Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Itangishaka Ibrahim na Mitrović baravutse, Rayon Sports yatwaye igikombe…ibyaranze uyu munsi mu mateka

radiotv10by radiotv10
16/09/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Itangishaka Ibrahim na Mitrović baravutse, Rayon Sports yatwaye igikombe…ibyaranze uyu munsi mu  mateka
Share on FacebookShare on Twitter

Uyu munsi ni kuwa kane w’itariki ya 16 Nzeli 2021, ni umunsi wa 259 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 106 ngo umwaka urangire, Turi ku wa kane  wa 37 kuva 2021  yatangira Turi mu cyumweru cya 38 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.Muri Mexique barizihiza imyaka 211 ishize babonye ubwigenge.

Uyu munsi ni umunsi mpuzamahanga wahariwe kurinda akayunguruzo k’izuba.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Ibrahim Itangishaka (1994)

Itangishaka Ibrahim wakiniye u Rwanda mu gikombe c - Inyarwanda.com

Itangishaka Ibrahim (19) ahanganye na Raheem Sterling (7) ubwo Abongereza bahuraga n’u Rwanda mu gikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 17 cyakiniwe muri Mexique mu 2011

Yujuje imyaka 27, Rutahizamu wa Etincelles FC, wari kumwe n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17, mu gikombe cy’isi cyabereye Mexique.

Uyu musore yakiniye amakipe nka SEC academy, As Kigali,Kiyovu Sports …

2.Aleksandar Mitrović (1994)

Aleksandar Mitrovic Signs New Fulham Deal - Last Word on Football

Yujuje imyaka 27 Rutahizamu w’umunya-Serbia ukinira Fulham n’ikipe y’igihugu ya Serbia.

Yanyuze mu makipe nka Partizan, Anderlecht, Newcastle United na Fulham akinira kugeza ubu, mu ikipe y’igihugu ya Serbia yayikiniye imikino 66 amaze kuyitsindira ibitego 43.

3.Salomón Rondón (1989)

GW27 Ones to watch: Salomon Rondon

 

Rutahizamu w’umunya-Venezuela ukinira Everton yagiyemo uyu mwaka avuye muri Dalian Yifang yo mu cyiciro cya mbere mu  Bushinwa Akinira n’ikipe  y’igihugu ya Venezuela.

José Salomón Rondón Giménez yakiniye amakipe nka Las Palmas, Malaga, Rubin Kazan, Zenit Saint Petersburg, West Bromwich Albion, na Newcastle United

Mu ikipe y’igihugu ya Venezuela amaze kuyikinira imikino 82 yayitsindiye ibitego 31.

4.Manuel Pellegrini (1953)

What happened to the 23 players Manuel Pellegrini signed for Man City -  Manchester Evening News

Yujuje imyaka 67,umutoza w’umunya-Chile utoza Real Betis yo mu cyiciro cya mbere mu Espagne.

Guhesha Villarreal umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Esipanye ya 2007-08, byatumye ahabwa akazi muri Real Madrid, ayivamo ajya muri Malaga ayihesha gukina champions league 2012-13 ayigeza muri ¼.

Yaje muri Manchester City ayihesha Premier League ya 2014. Kuri ubu atoza ikipe  ya Real Betis.

Ni bande bakoze ubukwe ku munsi nk’uyu?

1989: Ivan Lendl, umunyamerika w’umunya Repubulika ya Czech, w’icyamamare mu mukino wa Tennis, yakoze ubukwe na Samantha Frankel, ubukwe bwabereye Greenwich, Connecticut.

Ni bande bitabye Imana ku munsi nk’uyu?

1994: Johnny Berry, umukinyi w’umupira w’amaguru w’umwongereza wakiniye Manchester United na Birmingham, n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, yitabye Imana azize cancer ku myaka 68.

Johnny Berry, Manchester United News Photo - Getty Images

Ni Ibihe bihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi.

1961: Imvururu zabaye kuri Ibrox stadium nyuma y’umukino Celtic yanganyije na Rangers ibitego 2-2, zihitana abantu babiri abenshi barakomereka.

2007: Umurusiyakazi Svetlana Kuznetsova yatsinze Umutaliyanikazi Francesca Schiavonea ahesha u Burusiya kwegukana igikombe cy’isi cya Tennis cya gatatu bwikurikiranya.

2014:  Bralirwa yatangarije FERWAFA ko itazakomeza gutera inkunga shampiyona y’icyiciro cya mbere

BRALIRWA yateye inkunga bwa mbere shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu 2004-2005, biza guhagarara kugeza mu 2009 ubwo yasinyaga imyaka itatu yageze mu 2012 kuri miliyoni 335 RWF.

