Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaguze imigabane ya MTN Rwanda bagiye kugabana Miliyari 6,7Frw z’inyungu

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
2
Abaguze imigabane ya MTN Rwanda bagiye kugabana Miliyari 6,7Frw z’inyungu
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda izakora inteko rusange izahuriramo abaguze imigabane ya MTN Rwanda ku isoko ry’imari n’imibagabe, izanaberamo igikorwa cyo kugabana inyungu y’imigabane yose ingana na Miliyari 6,7 Frw.

Iyi nteko rusange iteganyijwe kuba tariki 02 Kamena 2022 hifashishijwe ikoranabuhanga, ni iya kabiri igiye kuba kuva MTN Rwanda yakwinjira ku isoko ry’imari n’imigabane tariki 04 Gicurasi 2021.

Muri iyi Nteko rusange, abafite imigabane baguze muri MTN Rwanda bazaboneraho gusaranganya inyungu ibariwa kuri 4,98 Frw y’inyungu ku mugabane umwe ingana na 6 727 083 900 Frw.

MTN Rwanda ivuga ko nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Ubutegetsi, inyungu igomba kwishyurwa abanyamigabane, izatangwa tariki 30 Kamena 2022, ikazahabwa buri munyamigabane uzemezwa n’Inteko rusange uziyandikisha kugeza tariki 09 Kamena 2022.

Muri iyi Nteko rusange izaba tariki 02 Kamena 2022 kandi, hazaganirwa ku ngingo zinyuranye zirimo kwemeza raporo y’umwaka yakorewe ubugororangingo n’ubugenzuzi bushingiye ku mari y’umwaka wasojwe tariki 31 Ukuboza 2021.

Muri iyi nteko kandi hazanabaho kwemeza abagize Inama y’ubutegetsi bonerewe igihe cyo kuyobora ndetse no bakongera kwemeza kompanyi ya PwC Rwanda Limited isanzwe ari kompanyi ibakorera ubugenzuzi bw’imari.

Abagize Inama y’Ubutegetsi bogerewe  igihe cyo kuyobora barimo Faustin Mbundu, Karabo Nondumo, Adriaan Wessels, Michael Fleisher, Patience Mutesi, Julien Kavaruganda, Yolanda Cuba, Mitwa Kaemba Ng’ambi na Mark Nkurunziza.

Abanyamigabane kandi bahawe amahirwe yo kumenya ibigwi n’imyirongoro by’abagize iyi nama y’Ubutegetsi nk’uko bikubiye muri raporo yashyizwe hanze tariki 12 Gicurasi 2022.

******

Comments 2

  1. Esther says:
    4 years ago

    Nigute umuntu yagura imigabane muri mtn !?

    Reply
  2. TUYISENGE Eric says:
    3 years ago

    Ese nabariza he? Ndamutse nifuje kugura imigabane!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 12 =

Previous Post

Sheebah agiye guhishura umunyacyubahiro ukomeye ashinja ubuhehesi

Next Post

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.