Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mimuri mu Karere ka Nyagatare, bahisemo kurarana n’amatungo mu nzu kubera ubujura bukomeje gufata intera muri aka gace, ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwo bukavuga ko butari buzi ko bigeze kuri uru rwego.

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Mimuri mu Murenge wa Mimuri babwiye RADIOTV10 ko ubujura muri aka gace bwafashe intera.

Umwe yagize ati “N’uburiri babugukuraho bakaguhirika hariya ibintu bakabitwara.”

Bavuga ko uraje itungo hanze atabyuka ngo asange rigihari ku buryo bahisemo kujya bayaraza mu nzu bararamo.

Undi muturage yagize ati “Iyo agatungo kawe ukaraje hanze, abajura barara bagatwaye n’inzu bakayipfumura. Itungo ryanjye nariraza kure yanjye se? bugacya se rihari? Bajya ku nzu bagatobora ugasanga baritwaye kare.”

Bamwe muri bo bavuga ko n’inzu zabo ari nto zifite icyumba kimwe, bavuga ko bahisemo kurarana n’amatungo kubera amaburakindi kuko ari yo basanzwe bakuraho amafaranga abafasha mu buzima bwa buri munsi nko kubona imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza n’ibikoresho by’ishuri by’abana.

Bavuga ko amarondo akorwa ariko ko batazi uko bigenda ngo abajura bayarushe imbaraga.

Undi muturage ati “Amarondo arararwa ariko mu kurarwa kwayo tuyoberwa uburyo byagenze n’ukuntu amazu apfumurwa n’abajura bakinjira.”

Aba baturage bakeka ko abajura bafite n’imiti batera abaturage bagata ubwenge kugira ngo babibe kuko batanatinya kwinjira mu nzu barayemo ngo babibe.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana Emmanuel avuga ko nubwo iki kibazo cy’umutekano mucye gishobora kuba gihari “ariko ntabwo nari nzi ko byaba bigeze ahantu ho kuvuga ngo abaturage bararane n’amatungo kubera ko amarondo arakorwa cyangwa yakabaye akorwa.”

Guverineri Gasana avuga ko agace kaba karimo ibi bibazo byaba biterwa n’imikorere itanoze y’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze ku buryo agiye kubikurikirana.

Ati “Aho twumva hakenewe ubutabazi bwihuta turabikora.”

Guverineri yemera ko ikibazo cy’abaturage bararana n’amatungo kigihari ariko ko gishingiye ku bintu bitandukanye birimo imyumvire ikiri hasi kuri bamwe mu baturage.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu biganiro akunze kugirana n’abayobozi baba abo mu nzego nkuru n’abo mu z’ibanze, yakunze kubasaba kurandura iki kibazo cy’abaturage bararana n’amatungo mu nzu imwe kuko biri mu bigira ingaruka mbi ku buzima bwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Urupfu rwa Dr.Emmanuel wakundaga football rwashenguye benshi barimo abafana ba Arsenal

Next Post

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.