Mu 2012-2013, BRALIRWA yongereye amasezerano kuri miliyoni 160 mu gihe shampiyona yitwaga Primus National Football league, ubwo yongeraga undi mwaka mu 2013-2014, yatanze miliyoni 170 shampiyona yitwa Turbo King National Football League.

2017: Ikipe y’igihugu ya Nouvelle Zélande y’umukino wa Rugby yanyagiye iy’Afrika y’Epfo amanota 57-0.

New Zealand Rugby backs All Black private equity 'revolution'

2018: Denise Mueller-Korenek yaciye agahigo ko kugeza ku muvuduko wo hejuru ari ku igare ubwo yagezaga ku muvuduko w’ibiromeretero (296.010 km/h).

2017:Nyuma yo gutsinda APR FC, Rayon Sports yegukanye igikombe cy’agaciro bisabye Tombola.

Rayon Sports yegukanye igikombe cy’irushanwa ryitiriwe ‘Agaciro Development Fund’ nyuma yo gutsinda APR FR igitego kimwe cya Rutanga Eric ikanganya amanota atandatu na mukeba wayo ndetse na AS Kigali, hakitabazwa tombola kugira ngo hamenyekane ikipe ihabwa igikombe.

Saa 13:30, AS Kigali yari yahuye na Police FC iyitsinda ibitego 2-1, Iyi kipe y’abanyamujyi yatsindiwe na Frank Kalanda mu gihe igitego kimwe cy’ikipe y’abashinzwe umutekano cyatsinzwe na Biramahire Abeddy.

Frank Kalanda – Zaabu Media

Umukino w’umunsi wari utegerejwe watangiye saa 15:30 aho amakipe asanzwe ahangana ariyo APR FC na Rayon Sports yahuraga.,Ni umukino utari woroshye ku mpande zombi zashakaga iki gikombe by’umwihariko ku mutoza Karekezi Olivier utegerejweho kwemeza abafana ba Gikundiro bakimushidikanyaho.

Uyu mukino wari urimo uguhangana gukomeye waje kubonekamo ikarita y’umutuku yahawe Hakizimana Muhadjiri ku munota wa 67. Ku munota wa 81, nibwo Rutanga Eric yaboneye Rayon Sports igitego cya mbere akaba nacyo rukumbi cyabonetse muri uyu mukino.

Ibi byatumye Rayon Sports igira amanota atandatu kuko yatsinze Police FC ku mukino ubanza ikanatsindwa na AS Kigali ku mukino wakurikiyeho. Usibye Police FC, andi makipe yose nayo yari afite amanota atandatu kuko yatsinze imikino ibiri agatakaza umwe.

Amategeko yemejwe muri iri rushanwa ni uko mu gihe amakipe anganyije amanota, hazitabwa tombola maze biza gukurikizwa aho ba kapiteni b’amakipe yombi batomboye iba iya mbere, iya kabiri cyangwa iya gatatu. Ndayishimiye Eric uzwi nka Bakame yatomboye 1 bityo Rayon Sports ihita ihabwa igikombe.

Rayon Sports yegukanye igikombe hitabajwe tombola ariko ni nayo yagize abakinnyi bitwaye neza kurisha abandi harimo kapiteni wayo, Ndayishimiye Eric watowe nk’umuzamu mwiza, Yannick Mukunzi watowe nk’umukinnyi w’irushanwa, Frank Kalanda wa AS Kigali aba umukinnyi watsinze ibitego byinshi (bibiri) naho Twizerimana Martin wa APR FC atorwa nk’umukinnyi mwiza ukiri muto; buri umwe ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda.

2018: Rayon Sports yanganyije na Enyimba FC mu mukino ubanza wa ¼ cya CAFCC.

Rayon Sports yanganyije ubusa ku busa na Enyimba FC mu mukino ubanza wa 1/4 cya CAF Confederations Cup kuri Stade ya Kigali.

Rayon Sports: Abouba Bashunga, Ange Mutsinzi, Abdul Rwatubyaye, Gabriel Mugabo, Saddam Nyandwi, Prosper Donkor Kuka, Sefu Olivier Niyonzima, Kevin Muhire, Eric Rutanga, Djabel Manishimwe na Bonfils Caleb Bimenyimana.

Bimenyimana Bonfils Caleb yafashije Rayon Sports gutsinda Etincelles FC,  anasezera abafana (Amafoto) - IGIHE.com

Enyimba SC: Theophilus Afelokhai, Andrew Abaologu, Ifeanyi Anaemena, Isiaka Oladuntoye, Utin Udo Ikouwem, Dare Moses Ojo, Augustine Oladepo, Wasiu Alalade, Sunday Adetunji, Joseph Osadiaye na Ibrahim Mustapha.

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 2 =

Previous Post

ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

Next Post

Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.