Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago, yavuze ko yiteguye kuganira n’abo amaze iminsi avuga ko bashatse kumugirira nabi, kugira ngo bacoce ibibazo byabo birangire.

Mu minsi ishize, uyu munyamakuru akaba n’Umuhanzi; yatangaje ko yamaze guhunga Igihugu kubera ako yise agatsiko k’abantu b’indyarya bashatse kumugirira nabi.

Mu bo yatunze agatoki, barimo abanyamakuru n’abahanzi bagenzi be, basanzwe bafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Uyu muhanzi bivugwa ko amaze iminsi ari muri Uganda, mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube Channel ye yagiranye n’umujyanama we witwa Agaba Safari, bagarutse kuri uyu mwuka umaze iminsi hagati y’uyu muhanzi na bagenzi be.

Uyu mujyanama wa Yago, yavuze ko akomeje gushaka uburyo Yago yiyunga n’abahanzi ndetse n’abanyamakuru bafitanye ibibazo, ndetse ko yamaze kuvugana na bamwe muri bo, ari bo Bruce Melodie ndetse n’umunyamakuru Murungi Sabin, kandi ko ibiganiro byabo byagenze neza.

Ati “Ndashimira Bruce Melodie, twaraganiriye ndamubwira nti ‘ikibazo cyawe na Yago ndashaka ko kirangira’, ni umugabo mwiza ku bwanjye naramushimye, yarambwiye ati ’Safari urakoze cyane vuba na bwangu nimuba mwiteguye nanjye ndahari’.”

Safari yakomeje avuga ko na Sabin bagiranye ikiganiro cyiza gitanga umusaruro, ndetse ko yatangiye amwifuriza gukira vuba ku bw’uburwayi afite bumaze iminsi bunagarukwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati “Yarambwiye ati ’Safari nditeguye, tuzicara turi abagabo, turakosa hari icyo naba naravuze nabi’. We ubwe yambwiye ko hari byinshi wamugejejeho [yabwiraga Yago].”

Umunyamakuru Yago na we yavuze ko nyuma y’ibiganiro byabaye hagati y’umujyanama we n’aba bagabo, na we yumva yiteguye kuganira na bo bagacoca ibibazo.

Yago yavuze ko kuva na cyera yabaga yiteguye ko yaganira n’aba bagenzi be, ariko ko ibyabaye hagati yabo byatewe n’umujinya w’ibyo avuga ko yakorewe.

Ati “Na bo barabizi ko natatswe nanjye ndataka nirwanaho, gusa ubu nditeguye, ntewe ishema n’ibi ngibi.”

Umunyamakuru Yago kandi yari aherutse gusaba imbabazi Igihugu cyamwibarutse ndetse n’Abanyarwanda ku byo yaba yarakoze bidafututse, ndetse yizeza ko yiteguye guca bugufi kugira ngo ibibazo bihari byose birangire.

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago Pon Dat
Umuhanzi Bruce Melodie
Umunyamakuru Murundi Sabin

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + eighteen =

Previous Post

Menya ahafatiwe ukekwaho kwiba sebuja amadolari y’agaciro ka Miliyoni 22Frw n’icyo yakoraga

Next Post

Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon
FOOTBALL

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.