Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in MU RWANDA
0
Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yaherukaga gushyira hanze indirimbo yise ‘Umusaraba’
  • Muri iyi ndirimbo hari aho agira ati “Kugeza ubwo nageze ahantu heza cyane…”

Umuhanzikazi Nyarwanda waririmbaga indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, asiga uruhinja rutaruzuza ukwezi kumwe ruvutse.

Gisele Precious wamenyekanye mu ndirimbo nka Niwe, Urampagije ndetse n’iyo yari aherutse gushyira hanze yitwa Umusaraba, yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 15 Nzeri 2022.

Inkuru y’akababaro y’urupfu rwe, yamenyekanye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane ahagana saa moya (19:00’).

Umuvandimwe wa nyakwigendera yabwiye RADIOTV10 ko Gisele Precious yazize urupfu rutunguranye kuko yaguye mu bwogero (douche) bagahita bamujyana kwa muganga ariko akaza kugwayo.

Gisele Precious usize uruhinja rutaruzuza ukwezi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Nzeri yari muzima ndetse umwe mu nshuti ze za hafi, yabwiye RADIOTV10 ko bari bavuganye.

Iyi nshuti ya nyakwigendera yakozweho cyane n’urupfu rwe, yagize ati “Yari yampamagaye mu gitondo ambaza niba meze neza kuko nanjye maze iminsi ndwaye, mubwira ko meze neza.”

Akomeza agira ati “Ni inkuru ibabaje cyane kuko urumva asize uruhinja rw’ukwezi kumwe. Ni agahinda kenshi, ariko nyine nyagasani yamukunze kuturusha.”

Gissle Precious n’umugabo we bamaze igihe gito bashyingiranywe, bari bibarutse imfura yabo tariki 28 Kanama 2022.

Ku mbuga nkoranyambaga, bamwe mu bakurikiranira hafi iby’imyidahaduro byumwihariko mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bagaragaje agahinda gakomeye ko kuba u Rwanda rubuze umunyempano.

Bavuga ko bibabaje kuba uyu muhanzi nyarwanda yitabye Imana nyuma y’igihe gito hari undi witabye Imana; Burabyo Dushime Yvan wari uzwi nka Yvan Buravan.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 20 =

Previous Post

Kigali: Ababyeyi bareruye bavuga impamvu batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga

Next Post

Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka

Related Posts

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

IZIHERUKA

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge
MU RWANDA

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

17/11/2025
Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

16/11/2025
Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka

Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.