Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in MU RWANDA
0
Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Uwikuzo Amina wagaragaye ari ku muhanda ari gucuruza imbuto ku gataro ari no gusubiramo amasomo, yamaze gutangira amasomo mu ishuri ry’ikitegererezo riherere mu i Rwamagana.

Uyu mwana w’umukobwa yagaragaye muri Gicurasi uyu mwaka wa 2022, wananditsweho inkuru bwa mbere na RADIOTV10 nyuma yuko uwitwa Tito Harerimana ashyize ifoto ye kuri Twitter agaragaza ko yakozwe ku mutima n’uyu mwana.

Iyi foto yazamuye amarangamutima ya benshi, na bo bakozwe ku mutima n’uyu mwana wagaragaje ishyaka ryo kuba akunda kwiga kabone nubwo yari mu buzima bugoye.

Ubwo yagaragaraga ari gusubiramo amasomo anashakisha imibereho

Benshi batangiye kumukorera ibikorwa by’urukundo ndetse ubuyobozi bw’Ishuri rya Rwamagana Leaders School bumwemerera kuzajya kuryigamo muri uyu mwaka w’amashuri uherutse gutangira.

Ubuyobozi bw’iri shuri ryigamo abishyura ibihumbi 350 Frw ku gihembwe, bwamwereye ko mu myaka itatu asigaje kwiga ayisumbuye, buzamufasha muri byose yaba amafaranga y’ishuri ndetse n’ibikoresho by’ishuri.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, tariki 04 Ukwakira 2022, Uwikuzo Amina yaraye muri Rwamagana Leaders School.

Yari yatsinze ikizamini cya Leta cy’icyiciro rusange cy’ayisumbuye, ku manota 22 kuri 54, yoherezwa kwiga muri EFOTEC mu ishami rya Physics Economics and Computer.

Muri iri shuri rya Rwamagana Leaders’ School, aziga ishami rya MEC (Mathematics, Economics and Computer), ubwo yageraga muri iri shuri, yakiranywe urugwiro n’abanyeshuri ndetse n’abarimu baryo.

Na we ubwe yagaragaje akanyamuneza kadasanzwe ko kuba yageze muri iri shuri, ati “Ndishimye cyane kuba naje kwiga muri iri shuri, ndashimira Rwamagana Leaders’ School ku bw’aya mahirwe bampaye kandi nanjye ngiye gukora ibishoboka kugira ngo ntazabatenguha ndetse no gutera ishema mama wanjye.”

Yavuze ko nubwo yageze ahantu hashya akahasanga abanyeshuri n’abarimu bashya, ariko ko mu gihe cya vuba bazaba ari inshuti ze.

Ssenyonjo uyobora iri shuri, yavuze ko ubuyobozi bwaryo bwari butegereje uyu mwana ko aza kwiga muri iri shuri.

Yagize ati “Twishimiye kwakira Amina muri Rwamagana Leaders’ School no kuba agiye kuba umwe mu banyeshuri kandi twizeye ko azahishimira.”

Mu mezi ashize yari yabanje gusura iri shuri

Akanyamuneza ni kose
Ubu yatangiye amasomo n’abandi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eleven =

Previous Post

Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”

Next Post

Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Related Posts

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

IZIHERUKA

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

12/08/2025
Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

12/08/2025
Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.