• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakara amakuru avuga ko muri Zimbabwe amano yabaye imari ishyushye kuko ino rimwe riri kugura abarirwa mu bihumbi 20$ [Miliyoni 20 Frw], gusa amakuru mpamo aremeza ko izi nkuru ari iz’urwenya.

Muri iki cyumweru ni bwo hatangiye gusakara amakuru ko muri Zimbabwe bari kugurisha amano yabo, bagahabwa akayabo kugira ngo bace ukubiri n’ubutindi.

Urubuga Gambakwe rwo muri Zimbabwe rwatangije aya makuru y’urwenya, rwavugaga ko iyi mari y’amano iri kugurirwa mu iguriro rizwi nka Ximex Mall riherereye i Harare mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu.

Uru rubuga rwavugaga ko aya mano ari kugurwa n’abavuzi gakondo bo muri Afurika y’Epfo, rwavuze koi no ry’igikumwe rigura ibihumbi 25$ mu gihe iryo hagati ari ibihumbi 10$.

Aya makuru yagiye afatwa nk’ukuri, yanageze mu Rwanda, avugwaho biratinda aho bamwe bateraga urwenya ko n’iyo babaha amafaranga macye ari munsi y’aya yavugwaga, bakwemera n’amano yabo yose bakayaca.

Abasesenguzi bemeza ko inkuru nk’izi muri Zimbabwe zimenyerewe kuko zijya zandikwa kugira ngo abantu bazihugireho birengagize ibihe bigoye baba barimo by’amikoro macye aba yugarije rubanda.

Iyi nkuru itigeze igaragara mu binyamakuru bikomeye muri Zimbabwe, yari igamije gutera abantu urwenya ngo baruhuke mu mutwe ariko ko abayanditse na bo batari bazi ko isamirwa hejuru ku rwego byagezeho.

Nyuma y’iyi nkuru yasohotse bwa mbere tariki 28 Gicurasi 2022, abantu benshi batangiye kwerecyeza kuri ririya guriro rya Ximex Mall bajya kubaza ibyabyo ngo babone akayabo.

Muri Nigeria na ho iyi nkuru bayuririyeho baca igikuba muri rubanda, aho umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter yashyizeho amafoto agaragaza ibirenge byakuweho amano yose nyuma y’uko benebyo bayagurishije.

Abahanga mu gusesengura amashusho n’amafoto, bakoreye isesengura amashusho avuga ko ari ay’abantu babiri bagurishije amano yabo, bemeza ko aya mashusho ari amacurano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + fourteen =

Previous Post

Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere

Next Post

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.