Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago, yavuze ko yiteguye kuganira n’abo amaze iminsi avuga ko bashatse kumugirira nabi, kugira ngo bacoce ibibazo byabo birangire.

Mu minsi ishize, uyu munyamakuru akaba n’Umuhanzi; yatangaje ko yamaze guhunga Igihugu kubera ako yise agatsiko k’abantu b’indyarya bashatse kumugirira nabi.

Mu bo yatunze agatoki, barimo abanyamakuru n’abahanzi bagenzi be, basanzwe bafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Uyu muhanzi bivugwa ko amaze iminsi ari muri Uganda, mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube Channel ye yagiranye n’umujyanama we witwa Agaba Safari, bagarutse kuri uyu mwuka umaze iminsi hagati y’uyu muhanzi na bagenzi be.

Uyu mujyanama wa Yago, yavuze ko akomeje gushaka uburyo Yago yiyunga n’abahanzi ndetse n’abanyamakuru bafitanye ibibazo, ndetse ko yamaze kuvugana na bamwe muri bo, ari bo Bruce Melodie ndetse n’umunyamakuru Murungi Sabin, kandi ko ibiganiro byabo byagenze neza.

Ati “Ndashimira Bruce Melodie, twaraganiriye ndamubwira nti ‘ikibazo cyawe na Yago ndashaka ko kirangira’, ni umugabo mwiza ku bwanjye naramushimye, yarambwiye ati ’Safari urakoze cyane vuba na bwangu nimuba mwiteguye nanjye ndahari’.”

Safari yakomeje avuga ko na Sabin bagiranye ikiganiro cyiza gitanga umusaruro, ndetse ko yatangiye amwifuriza gukira vuba ku bw’uburwayi afite bumaze iminsi bunagarukwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati “Yarambwiye ati ’Safari nditeguye, tuzicara turi abagabo, turakosa hari icyo naba naravuze nabi’. We ubwe yambwiye ko hari byinshi wamugejejeho [yabwiraga Yago].”

Umunyamakuru Yago na we yavuze ko nyuma y’ibiganiro byabaye hagati y’umujyanama we n’aba bagabo, na we yumva yiteguye kuganira na bo bagacoca ibibazo.

Yago yavuze ko kuva na cyera yabaga yiteguye ko yaganira n’aba bagenzi be, ariko ko ibyabaye hagati yabo byatewe n’umujinya w’ibyo avuga ko yakorewe.

Ati “Na bo barabizi ko natatswe nanjye ndataka nirwanaho, gusa ubu nditeguye, ntewe ishema n’ibi ngibi.”

Umunyamakuru Yago kandi yari aherutse gusaba imbabazi Igihugu cyamwibarutse ndetse n’Abanyarwanda ku byo yaba yarakoze bidafututse, ndetse yizeza ko yiteguye guca bugufi kugira ngo ibibazo bihari byose birangire.

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago Pon Dat
Umuhanzi Bruce Melodie
Umunyamakuru Murundi Sabin

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − one =

Previous Post

Menya ahafatiwe ukekwaho kwiba sebuja amadolari y’agaciro ka Miliyoni 22Frw n’icyo yakoraga

Next Post

Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

Related Posts

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.