Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Zelensky arashinja Russia kubakorera Jenoside, Biden ati “ni intambara”-Muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
Zelensky arashinja Russia kubakorera Jenoside, Biden ati “ni intambara”-Muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky akomeje gushinja u Burusiya kubakorera Jenoside mu gihe Perezida wa USA, Joe Biden avuga ko ibiri kuba muri Ukraine ari ibyaha by’intambara ndetse ko hakwiye gutangwa ubutabera.

Perezida Volodymyr Zelensky yatangaje ibi nyuma y’uko habonetse imibiri y’abasivile biciwe mu murwa mukuru i Kyiv gusa u Burusiya bwo bukaba bwamaganye amashusho y’iyo mibiri buvuga ko ari amahimbano.

Ubwo Zelensky yasuraga Kyiv kuri uyu wa Mbere ahagaragaye iyi mibiri, yagize ati “Hari kuba ibyaha by’intambara ariko bizamenywa n’Isi ko ari Jenoside.”

Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru, Zelensky yunzemo ati “Muri hano muri kureba ibyabaye. Turabizi ko abantu ibihumbi bishwe, bakorerwa iyicarubozo n’intagondwa, abagore bafashwe ku ngufu, abana baricwa.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden we yavuze ko ibiri kubera i Bucha muri Kyiv biteye agahinda kandi ko biri kubonwa n’Isi yose, akemeza ko ari ibyaha by’intambara bigomba kujya ku gahanga ka Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Yavuze ko hakwiye kwegeranywa ibimenyetso byo kujyana Putin mu nkiko ndetse u Burusiya bugafatirwa ibindi bihano bikarishye.

Leta Zunze Ubumwe za America kandi zavuze ko zigiye gusaba u Burusiya bugahagarikwa mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburanganzira bwa muntu.

Umushinjacyaha mukuru wa Ukraine, Iryna Venediktova yatangaje ko mu gihe ingabo z’u Burusiya zitangiye agahenge i Kyiv, babonye imibiri 410 y’abasivile bishwe.

Mu gace ka Bucha, Umuyobozi yavuze ko hari abantu 280 bashyinguwe mu cyobo kimwe kubera ikibazo cyo kubona irimbi.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP byemeza ko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, byabonye imibiri 22 y’abasivile iri ku mihanda i Bucha.

 

Ibikorwa 90% by’i Mariupol byarasenywe

Mu mpera z’icyumweru gishize, ingabo z’u Burusiya zakajije ibitero mu bice by’Amajyepfo n’Iburasirazuba muri Ukraine nko kuba ku Cyumweru ahitwa Black Sea port of Odessa hari hibasiwe bivugwa ko bigamije kangiza ahaturuka ibikomoka kuri peteroli ngo kuko biri kwifashishwa n’igisirikare cya Ukraine.

Umuyobozi w’Amajyepfo ashyira Iburasirazuba, Vadym Boichenko yavuze ko ibikorwa byo mu mujyi wa Mariupol byasenywe ku kigero cya 90%.

Yagize ati “Turi kureba uburyo twahungisha abaturage batahunga ariko ntitwabasha kubikora aka kanya kubera ibisasu biri guterwa ubutitsa.”

Minisiteri y’Ingabo mu Bwongereza yatangaje ko umujyi wa Mariupol ugeramiwe kubera ibitero bikomeye biri kuhabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 20 =

Previous Post

Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.