Saturday, May 17, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto
Share on FacebookShare on Twitter

Rayon Sports yaraye itsinze mucyeba wayo w’ibihe byose APR FC igitego 1-0 yegukana Igikombe cy’Amahoro nyuma y’imyaka itanu nta gikombe itwara, yahagurutse i Nyanza yerekeza i Kigali mu birori by’akataraboneka.

Ni ibirori bitangira mu karere ka Huye bikaza gusorezwa mu mujyi wa Kigali, kuri Kigali Pelé Stadium aho iyi kipe iza kwereka abakunzi bayo igikombe cy’Amahoro yegukanye.

Incamake z’uko umukino wayihuje na APR FC kuva ku munota wa mbere kugeza umukino urangi. Ni umukino wari watangiye ukerereweho iminota irenga 20 nyuma yo kutumvikana ku cyicaro cy’abatoza ndetse n’abakinnyi b’ababasimbura. Abakinnyi b’ikipe ya rayon Sports babanje gusohoka bicara ku ruhande rw’iburyo, nyuma abatoza ba Apr FC baza kuhabasanga bikurura impaka zatumye umupira utinda gutangira.

Byaje kuba ngombwa ko amakipe yombi asubizwa mu rwambariro, rayon Sports isubira ho yari yicaye naho ijya ku ruhande rw’ibumoso yari yanze kwicaraho, umupira ubona gutangira.

Iminota ya mbere y’umukino yihariwe n’ikipe ya APR FC yagiye gusatira rayon Sports gusa ntibashe gutera mu izamu. Ikipe ya Rayon Sports uburyo bwa mbere yabonye ni umupira wafashwe na Luvumbu wahise awuha Onana, acenga abakinnyi ba APR FC awusubiza Luvumbu awuteye uca kure y’izamu.

Ku munota wa 20 w’umukino ikipe ya Rayon Sports yabonye igitego ku mupira wari uhinduwe mu rubuga rw’amahina na Onana, Ngendahimana Eric awutsinda n’umutwe nyuma yo kurarira, umusifuzi wo ruhande Karangwa Justin aramanika igitego kirangwa.

Nyuma y’iyi minota ikipe ya Rayon Sports yaje kwigaranzura Apr FC ikomeza no kwiharira umukino, aho abakinnyi nka Onana, Luvumbu na Ojera bazonze cyane ba myugariro ba APR FC.

Ku munota wa 40 w’umukino nyuma yo guhererakanya neza kw’abakinnyi ba rayon Sports, Hertier Nzinga Luvumbu yateye ishoti rikomeye umunyezamu Ishimwe Pierre awufashe uramucika, Ngendahimana Eric ahita awusubizamo kiba igitego cya Rayon Sports.

Mu gice cya kabiri cy’umukino amakipeyombi yagarutse yigana ariko ntihagira uburyo bukomeye bw’igitego bugaragara, usibye Coup-Franc Luvumbu yateye umunyezamu wa APR Fc awushyira hejuru y’izamu.

Ikipe ya APR FC yaje gukora impinduka ikuramo Kwitonda Alain Bacca yinjizamo Ishimwe Anicet, Rayon Sports nayo ikuramo Rafael Osaluwe yinjiza Kanamugire Roger, naho APR FC ikuramo na Yannick Bizimana hinjira Mugunga Yves.

Nyuma yo gushakisha igitego ku mpande zombi umusifuzi wa kane yerekanye iminota itatu y’inyongera, iyi yaje kurangira nayo bikiri igitego 1-0 cya Rayon Sports ihita yegukana igikombe.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + seven =

Previous Post

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Next Post

Manchester City yegukanye FA Cup isatira gukuraho agahigo ka Manchester United ko mu 1999

Related Posts

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
16/05/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahagaritse Ndayishimiye Eric Bakame usanzwe ari umutoza w’Abanyezamu, ndetse na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi, habura...

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

by radiotv10
16/05/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate wigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports, yahakanye inkuru yacuzwe n’umuntu utazwi, ivuga ko agiye kugura Sitade Amahoro,...

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

by radiotv10
16/05/2025
0

Abakinnyi b’Ikipe ya Rayon Sports WFC banditse ibaruwa yo ‘Gutakamba’ basaba ubuyobozi bw’iyi kipe kubahemba imishahara y’amezi butabishyuye no kubaha...

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

by radiotv10
16/05/2025
0

Ikipe ya FC Barcelone yegukanye ikikombe cya Shampiyona y’Umupira w’Amaguru muri Espagne mu mwaka w’imikino wa 2024-2025, igitwara mucyeba wayo...

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

by radiotv10
15/05/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwaburiye abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo bamaze iminsi baterana amagambo, rubasaba kubihagarika, bitaba ibyo...

IZIHERUKA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho
MU RWANDA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

16/05/2025
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Manchester City yegukanye FA Cup isatira gukuraho agahigo ka Manchester United ko mu 1999

Manchester City yegukanye FA Cup isatira gukuraho agahigo ka Manchester United ko mu 1999

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.