Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yagaruje hafi Miliyoni 1 Frw y’umucuruzi wari warayahishe mu cyuma cya mudasobwa ikaza kwibwa n’abantu bari babizi, bakaza gufatwa bari kuyishakira umukiliya.

Aya mafaranga angana n’ibihumbi 996 Frw, yari yibanywe n’ibikoresho by’umucuruzi witwa Nshimiyimana Emmanuel utuye mu Mudugudu wa Bukane, Akagari ka  Cyabagarura, mu Murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze,

Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga yavuze ko abafashwe ari Ishimwe Emmanuel w’imyaka 26, na Tuyizere w’imyaka 26.

Aba bombi bafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’umucuruzi wibwe, wahamagaye Polisi akayimenyesha ko yibwe amafaranga ndetse n’ibikoresho bitandukanye, akanavuga ko akeka uwitwa Tuyizere warindaga inzu yakoreragamo ndetse n’inshuti ye magara yitwa Ishimwe.

SP Alex Ndayisenga yagize ati “Polisi yahise itangira gukurikirana, nibwo yafatiye uyu Ishimwe mu Murenge wa Muhoza wahise ajya kubereka uyu Tuyisenge aho ari, basanga ari gushaka abamugurira ibyo bikoresho byibwe mu murenge wa Kinigi.”
Yavuze ko aba bibye ibi bikoresho batari bazi ko byashyizwemo ariya mafaranga yari yarabitswe n’uyu mucuruzi mu cyuma cya mudasobwa kizwi nka CPU kuko bagifunguye bakayasangamo.

SP Ndayisenga yagiriye inama abantu bose bifuza gutwara iby’abandi kubireka kuko birangira bafashwe kandi bagafungwa igihe kirekire muri gereza, anaboneraho kugira inama abaturage kujya bicungira umutekano bafatanyije n’inzego  z’umutekano kandi bakajya basuzuma ko inzu zabo zifunze neza cyane cyane iz’ubucuruzi.

Abafashwe bashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Polisi ya Cyuve ngo hakurikizwe amategeko.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange  Ingingo ya 166 ivuga ko  Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − four =

Previous Post

U Bwongereza bwahaye Ukraine Misile 6.000 na Miliyoni 25£ byo guhangana n’u Burusiya

Next Post

Umupadiri w’Umunyarwanda uzwiho kurapa yasohoye indirimbo ahogozanyamo n’umuzungukazi mu Kinyarwanda

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupadiri w’Umunyarwanda uzwiho kurapa yasohoye indirimbo ahogozanyamo n’umuzungukazi mu Kinyarwanda

Umupadiri w’Umunyarwanda uzwiho kurapa yasohoye indirimbo ahogozanyamo n’umuzungukazi mu Kinyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.