Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakara amakuru avuga ko muri Zimbabwe amano yabaye imari ishyushye kuko ino rimwe riri kugura abarirwa mu bihumbi 20$ [Miliyoni 20 Frw], gusa amakuru mpamo aremeza ko izi nkuru ari iz’urwenya.

Muri iki cyumweru ni bwo hatangiye gusakara amakuru ko muri Zimbabwe bari kugurisha amano yabo, bagahabwa akayabo kugira ngo bace ukubiri n’ubutindi.

Urubuga Gambakwe rwo muri Zimbabwe rwatangije aya makuru y’urwenya, rwavugaga ko iyi mari y’amano iri kugurirwa mu iguriro rizwi nka Ximex Mall riherereye i Harare mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu.

Uru rubuga rwavugaga ko aya mano ari kugurwa n’abavuzi gakondo bo muri Afurika y’Epfo, rwavuze koi no ry’igikumwe rigura ibihumbi 25$ mu gihe iryo hagati ari ibihumbi 10$.

Aya makuru yagiye afatwa nk’ukuri, yanageze mu Rwanda, avugwaho biratinda aho bamwe bateraga urwenya ko n’iyo babaha amafaranga macye ari munsi y’aya yavugwaga, bakwemera n’amano yabo yose bakayaca.

Abasesenguzi bemeza ko inkuru nk’izi muri Zimbabwe zimenyerewe kuko zijya zandikwa kugira ngo abantu bazihugireho birengagize ibihe bigoye baba barimo by’amikoro macye aba yugarije rubanda.

Iyi nkuru itigeze igaragara mu binyamakuru bikomeye muri Zimbabwe, yari igamije gutera abantu urwenya ngo baruhuke mu mutwe ariko ko abayanditse na bo batari bazi ko isamirwa hejuru ku rwego byagezeho.

Nyuma y’iyi nkuru yasohotse bwa mbere tariki 28 Gicurasi 2022, abantu benshi batangiye kwerecyeza kuri ririya guriro rya Ximex Mall bajya kubaza ibyabyo ngo babone akayabo.

Muri Nigeria na ho iyi nkuru bayuririyeho baca igikuba muri rubanda, aho umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter yashyizeho amafoto agaragaza ibirenge byakuweho amano yose nyuma y’uko benebyo bayagurishije.

Abahanga mu gusesengura amashusho n’amafoto, bakoreye isesengura amashusho avuga ko ari ay’abantu babiri bagurishije amano yabo, bemeza ko aya mashusho ari amacurano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eight =

Previous Post

Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere

Next Post

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

by radiotv10
29/11/2025
0

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi, barimo Nirere Madeleine wongerewe Manda nk'Umuvunyi Mukuru, na Amb. Fidelis Mironko wagizwe Umunyamabanga Uhoraho...

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

by radiotv10
29/11/2025
0

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
MU RWANDA

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

29/11/2025
Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

29/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.