Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

radiotv10by radiotv10
28/10/2021
in MU RWANDA
0
UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko komisiyo y’uburenganzira bwa muntu igaragaje ko inzego z’umutekano zahungabanyije abaturage by’umihariko muri ibi bihe bya COVID19, hari abaturage bavuga ko nabo babyiboneye n’amaso yabo, gusa ngo bababazwa n’uko aba batabiryozwa.

Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu ivuga mu bihe binyuranye by’umwihariko mu gihe cya COVID-19 ,inzego z’umutekano zahungabanyije abaturage .

Iyi komisiyo ivuga ko  mu turere 15 yakoreymo ubushakashatsi yasanze hari aho inzego z’umutekano nka polisi, Dasso n’irondo ry’umwuga zawuhungabanyije cyane ndetse abaturage bamwe banagiriramo ibibazo bikomeye by’ubuzima.

Bamwe mu baturage twaganiriye nabo bemeranya n’iyi komisiyo bakavuga ko muri iki gihe cy’icyorezo hari abapolisi,cyangwa abanyerondo bitwaje ububasha bafite bahungabanya rubanda, ndetse ngo bamwe nta na gikurikirana babonye.

Uwitwa Siborurema utuye mu mu murenge wa Kinyinya yavuze ko ibi iwabo byahabaye isnhuro nyinshi. Ati ” Hambere umunyerondo yakubise umuntu amumena uruhago kandi ntibakurikiranywe. Ku itari 2 Kamena nabwo abanyerondo birukankana umuntu agwa mu mukingo avunika igufa ry’akaguru,mwumvise wa mwana wo muri Rwamagana warashwe n’umuolisi ,ubu uwo mupolisi arakidegembya kandi bene umuntu baramushyinguye.”

Mugenzi we na we utashatse kugaragara mu itangazamakuru  ,ati ” Umuyobozi yasangaga abaturage begeranye, bari mu kabari cyangwa se barigukora ibindi binyuranyije n’amabwiriza,agahita akubita,abandi akajyana mu bigo by’inzererezi. Rwose baraduhungabanyije sinatinya kubivuga.”

Aba baturage basanga  leta ihagrukiye bene aba banyamutekano ngo bacisha make ,bagaha agaciro imyanya bariho n’abaturage.

Ati ” Leta ikwiye kubishyiramo imbaraga, umuyobozi yabangamira abaturage ,bagahita bamukuraho nta mananiza,ubwo bitagenze gutyo rero,iki kibazo ntikizacika.”

Komisiyo ivuga ko mu birego yakurikiranye ngo harimo n’iby’abapolisi bagize uruhare mu kuvutsa abantu uburenganziira bwo kubaho barabica.

Twashatse kumenya icyo polisi yurwanda ivuga kuri iyi raporo n’icyo igiye gukora, ariko ntibyadukundira kuyibona,gusa umuvugizi wayo yatubwiye ko igihe cyose azahugukira yiteguye kuzabivugaho.

Iyi raporo kandi igaragaza ko mu birego 597 yakurikiranye,90.% byabyo byagaragayemo ihohoterwa,harimo abaturage bane bo mu turere twa  Nyanza, Rwamagana na Ngoma bishwe n’abashinzwe umutekano babaziza amakosa afitanye isano no kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID119, icyakora ngo bakurikiranywe mu butabera.

Rubanda na none yifuza ko uwajya akurikiranwaho ubu bugizi bwa nabi, ngo byajya bireka kugirwa ubwiru ,akazanwa mu ruhame byanashoboka aakjyanwa aho yakoreye icyaha,kugirango ba baturage yahungabanyije bamenye ko babonye ubutabera, naho ngo batabaye ibyo ikibazo nkiki ntikizagira iherezo.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/Radio&Tv10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 2 =

Previous Post

Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman

Next Post

Kapiteni wa Uganda na Muzamiru Mutyaba  bakoze imyitizo yabo ya mbere muri Kiyovu  

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni wa Uganda na Muzamiru Mutyaba  bakoze imyitizo yabo ya mbere muri Kiyovu  

Kapiteni wa Uganda na Muzamiru Mutyaba  bakoze imyitizo yabo ya mbere muri Kiyovu  

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.