Zimbabwe: Uwifuzaga kuzahatanira kuba Perezida yafatiwe icyemezo gitunguranye

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Savior Kasukuwere wahoze ari Minisitiri muri Zimbabwe akaba n’umwe mu bayoboke bakomeye b’ishyaka Zanu-PF rya Robert Mugabe wayoboye icyo Gihugu, yafatiwe icyemezo ko atemerewe kuzahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu kwezi gutaha.

Ni umwe mu bakandida 11 batanze kandidatire zabo ndetse zemerwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ariko Urukiko Rukuru, kuri uyu wa Gatatu rwayitesheje agaciro nyuma y’uko rusuzumye ibyangombwa bye rugasanga amaze amezi arenga 18 aba hanze ya Zimbabwe.

Izindi Nkuru

Ibi byo kuba amaze igihe kingana gutya ataba mu Gihugu imbere, bifatwa nk’imiziro ku mukandida wiyamamariza kuba Perezida wa Zimbabwe nkuko biteganywa n’amategeko.

Ibitangazamakuru bitandukanye birimo na The Africa News, byanditse ko hari amakuru avuga ko Guverinoma iri gukoresha Urukiko Rukuru mu gukandamiza bamwe mu bakandida bamaze gutangaza ko bazahatana muri aya matora, ibishingirwabo byemeza ko ariyo ntandaro yo kwanga kandidatire ya Kasukuwere.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru