Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Zelensky arashinja Russia kubakorera Jenoside, Biden ati “ni intambara”-Muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
Zelensky arashinja Russia kubakorera Jenoside, Biden ati “ni intambara”-Muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky akomeje gushinja u Burusiya kubakorera Jenoside mu gihe Perezida wa USA, Joe Biden avuga ko ibiri kuba muri Ukraine ari ibyaha by’intambara ndetse ko hakwiye gutangwa ubutabera.

Perezida Volodymyr Zelensky yatangaje ibi nyuma y’uko habonetse imibiri y’abasivile biciwe mu murwa mukuru i Kyiv gusa u Burusiya bwo bukaba bwamaganye amashusho y’iyo mibiri buvuga ko ari amahimbano.

Ubwo Zelensky yasuraga Kyiv kuri uyu wa Mbere ahagaragaye iyi mibiri, yagize ati “Hari kuba ibyaha by’intambara ariko bizamenywa n’Isi ko ari Jenoside.”

Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru, Zelensky yunzemo ati “Muri hano muri kureba ibyabaye. Turabizi ko abantu ibihumbi bishwe, bakorerwa iyicarubozo n’intagondwa, abagore bafashwe ku ngufu, abana baricwa.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden we yavuze ko ibiri kubera i Bucha muri Kyiv biteye agahinda kandi ko biri kubonwa n’Isi yose, akemeza ko ari ibyaha by’intambara bigomba kujya ku gahanga ka Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Yavuze ko hakwiye kwegeranywa ibimenyetso byo kujyana Putin mu nkiko ndetse u Burusiya bugafatirwa ibindi bihano bikarishye.

Leta Zunze Ubumwe za America kandi zavuze ko zigiye gusaba u Burusiya bugahagarikwa mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburanganzira bwa muntu.

Umushinjacyaha mukuru wa Ukraine, Iryna Venediktova yatangaje ko mu gihe ingabo z’u Burusiya zitangiye agahenge i Kyiv, babonye imibiri 410 y’abasivile bishwe.

Mu gace ka Bucha, Umuyobozi yavuze ko hari abantu 280 bashyinguwe mu cyobo kimwe kubera ikibazo cyo kubona irimbi.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP byemeza ko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, byabonye imibiri 22 y’abasivile iri ku mihanda i Bucha.

 

Ibikorwa 90% by’i Mariupol byarasenywe

Mu mpera z’icyumweru gishize, ingabo z’u Burusiya zakajije ibitero mu bice by’Amajyepfo n’Iburasirazuba muri Ukraine nko kuba ku Cyumweru ahitwa Black Sea port of Odessa hari hibasiwe bivugwa ko bigamije kangiza ahaturuka ibikomoka kuri peteroli ngo kuko biri kwifashishwa n’igisirikare cya Ukraine.

Umuyobozi w’Amajyepfo ashyira Iburasirazuba, Vadym Boichenko yavuze ko ibikorwa byo mu mujyi wa Mariupol byasenywe ku kigero cya 90%.

Yagize ati “Turi kureba uburyo twahungisha abaturage batahunga ariko ntitwabasha kubikora aka kanya kubera ibisasu biri guterwa ubutitsa.”

Minisiteri y’Ingabo mu Bwongereza yatangaje ko umujyi wa Mariupol ugeramiwe kubera ibitero bikomeye biri kuhabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.