Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Zelensky arashinja Russia kubakorera Jenoside, Biden ati “ni intambara”-Muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
Zelensky arashinja Russia kubakorera Jenoside, Biden ati “ni intambara”-Muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky akomeje gushinja u Burusiya kubakorera Jenoside mu gihe Perezida wa USA, Joe Biden avuga ko ibiri kuba muri Ukraine ari ibyaha by’intambara ndetse ko hakwiye gutangwa ubutabera.

Perezida Volodymyr Zelensky yatangaje ibi nyuma y’uko habonetse imibiri y’abasivile biciwe mu murwa mukuru i Kyiv gusa u Burusiya bwo bukaba bwamaganye amashusho y’iyo mibiri buvuga ko ari amahimbano.

Ubwo Zelensky yasuraga Kyiv kuri uyu wa Mbere ahagaragaye iyi mibiri, yagize ati “Hari kuba ibyaha by’intambara ariko bizamenywa n’Isi ko ari Jenoside.”

Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru, Zelensky yunzemo ati “Muri hano muri kureba ibyabaye. Turabizi ko abantu ibihumbi bishwe, bakorerwa iyicarubozo n’intagondwa, abagore bafashwe ku ngufu, abana baricwa.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden we yavuze ko ibiri kubera i Bucha muri Kyiv biteye agahinda kandi ko biri kubonwa n’Isi yose, akemeza ko ari ibyaha by’intambara bigomba kujya ku gahanga ka Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Yavuze ko hakwiye kwegeranywa ibimenyetso byo kujyana Putin mu nkiko ndetse u Burusiya bugafatirwa ibindi bihano bikarishye.

Leta Zunze Ubumwe za America kandi zavuze ko zigiye gusaba u Burusiya bugahagarikwa mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburanganzira bwa muntu.

Umushinjacyaha mukuru wa Ukraine, Iryna Venediktova yatangaje ko mu gihe ingabo z’u Burusiya zitangiye agahenge i Kyiv, babonye imibiri 410 y’abasivile bishwe.

Mu gace ka Bucha, Umuyobozi yavuze ko hari abantu 280 bashyinguwe mu cyobo kimwe kubera ikibazo cyo kubona irimbi.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP byemeza ko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, byabonye imibiri 22 y’abasivile iri ku mihanda i Bucha.

 

Ibikorwa 90% by’i Mariupol byarasenywe

Mu mpera z’icyumweru gishize, ingabo z’u Burusiya zakajije ibitero mu bice by’Amajyepfo n’Iburasirazuba muri Ukraine nko kuba ku Cyumweru ahitwa Black Sea port of Odessa hari hibasiwe bivugwa ko bigamije kangiza ahaturuka ibikomoka kuri peteroli ngo kuko biri kwifashishwa n’igisirikare cya Ukraine.

Umuyobozi w’Amajyepfo ashyira Iburasirazuba, Vadym Boichenko yavuze ko ibikorwa byo mu mujyi wa Mariupol byasenywe ku kigero cya 90%.

Yagize ati “Turi kureba uburyo twahungisha abaturage batahunga ariko ntitwabasha kubikora aka kanya kubera ibisasu biri guterwa ubutitsa.”

Minisiteri y’Ingabo mu Bwongereza yatangaje ko umujyi wa Mariupol ugeramiwe kubera ibitero bikomeye biri kuhabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + six =

Previous Post

Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.