘yaratanze ruswa ya 100.000Frw’

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Yagaragaje agahinda mu buryo budasanzwe kubera ibyo yakorewe n’ubuyobozi kandi ‘yaratanze ruswa ya 100.000Frw’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, uvuga ko yahaye umwe mu bayobozi b’Akagari amafaranga ibihumbi 100 Frw ngo yubake, ariko bakaza kumusenyera, yaguye igihumure ubwo bakuragaho inzu ye.

Uyu muturage witwa Niyibizi, yaguye igihumure ubwo yasenyerwaga mu gitondo cyo ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 28 Gashyantare 2023.

Umugore w’uyu muturage yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bwazindutse buza gusenya iyi nzu bari bamaze igihe gito bubatse mu gihe bari begereye Umukozi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu (SEDO) mu Kagari kabo ka Gisa ngo abafashe kugira ngo bubake iyi nzu yasenywe.

Ngo aho kubayobora inzira banyuramo kugira ngo bubake mu buryo bunyuze mu mucyo, uyu muyibozi yabasabye ko bamuha amafaranga ibihumbi 100 Frw ababwira ko bakubaka nta byangombwa kandi ko ntakibazo na kimwe bazagira.

Yagize ati “Ubwo rero turavuga ngo kuba dufite agaparisele, reka dushingemo akazu turamushaka uriya witwa SEDO ni we twashatse atwemerera ko tugomba kuyubaka, twamuhaye ijana [100 000Frw].”

Uyu SEDO w’akagari ka Gisa, Theogene Ndikunkiko we yahakanye ibitangazwa n’uyu mutura ko bamuhaye ayo mafaranga ati “Ni uguharabika ibyo bintu ntibyigeze bibaho.”

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gisa bagaragaza ko bajya mu nzego z’ubuyobozi kugira ngo babahe uburenganzira bwo kubaka ariko izo nzego zikabagora zibaha impamvu zitandukanye bagahitamo kunyura iy’ubusamo.

Umwe yagize ati “None se uragira ngo iyi nzu wayubaka ubuyobozi butabizi, ntabwo yapfa kubakwa butabizi nubwo baje bakayihirika kandi ntabwo wamugeraho ntacyo witwaje, wamugeraho ntutange Fanta?”

Umumyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nzabahimana Evariste we avuga ko ikibazo cy’abayobozi bayobya abaturage ntacyo azi ariko ngo haramutse hari umuyobozi wishora muri ibyo bikorwa yabiryozwa.

Yagize ati “Umukozi wijanditse mu byaha bya ruswa yabiryozwa no mu buryo bw’amategeko ari administrative bikurikije ibyo yaba yakoze.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Nabifashe nk’urwenya- Perezida Kagame asubiza Tshisekedi wavuze ko ashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.