Saturday, August 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ibya ruswa ivugwa muri FERWAFA byafashe indi sura, RIB yabyinjiyemo

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in SIPORO
0
Ibya ruswa ivugwa muri FERWAFA byafashe indi sura, RIB yabyinjiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko ruri gukora iperereza kuri ruswa ivugwa mu ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yemereye RADIOTV10 ko uru rwego rwakiriye ikirego.

Yagize ati “RIB yakiriye ikirego ku bibazo bya ruswa bivugwa muri FERWAFA. Twatangiye iperereza kugira ngo tumenye ukuri kwabyo.”

RIB yemeje ko yatangiye iperereza ku bibazo bya ruswa bivugwa muri FERWAFA nyuma y’amasaha macye iri shyirahamwe rihagaritse uwari Umunyamabanga Mukuru waryo, Muhire Hernry Brulart.

Itangazo ryasohowe na FERWAFA kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena rivuga ihagarikwa rya Muhire Henry Brulart, rivuga ko uyu wari Umunyamabanga Mukuru w’iri shyirahamwe, yahagaritswe kubera amakosa yamuranze mu kazi kandi akaba agomba kubazwa inshingano.

Dr Murangira B. Thierry uvuga ko ikirego cy’ibibazo bya ruswa bivugwa muri FERWAFA bacyakiriye kuri uyu wa Mbere, yavuze ko nta byinshi yabitangazaho kuko “ari bwo ikirego tukicyakira, byinshi twazabitangaza nyuma.”

Muhire Henry Brulart avugwaho kuba yarasinye amasezerano ya FERWAFA n’uruganda rwo mu Budage rukora imyenda y’amakipe, atabiherewe uburenganzira n’urwego rubifitiye ububasha muri FERWAFA ndetse n’ikibazo cy’uburiganya buvugwa mu makipe yo mu cyiciro cya kabiri.

Mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, hakunze kuvugwamo ruswa n’imikorere idahwitse n’ibindi bibazo bya bamwe mu barikoramo binatuma iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda rirushaho kudindira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 2 =

Previous Post

Caleb wapfushije umugore bikamuhungabanya akanabyandikaho igitabo yishumbushije akora ubukwe bw’akataraboneka (AMAFOTO)

Next Post

Musanze: Umuyobozi yaramwijunditse kuko yavuganye n’itangazamakuru amubwira ko nta nkunga ateze kubona

Related Posts

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

by radiotv10
15/08/2025
0

Mu gikorwa cyiswe ‘Ijoro ry'Intare’ cyateguwe n'Abakunzi b'ikipe ya APR FC, abagera kuri 30 bakunda iyi kipe bakusanyije Miliyoni 418...

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

by radiotv10
15/08/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye abakunzi b’iyi kipe bakozwe ku mutima n’ifungwa rya bamwe muri bo bafite ibyo bakurikiranyweho, kubyihanganira,...

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

by radiotv10
14/08/2025
0

The Minister of Sports, Nelly Mukazayire, received basketball player Nate Ament, a rising talent in the United States with Rwandan...

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

by radiotv10
14/08/2025
0

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye umukinnyi wa Basketball Nate Ament uhanzwe amaso muri Leta Zunze Ubumwe za America ufite...

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

by radiotv10
14/08/2025
0

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania, yageze mu Rwanda, aho ije gukina umukino wa gicuti na Rayon Sports ku...

IZIHERUKA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite
AMAHANGA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

by radiotv10
15/08/2025
0

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

15/08/2025
Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

15/08/2025
Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

15/08/2025
Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

15/08/2025
Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

15/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umuyobozi yaramwijunditse kuko yavuganye n’itangazamakuru amubwira ko nta nkunga ateze kubona

Musanze: Umuyobozi yaramwijunditse kuko yavuganye n’itangazamakuru amubwira ko nta nkunga ateze kubona

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.