Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mimuri mu Karere ka Nyagatare, bahisemo kurarana n’amatungo mu nzu kubera ubujura bukomeje gufata intera muri aka gace, ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwo bukavuga ko butari buzi ko bigeze kuri uru rwego.

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Mimuri mu Murenge wa Mimuri babwiye RADIOTV10 ko ubujura muri aka gace bwafashe intera.

Umwe yagize ati “N’uburiri babugukuraho bakaguhirika hariya ibintu bakabitwara.”

Bavuga ko uraje itungo hanze atabyuka ngo asange rigihari ku buryo bahisemo kujya bayaraza mu nzu bararamo.

Undi muturage yagize ati “Iyo agatungo kawe ukaraje hanze, abajura barara bagatwaye n’inzu bakayipfumura. Itungo ryanjye nariraza kure yanjye se? bugacya se rihari? Bajya ku nzu bagatobora ugasanga baritwaye kare.”

Bamwe muri bo bavuga ko n’inzu zabo ari nto zifite icyumba kimwe, bavuga ko bahisemo kurarana n’amatungo kubera amaburakindi kuko ari yo basanzwe bakuraho amafaranga abafasha mu buzima bwa buri munsi nko kubona imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza n’ibikoresho by’ishuri by’abana.

Bavuga ko amarondo akorwa ariko ko batazi uko bigenda ngo abajura bayarushe imbaraga.

Undi muturage ati “Amarondo arararwa ariko mu kurarwa kwayo tuyoberwa uburyo byagenze n’ukuntu amazu apfumurwa n’abajura bakinjira.”

Aba baturage bakeka ko abajura bafite n’imiti batera abaturage bagata ubwenge kugira ngo babibe kuko batanatinya kwinjira mu nzu barayemo ngo babibe.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana Emmanuel avuga ko nubwo iki kibazo cy’umutekano mucye gishobora kuba gihari “ariko ntabwo nari nzi ko byaba bigeze ahantu ho kuvuga ngo abaturage bararane n’amatungo kubera ko amarondo arakorwa cyangwa yakabaye akorwa.”

Guverineri Gasana avuga ko agace kaba karimo ibi bibazo byaba biterwa n’imikorere itanoze y’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze ku buryo agiye kubikurikirana.

Ati “Aho twumva hakenewe ubutabazi bwihuta turabikora.”

Guverineri yemera ko ikibazo cy’abaturage bararana n’amatungo kigihari ariko ko gishingiye ku bintu bitandukanye birimo imyumvire ikiri hasi kuri bamwe mu baturage.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu biganiro akunze kugirana n’abayobozi baba abo mu nzego nkuru n’abo mu z’ibanze, yakunze kubasaba kurandura iki kibazo cy’abaturage bararana n’amatungo mu nzu imwe kuko biri mu bigira ingaruka mbi ku buzima bwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − three =

Previous Post

Urupfu rwa Dr.Emmanuel wakundaga football rwashenguye benshi barimo abafana ba Arsenal

Next Post

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.