Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Babiri bakekwagaho kwica umukobwa washenguye benshi barashwe bagerageza gutoroka barapfa

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in MU RWANDA
2
DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bakekwagaho kwica Umukobwa wo mu Kagari ka Cyimpindu mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, barashwe n’Umupolisi ubwo bageragezaga gutoroka, bahita bapfa.

Aba basore barimo uwari ufite imyaka 18 n’uwa 20, bakekwagaho kwica bateye icyuma umukobwa witwa Nyampinga Eugenie wari uherutse kwerekana Fiance we biteguraga kurushinga.

Aba basore barashwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2022 ubwo inzego zariho zikora iperereza zibajyanye mu gikorwa cyo gukusanya ibimenyetso.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie yabwiye Bwiza dukesha aya makuru ko ubwo aba basore babiri bari bagiye kwerekana bimwe mu bimenyetso byari bikenewe mu iperereza birimo imyenda bari bambaye ubwo bateraga icyuma nyakwigendera ndetse n’amafaranga bamwambuye, bageze mu ishyamba bakarwanya abapolisi ndetse bagashaka no gucika.

Yagize ati “Muri uko guteza akavuyo, Umupolisi arasa mu kirere ngo bahagarare barangay barakomeza bayabangira ingata, Umupolisi abonye nta kindi yakora nyine arabarasa.”

Mukamasabo Appolonie yavuze ko nta muntu ukwiye kurwanya inzego kuko mu gihe afite ibyo akurikiranwaho akwiye korohereza inzego z’ubutabera zigakora akazi kazo ariko ko aba basore babirenzeho ahubwo bagashaka gucika.

Uyu muyobozi yavuze ko aba basore bishwe barashwe, bari basanzwe bari mu nsoresore zananiranye muri aka gace kuko bari barajyanywe mu bigo ngororamuco inshuro nyinshi ariko uko bavuyeyo bagakomeza ingeso zabo mbi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Rukaburandekwe says:
    3 years ago

    Kuki uyu mupolisi atabarashe amaguru? Ibi bituma hakemangwa impamvu nyakuri y’iyicwa ry’uriya mukobwa ndetse nabariya basore.

    Reply
    • Passy says:
      3 years ago

      Izo ngegera bagize neza kuzirasa nubundi zari zarananiranye kandi zarabaye ikibazo muri rubanda, Police rwose yagize neza, zirabura gukora ahubwo zikiha guhotora abantu zibambura utwabo baba bavunikiye, uwo mwana w’umukobwa bishe kuki batamugiriye impuhwe basi batware ibye ariko ntibamutware ubuzima, Police mukomereze aho, dushaka igihugu gifite abantu bazima ntidushaka igihugu kirangwamo ingegera zi abicanyi.

      Reply

Leave a Reply to Rukaburandekwe Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + eighteen =

Previous Post

DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15

Next Post

AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe

Related Posts

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

by radiotv10
12/05/2025
0

Ingabo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC bwamaze guhagarikwa, zongeye kunyura mu Rwanda zerecyeza muri...

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

by radiotv10
12/05/2025
0

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo...

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

IZIHERUKA

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

12/05/2025
Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

12/05/2025
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

12/05/2025

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe

AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.