Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo yagize icyo ivuga ku ijambo ‘Akabere’ ryitiriwe ko ryanditse ku biro by’Akarere

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
0
Gasabo yagize icyo ivuga ku ijambo ‘Akabere’ ryitiriwe ko ryanditse ku biro by’Akarere
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo, bwasabye abantu kudaha agaciro ijambo ririmo ikosa ryitiriwe ko ryanditse ku biro by’aka Karere, buvuga ko ari ifoto y’incurano [Photoshop].

Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mata 2022, ku mbuga nkoranyambaga hiriwe hacicikana ifoto igaragaza ku biro by’Akarere ka Gasabo yanditseho amagambo agaragaza ko ari ku Biro by’aka Karere.

Iyi foto igaraga nk’iyafashwe nijoro, igaragaza ko kuri ibi Biro, handitse ‘Akabere ka Gasabo’ aho kwandika ‘Akarere ka Gasabo’.

Umwe mu babishyize kuri Twitter y’Akarere ka Gasabo witwa Samuel Byansi Baker, yanditse ubutumwa anegura agira ati “Yemwe mwabonye AKABERE KA GASABO.” Akomeza abaza ubuyobozi bwa Gasabo ati “Hari ikihe kibazo?”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwasubiye ubu butumwa, bugira buti “Ibi ni photoshop (uburyo bukoreshwa mu guhindura ifoto uko umuntu ayisha) ntimubyiteho.”

Ubu butumwa bw’Akarere ka Gasabo bukomeza bugira buti “Kandi aho gukwirakwiza ikinyoma wabanza ugashaka amakuru yizewe.”

Ibi ni photoshop ntimubyiteho kandi aho gukwirakwiza ikinyoma wabanza ugashaka amakuru yizewe.@umwigemepo @ngangare1 @CityofKigali @RwandaLocalGov pic.twitter.com/eD84O9NWQg

— Gasabo District (@Gasabo_District) April 20, 2022

Bamwe mu bakoresha uru rubuga rwa Twitter, na bo bahise banenga abacuze iri jambo rikitirirwa Akarere ka Gasabo.

Uwitwa Umwali Pauline yagize ati “Ubu koko umuntu ufata akanya ko guta, agahimba, ntazi ko gusebya urwego ari icyaha.”

Uwitwa Emile Karangwa Nshimiyimana na we yagize ati “Ntitwongera kubyitaho. Gusa numva byajya biba byiza mubinyomoje bikijyaho kuko byiriwe bicaracara henshi kandi atari ngombwa. Hagati aho abatambutse amakuru nk’aya na bo bakeneye gukeburwa!”

Ubu buryo bwa Photoshop bukunze gukoreshwa mu guhimbira abandi ubutumwa bw’inyandiko cyangwa amafoto bukabitirirwa, bugashyirwa ku mbuga nkoranyambaga ku buryo hari n’abo bwangiriza isura muri rubanda.

Inzego zinyuranye zikunze kugira inama abakoresha imbuga nkoranyambaga kujya bashungura, ntibamire bunguri ibishyirwaho cyane cyane mu gihe nk’iki cyo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi aho bamwe bazikoresha bapfobya bakanahakana amateka.

Ifoto yakwirakwijwe yakorewe Photoshop
Ifoto y’ukuri yerekanywe n’Akarere ka Gasabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

U Burusiya bwavuze icyatuma buhagarika intambara muri Ukraine

Next Post

Abanyamakuru b’abanyabigwi barimo Barore, Mbangukira na Maurice barangije Kaminuza

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru b’abanyabigwi barimo Barore, Mbangukira na Maurice barangije Kaminuza

Abanyamakuru b’abanyabigwi barimo Barore, Mbangukira na Maurice barangije Kaminuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.