Sunday, August 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Babiri bakekwagaho kwica umukobwa washenguye benshi barashwe bagerageza gutoroka barapfa

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in MU RWANDA
2
DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bakekwagaho kwica Umukobwa wo mu Kagari ka Cyimpindu mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, barashwe n’Umupolisi ubwo bageragezaga gutoroka, bahita bapfa.

Aba basore barimo uwari ufite imyaka 18 n’uwa 20, bakekwagaho kwica bateye icyuma umukobwa witwa Nyampinga Eugenie wari uherutse kwerekana Fiance we biteguraga kurushinga.

Aba basore barashwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2022 ubwo inzego zariho zikora iperereza zibajyanye mu gikorwa cyo gukusanya ibimenyetso.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie yabwiye Bwiza dukesha aya makuru ko ubwo aba basore babiri bari bagiye kwerekana bimwe mu bimenyetso byari bikenewe mu iperereza birimo imyenda bari bambaye ubwo bateraga icyuma nyakwigendera ndetse n’amafaranga bamwambuye, bageze mu ishyamba bakarwanya abapolisi ndetse bagashaka no gucika.

Yagize ati “Muri uko guteza akavuyo, Umupolisi arasa mu kirere ngo bahagarare barangay barakomeza bayabangira ingata, Umupolisi abonye nta kindi yakora nyine arabarasa.”

Mukamasabo Appolonie yavuze ko nta muntu ukwiye kurwanya inzego kuko mu gihe afite ibyo akurikiranwaho akwiye korohereza inzego z’ubutabera zigakora akazi kazo ariko ko aba basore babirenzeho ahubwo bagashaka gucika.

Uyu muyobozi yavuze ko aba basore bishwe barashwe, bari basanzwe bari mu nsoresore zananiranye muri aka gace kuko bari barajyanywe mu bigo ngororamuco inshuro nyinshi ariko uko bavuyeyo bagakomeza ingeso zabo mbi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Rukaburandekwe says:
    3 years ago

    Kuki uyu mupolisi atabarashe amaguru? Ibi bituma hakemangwa impamvu nyakuri y’iyicwa ry’uriya mukobwa ndetse nabariya basore.

    Reply
    • Passy says:
      3 years ago

      Izo ngegera bagize neza kuzirasa nubundi zari zarananiranye kandi zarabaye ikibazo muri rubanda, Police rwose yagize neza, zirabura gukora ahubwo zikiha guhotora abantu zibambura utwabo baba bavunikiye, uwo mwana w’umukobwa bishe kuki batamugiriye impuhwe basi batware ibye ariko ntibamutware ubuzima, Police mukomereze aho, dushaka igihugu gifite abantu bazima ntidushaka igihugu kirangwamo ingegera zi abicanyi.

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 12 =

Previous Post

DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15

Next Post

AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe

Related Posts

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

by radiotv10
24/08/2025
0

Imurikagurisha ryo ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba ribaye ku nshuro yaryo ya 14 riri kubera mu Karere ka Rwamagana, ryagarukanye impinduka,...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

by radiotv10
23/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ukurikiranyweho kugerageza kurogera umugore we mu...

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

by radiotv10
23/08/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that the new Digital ID to be given out will not display too...

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

by radiotv10
22/08/2025
0

Umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura WASAC ushinzwe ibikorwa by’isanwa ry’umuyoboro w’amazi wa Ruhanga mu Murenge wa Rusororo,...

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

by radiotv10
22/08/2025
0

Kigali is often praised as one of the cleanest and greenest cities in Africa. Streets are neat, plastic bags are...

IZIHERUKA

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika
MU RWANDA

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

by radiotv10
24/08/2025
0

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

23/08/2025
Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

23/08/2025
With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

23/08/2025
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

22/08/2025
Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

22/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe

AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.