Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yasanze umugore we mu kabari asomana n’abandi bagabo bamukikiye ahita akora igitangaje

radiotv10by radiotv10
09/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Yasanze umugore we mu kabari asomana n’abandi bagabo bamukikiye ahita akora igitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma, yasanze umugore we mu kabari ari gusangira inzoga n’abandi bagabo bamukikiye banasomana, ahita agaragaza agahinda arira nk’umwana muto.

Uyu mugabo witwa Habiyaremye Faustin wo mu Mudugudu wa Karenge mu Kagari ka Karama muri uyu Murenge wa Kazo, yatewe iki kiniga no gusanga umugore we mu kabari ko muri aka gace k’ahitwa muri Aporo.

Ubwo umunyamakuru wa RADIOTV10 yasangaga uyu mugabo yiyasira mu marira menshi, yavugaga ibyamubayeho arira mu marira menshi kandi ko atari ubwa mbere amukoreye ibi bituma bahorana amakimbirane.

Ati “Namusanze muri kabare abagabo bamukikiye weee. Umugore tubanye nabi pe, ntabwo tubanye neza, buri munsi ni intambara, agakora amakosa ntanyumva, ahubwo nagira gutya akirukira kuri RIB kundega.”

Uyu mugabo wakomeje atekerereza umunyamakuru iby’uru rushako rwe, avuga ko uyu mugore we aherutse kumubwira ko yabonye akazi kandi ko azajya ataha saa sita, ariko aho agendeye ategereza ko ataha araheba. Ati “Noneho akajya ambwira ngo aracyari mu kazi kandi abandi batashye.”

Avuga ko uyu mugore batigeze basezerana mu buryo bwemewe n’amategeko ariko ko yakomeje kumuhendahenda kuko yumvaga akunze abana babyaranye ariko noneho ngo aho abigeze ararambiwe.

Uyu mugore witwa Divine wabonye umugabo we amaze kuvugana n’umunyamakuru, yahise agaragaza umujinya mwinshi, ahita yikubura aragenda yikubita ku mabuno avuga ko we adashobora kugira icyo atangariza itangazamakuru.

Umukuru w’uyu Muduguru wa Karenge, Nahayo Jean de Dieu avuga ko muri uyu muryango hadasiba intonganya ndetse ko yaba we ndetse n’abaturanyi babo bafite impungenge ko imibanire yabo ishobora kuzavamo ikibazo.

Ati “Ni ikibazo kimaze igihe kirekire n’abaturage barabizi. Umugabo rero yakomeje kwihangana ariko noneho natwe aho bigeze turabona ari ibintu bigoye. Duhora dukiza buri munsi buri munsi, mu cyumweru bwarwana nka kane.”

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko icya mbere bapfa ari ubusambanyi bw’uyu mugore. Umwe ati “Icyo bapfa ni ubusambanyi, umugore arasambana, ubwo rero umugabo mu kanya sinzi umuntu uje aramubwira ngo umugore wawe yavuye mu kazi ari mu kabari ari kumwe n’abagabo, umugabo ajya kureba asanga baramukikiye barimo barasomana.”

Uyu muturage avuga ko yaba abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, ntako batagize ngo bakebure uyu mugore ariko ko yanze guhagarika izo ngeso mbi.

Undi muturage ati “Impungenge tugira ni uko dushobora kuzashiduka abantu bapfuye, ugasanga baje kutuyoragura batubaza ibyo tutazi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurengwa Kazo, Singirankabo Jean de Claude yavuze ko iki kibazo batari bakizi ariko ko bagiye kugikurikirana mu maguru mashya kugira ngo aya makimbirane atazabyara ikindi kibazo gikomeye.

Ati “Icyo umuntu yabanza kureba ni ukuntu babanye, niba koko bafitanye amakimbirane akomeye adashobora kwiyunga.”

Uyu muyobozi avuga ko basanze ari ibibazo bishobora gukemurwa bakaba bakunda uyu muryango, babikora ariko nanone basanze byarageze ku rundi rwego, babagira inama yo gutandukana.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kuku Shadia says:
    3 years ago

    Munyamabanga nshingabikorwa wa kazo.ibintu byokubanya abantu kungufu nibyo bituma bicana.urumva uwomugore ingeso ye ntawe utayizi ubunibwo agiye kuyireka.ejomuzumva umwe ahasize umutwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Kiyovu izakina nta bafana ariko ngo abakunzi bayo bakwishyura 3.000Frw ya tike

Next Post

DRC-Ituri: Ubuzima bwahungabanye ku mpamvu noneho itari intambara

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC-Ituri: Ubuzima bwahungabanye ku mpamvu noneho itari intambara

DRC-Ituri: Ubuzima bwahungabanye ku mpamvu noneho itari intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.