Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in Uncategorized
0
Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu aho aza kunamira nyakwigendera Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan wari Perezida w’iki Gihugu, uherutse gutabaruka.

Perezida Paul Kagame yageze i Abu Dhabi kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena, yakirwa ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Sheikh Shakhboot bin Nahyan Al Nahyan.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, dukesha aya amakuru, mu butumwa bwatambutse kuri Twitter, buvuga ko Perezida Paul Kagame yunamira Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan wari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu watabarutse mu kwezi gushize.

Biteganyijwe kandi Perezida Paul Kagame aza gutanga ubutumwa bwo kwihanganisha ku bw’urupfu rw’uyu wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan witabye Imana mu kwezi gushize, yabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kuva muri 2004, aho yapfuye afite imyaka 73.

Urupfu rwa nyakwigendera ushimirwa kuba yaratumye iki Gihugu cye kimenyekana mu ruhando mpuzamahanga, rwatumye muri iki Gihugu hashyirwaho iminsi 40 yo kumwunamira.

Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan wari umaze imyaka 18 ku butegetsi, yari yasimbuye se Zayed Al Nahyan, na we akaba azasimburwa n’umuhungu yasize nkuko biteganywa n’Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Perezida Paul Kagame ageze i Abu Dhabi yakiriwe na Minisiti w’Ububanyi n’Amahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Gakenke: Abagabo barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo bakanga no kubahindukirira mu buriri

Next Post

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.