Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bazaze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti- Min.Gatabazi yibiye ibanga Abanyarwanda uko bazakira abazitabira CHOGM

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in Uncategorized
0
Bazaze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti- Min.Gatabazi yibiye ibanga Abanyarwanda uko bazakira abazitabira CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye Abanyarwanda kuzakirana ubwuzu abazitabira inama ya CHOGM ku buryo bazasubirayo bagikumbuye u Rwanda bikazatuma bagarukana n’imiryango yabo.

Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo i Kigali mu Rwanda hateranire inama ikomeye izwi nka CHOGM ihuza Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bigize Commonwealth izatangira tariki 20 Kamena 2022.

Leta y’u Rwanda yakoze ibikorwa binyuranye bigamije kwitegura iyi nama kimwe n’abikorera, ariko n’abaturage na bo ntibasigaye kuko bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali na bo batangiye kwitegura uko bazakirana ubwuzu aba bashyitsi bazaturuka mu Bihugu 54 bigize uyu muryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko Abaturarwanda basabwa kuzarangwa n’isuku.

Yavuze kandi ko abaturarwanda basabwa kuzakirana ubwuzu abashyitsi, babereka urugwiro, bagasuhuza abo bazanyuraho kuko hari abo bazahurira mu nzira bagenda n’amaguru cyangwa abo bazahurira mu maguriro.

Ati “Ikindi ni umutekano, ngira ngo ntihagire umuntu rwose […] urabizi iyo ibintu nk’ibi byabaye hari n’abandi bashobora kuziramo bashaka inyungu zabo, bagakora ibitari byiza, buri wese akaba yatabara cyangwa yarengera uwamuhungabanya yaba ku muhanda aria ho aba muri hoteli. Amahoteli akabasha, ntihagire umuvuga ngo ‘natashye mbura mudasobwa nabuze amafaranga yanjye.”

Minisititi Gatabazi wavugaga ko ibi bireba byumwihariko abakora mu nzego zishinzwe kwakira abashyitsi, ariko n’abaturage na bo bagakora ibyo bashoboye byose ku buryo abashyitsi bazishimira u Rwanda.

Ati “Uko aba bantu bazaza kudusura, tuvuge ko haje abantu ibihumbi bitanu, bitandatu cyangwa birindwi umunani, iyo aje agafatwa neza aho yaraye akakirwa neza, ari uburyo yakirwa hanze, mu kabari, muri restaurant ari uburyo yakirwa aho anyura hose ni byo bimwubakamo kuzagaruka vuba, ndetse yanagaruka akazazana n’umuryango we, umugore n’abana wenda yari yaraje ari umuntu umwe. Baze ari abashyitsi basubireyo ari inshuti.”

U Rwanda rugiye kwakira iyi nama ya CHOGM itaherukaga kuba kubera icyorezo cya COVID-19, gisanzwe ari cyo Gihugu gishya muri uyu muryango wa Commonwealth ariko kikaba kimaze kuba ubukombe mu kwakira inama zikomeye kubera ibikorwa byorohereza abazitabira, byaba ari ibikorwa remezo, umutekano ndetse n’ibindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Rusizi: Abavuzi gakondo batanu bakurikiranyweho gukata zimwe mu ngingo z’abana

Next Post

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina
FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

14/10/2025
BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

14/10/2025
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

14/10/2025
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

14/10/2025
U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

14/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.