Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

“Dream Team FA dutanga amahugurwa mu gutanga umusanzu kuri gahunda ya Minisiteri ya siporo”-TUMUTONESHE

radiotv10by radiotv10
03/06/2021
in Uncategorized
0
“Dream Team FA dutanga amahugurwa mu gutanga umusanzu kuri gahunda ya Minisiteri ya siporo”-TUMUTONESHE
Share on FacebookShare on Twitter

Tumutoneshe Diane umuyobozi (Managing Director) wa Dream Team Football Academy avuga ko amahugurwa bategura yagenewe abatoza biri mu murongon wa gahunda ya Minisiterin ya siporo bityo ko biba ari ugutanga umusanzu kuri iyo gahunda.

Dream Team Football Academy, irerero ry’umupira w’amaguru rikomeje igikorwa cyo guhugura abatoza 20 basanzwe mu kazi ko gutoza abana hirya no hino mu gihugu. Aba batoza batangiye amahugurwa tariki ya 1 Kamena 2021 ku cyicaro cy’iri rero kiri ku Kicukiro.

Tumutoneshe Diane wize amasomo y’imicungire ya siporo (Sports Management) mu gihugu cy’u Budage mu 2019 ndetse kuri ubu akaba ari kwiga icyiciro kisumbuyeho (Master’s Degree), niwe ufite iki gikorwa mu nshingano kuko Dream Team Football Academy ayoboye ariyo zingiro ryabyo.

Mu Rwanda hari amarerero menshi y’umupira w’amaguru ariko akenshi usanga uretse gutoza abana gukina nta bindi bikorwa bibaranga mu bundi buryo.

Kuri Dream Team Football Academy rero bavuga ko basomye inyandiko ya Minisiteri ya siporo y’icyerekezo cy’imigenzereze ya gahunda za siporo 2017-2024 (Sector Strategic Plan of Ministry of Sports 2017-2024) bakabona ko ku rutonde rw’ibibazo siporo y’u Rwanda ifite  kimwe mu bibazo by’ingutu ari ukugira abantu bacye mu bumenyi no mu mibare  bityo Dream Team Football Academy ikaba itegura aya mahugurwa kugira ngo izibe icyuho cyangwa itange umusanzu mu gusubiza  icyo kibazo.

“Impamvu dutanga ariya mahugurwa n’uko mu nyandiko ya Minisiteri ya siporo y’icyerekezo cy’imigenzereze ya gahunda zayo 2017-2024 (Sector Strategic Plan of Ministry of Sports 2017-2024), ku rutonde rw’ibibazo sports ifite  havugwamo ko  siporo yo mu Rwanda kimwe mu bibazo by’ingutu ifite ari ukugira abantu bake mu bumenyi no mu mibare  bityo Dream Team Football Academy ikaba itegura aya mahugurwa kugira ngo izibe icyuho” Tumutoneshe

Uretse gutanga amahugurwa ku batoza muri gahunda irambye yo gutanga umusanzu muri gahunda ya Minisiteri ya siporo, Dream Team Football Academy bagira ibindi bikorwa bitandukanye:

 

  1. Gutanga abatoza ku mashuri ya leta n’ayigenga

 

  1. Irushanwa Dream Team football Academy Cup

 

  1. Gutegura irushanwa Dream Team football Academy Junior league

 

  1. Ubukangurambaga n’iyamamaza bikorwa bya Dream Team football Academy

 

  1. Gutanga amahugurwa y’ubuzima busanzwe ku bakinnyi babikora nk’umwuga (abahungu n’abakobwa)

 

  1. Gutegura ingendoshuri ku mupira w’amaguru yaba mu Rwanda no hanze yarwo.

 

  1. Guteguran imishinga y’iterambere rya siporo, ubucuruzin bunyuze muri siporo, gutegura imishinga yatuma siporo ibona abafatanyabirwa n’abaterankunga.

 

  1. Gutegura amahugurwab y’abatoza bakiri gutangira umwuga

 

  1. Amasomo y’igihe gito ku bashaka kwiga imicungire ya siporo

 

10.Gutegura amarushanwa y’umupira w’amaguru ku bigo by’amashuri yigenga.

Mu musaruro n’ibyagezweho na Dream Team Football Academy mu gutoza abana umupira w’amaguru n’uko kugeza ubu bafite abakinnyi bakina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda mu mupira w’amaguru barimo; Mugisha Gilbert (Rayon Sports),Ndayishimiye Antoine Dominique (FC Police), Ishimwe Saleh (SC Kiyovu) na Ishimwe Kevin).

Aya mahugurwa rero areba abatoza b’imbere mu gihugu ari kuba kuri iyi nshuro, ari guhuza abatoza 20 barimo umukobwa umwe yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Kamena 2021 akaba azasozwa kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Kamena 2021.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + eleven =

Previous Post

U Buholandi bugiye gushyira ingufu mu kohereza abakekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda

Next Post

Kwibuka T20: Namibia na Kenya zakomeje umujyo w’itsinzi mbere yo kwihurira kuri uyu wa Gatatu

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka T20: Namibia na Kenya zakomeje umujyo w’itsinzi mbere yo kwihurira kuri uyu wa Gatatu

Kwibuka T20: Namibia na Kenya zakomeje umujyo w’itsinzi mbere yo kwihurira kuri uyu wa Gatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.