Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaguze imigabane ya MTN Rwanda bagiye kugabana Miliyari 6,7Frw z’inyungu

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
2
Abaguze imigabane ya MTN Rwanda bagiye kugabana Miliyari 6,7Frw z’inyungu
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda izakora inteko rusange izahuriramo abaguze imigabane ya MTN Rwanda ku isoko ry’imari n’imibagabe, izanaberamo igikorwa cyo kugabana inyungu y’imigabane yose ingana na Miliyari 6,7 Frw.

Iyi nteko rusange iteganyijwe kuba tariki 02 Kamena 2022 hifashishijwe ikoranabuhanga, ni iya kabiri igiye kuba kuva MTN Rwanda yakwinjira ku isoko ry’imari n’imigabane tariki 04 Gicurasi 2021.

Muri iyi Nteko rusange, abafite imigabane baguze muri MTN Rwanda bazaboneraho gusaranganya inyungu ibariwa kuri 4,98 Frw y’inyungu ku mugabane umwe ingana na 6 727 083 900 Frw.

MTN Rwanda ivuga ko nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Ubutegetsi, inyungu igomba kwishyurwa abanyamigabane, izatangwa tariki 30 Kamena 2022, ikazahabwa buri munyamigabane uzemezwa n’Inteko rusange uziyandikisha kugeza tariki 09 Kamena 2022.

Muri iyi Nteko rusange izaba tariki 02 Kamena 2022 kandi, hazaganirwa ku ngingo zinyuranye zirimo kwemeza raporo y’umwaka yakorewe ubugororangingo n’ubugenzuzi bushingiye ku mari y’umwaka wasojwe tariki 31 Ukuboza 2021.

Muri iyi nteko kandi hazanabaho kwemeza abagize Inama y’ubutegetsi bonerewe igihe cyo kuyobora ndetse no bakongera kwemeza kompanyi ya PwC Rwanda Limited isanzwe ari kompanyi ibakorera ubugenzuzi bw’imari.

Abagize Inama y’Ubutegetsi bogerewe  igihe cyo kuyobora barimo Faustin Mbundu, Karabo Nondumo, Adriaan Wessels, Michael Fleisher, Patience Mutesi, Julien Kavaruganda, Yolanda Cuba, Mitwa Kaemba Ng’ambi na Mark Nkurunziza.

Abanyamigabane kandi bahawe amahirwe yo kumenya ibigwi n’imyirongoro by’abagize iyi nama y’Ubutegetsi nk’uko bikubiye muri raporo yashyizwe hanze tariki 12 Gicurasi 2022.

******

Comments 2

  1. Esther says:
    3 years ago

    Nigute umuntu yagura imigabane muri mtn !?

    Reply
  2. TUYISENGE Eric says:
    3 years ago

    Ese nabariza he? Ndamutse nifuje kugura imigabane!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 1 =

Previous Post

Sheebah agiye guhishura umunyacyubahiro ukomeye ashinja ubuhehesi

Next Post

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Related Posts

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

by radiotv10
28/10/2025
0

Umuryango wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, urashimira ubuvugizi wakorewe bwatumye umubyeyi wawo wari umaze igihe arembeye...

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

IZIHERUKA

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma
MU RWANDA

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

28/10/2025
Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

28/10/2025
Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.