Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yasanze umugore we mu kabari asomana n’abandi bagabo bamukikiye ahita akora igitangaje

radiotv10by radiotv10
09/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Yasanze umugore we mu kabari asomana n’abandi bagabo bamukikiye ahita akora igitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma, yasanze umugore we mu kabari ari gusangira inzoga n’abandi bagabo bamukikiye banasomana, ahita agaragaza agahinda arira nk’umwana muto.

Uyu mugabo witwa Habiyaremye Faustin wo mu Mudugudu wa Karenge mu Kagari ka Karama muri uyu Murenge wa Kazo, yatewe iki kiniga no gusanga umugore we mu kabari ko muri aka gace k’ahitwa muri Aporo.

Ubwo umunyamakuru wa RADIOTV10 yasangaga uyu mugabo yiyasira mu marira menshi, yavugaga ibyamubayeho arira mu marira menshi kandi ko atari ubwa mbere amukoreye ibi bituma bahorana amakimbirane.

Ati “Namusanze muri kabare abagabo bamukikiye weee. Umugore tubanye nabi pe, ntabwo tubanye neza, buri munsi ni intambara, agakora amakosa ntanyumva, ahubwo nagira gutya akirukira kuri RIB kundega.”

Uyu mugabo wakomeje atekerereza umunyamakuru iby’uru rushako rwe, avuga ko uyu mugore we aherutse kumubwira ko yabonye akazi kandi ko azajya ataha saa sita, ariko aho agendeye ategereza ko ataha araheba. Ati “Noneho akajya ambwira ngo aracyari mu kazi kandi abandi batashye.”

Avuga ko uyu mugore batigeze basezerana mu buryo bwemewe n’amategeko ariko ko yakomeje kumuhendahenda kuko yumvaga akunze abana babyaranye ariko noneho ngo aho abigeze ararambiwe.

Uyu mugore witwa Divine wabonye umugabo we amaze kuvugana n’umunyamakuru, yahise agaragaza umujinya mwinshi, ahita yikubura aragenda yikubita ku mabuno avuga ko we adashobora kugira icyo atangariza itangazamakuru.

Umukuru w’uyu Muduguru wa Karenge, Nahayo Jean de Dieu avuga ko muri uyu muryango hadasiba intonganya ndetse ko yaba we ndetse n’abaturanyi babo bafite impungenge ko imibanire yabo ishobora kuzavamo ikibazo.

Ati “Ni ikibazo kimaze igihe kirekire n’abaturage barabizi. Umugabo rero yakomeje kwihangana ariko noneho natwe aho bigeze turabona ari ibintu bigoye. Duhora dukiza buri munsi buri munsi, mu cyumweru bwarwana nka kane.”

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko icya mbere bapfa ari ubusambanyi bw’uyu mugore. Umwe ati “Icyo bapfa ni ubusambanyi, umugore arasambana, ubwo rero umugabo mu kanya sinzi umuntu uje aramubwira ngo umugore wawe yavuye mu kazi ari mu kabari ari kumwe n’abagabo, umugabo ajya kureba asanga baramukikiye barimo barasomana.”

Uyu muturage avuga ko yaba abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, ntako batagize ngo bakebure uyu mugore ariko ko yanze guhagarika izo ngeso mbi.

Undi muturage ati “Impungenge tugira ni uko dushobora kuzashiduka abantu bapfuye, ugasanga baje kutuyoragura batubaza ibyo tutazi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurengwa Kazo, Singirankabo Jean de Claude yavuze ko iki kibazo batari bakizi ariko ko bagiye kugikurikirana mu maguru mashya kugira ngo aya makimbirane atazabyara ikindi kibazo gikomeye.

Ati “Icyo umuntu yabanza kureba ni ukuntu babanye, niba koko bafitanye amakimbirane akomeye adashobora kwiyunga.”

Uyu muyobozi avuga ko basanze ari ibibazo bishobora gukemurwa bakaba bakunda uyu muryango, babikora ariko nanone basanze byarageze ku rundi rwego, babagira inama yo gutandukana.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kuku Shadia says:
    3 years ago

    Munyamabanga nshingabikorwa wa kazo.ibintu byokubanya abantu kungufu nibyo bituma bicana.urumva uwomugore ingeso ye ntawe utayizi ubunibwo agiye kuyireka.ejomuzumva umwe ahasize umutwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Kiyovu izakina nta bafana ariko ngo abakunzi bayo bakwishyura 3.000Frw ya tike

Next Post

DRC-Ituri: Ubuzima bwahungabanye ku mpamvu noneho itari intambara

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC-Ituri: Ubuzima bwahungabanye ku mpamvu noneho itari intambara

DRC-Ituri: Ubuzima bwahungabanye ku mpamvu noneho itari intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.