Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago, yavuze ko yiteguye kuganira n’abo amaze iminsi avuga ko bashatse kumugirira nabi, kugira ngo bacoce ibibazo byabo birangire.

Mu minsi ishize, uyu munyamakuru akaba n’Umuhanzi; yatangaje ko yamaze guhunga Igihugu kubera ako yise agatsiko k’abantu b’indyarya bashatse kumugirira nabi.

Mu bo yatunze agatoki, barimo abanyamakuru n’abahanzi bagenzi be, basanzwe bafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Uyu muhanzi bivugwa ko amaze iminsi ari muri Uganda, mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube Channel ye yagiranye n’umujyanama we witwa Agaba Safari, bagarutse kuri uyu mwuka umaze iminsi hagati y’uyu muhanzi na bagenzi be.

Uyu mujyanama wa Yago, yavuze ko akomeje gushaka uburyo Yago yiyunga n’abahanzi ndetse n’abanyamakuru bafitanye ibibazo, ndetse ko yamaze kuvugana na bamwe muri bo, ari bo Bruce Melodie ndetse n’umunyamakuru Murungi Sabin, kandi ko ibiganiro byabo byagenze neza.

Ati “Ndashimira Bruce Melodie, twaraganiriye ndamubwira nti ‘ikibazo cyawe na Yago ndashaka ko kirangira’, ni umugabo mwiza ku bwanjye naramushimye, yarambwiye ati ’Safari urakoze cyane vuba na bwangu nimuba mwiteguye nanjye ndahari’.”

Safari yakomeje avuga ko na Sabin bagiranye ikiganiro cyiza gitanga umusaruro, ndetse ko yatangiye amwifuriza gukira vuba ku bw’uburwayi afite bumaze iminsi bunagarukwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati “Yarambwiye ati ’Safari nditeguye, tuzicara turi abagabo, turakosa hari icyo naba naravuze nabi’. We ubwe yambwiye ko hari byinshi wamugejejeho [yabwiraga Yago].”

Umunyamakuru Yago na we yavuze ko nyuma y’ibiganiro byabaye hagati y’umujyanama we n’aba bagabo, na we yumva yiteguye kuganira na bo bagacoca ibibazo.

Yago yavuze ko kuva na cyera yabaga yiteguye ko yaganira n’aba bagenzi be, ariko ko ibyabaye hagati yabo byatewe n’umujinya w’ibyo avuga ko yakorewe.

Ati “Na bo barabizi ko natatswe nanjye ndataka nirwanaho, gusa ubu nditeguye, ntewe ishema n’ibi ngibi.”

Umunyamakuru Yago kandi yari aherutse gusaba imbabazi Igihugu cyamwibarutse ndetse n’Abanyarwanda ku byo yaba yarakoze bidafututse, ndetse yizeza ko yiteguye guca bugufi kugira ngo ibibazo bihari byose birangire.

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago Pon Dat
Umuhanzi Bruce Melodie
Umunyamakuru Murundi Sabin

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + twenty =

Previous Post

Menya ahafatiwe ukekwaho kwiba sebuja amadolari y’agaciro ka Miliyoni 22Frw n’icyo yakoraga

Next Post

Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

Related Posts

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.