Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakinnyi ba Basketball bamaze kwigarurira imitima y’abatari bacye mu Rwanda, Nshobozwabyosenumukiza Willson yagaragaje ko ari umufana ukomeye w’umunyabigwi muri ruhago, Jimmy Gatete, avuga ko atifuza ko yazagenda batifotoranyije.

Jimmy Gatete n’ubu ukiri mu mitwe y’Abanyarwanda kubera ibitangaza yagiye akora mu ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru, nyuma y’imyaka irenga 10 adaheruka mu Rwanda, yongeye kurusesekaramo.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 10 Ukwakira 2022, uyu munyabigwi muri ruhago nyarwanda, yageze mu Rwanda aje mu bikorwa bitegura Igikombe cy’isi cy’abakanyujijeho muri ruhago kizabera mu Rwanda muri 2024.

Jimmy Gatete yasesekaye mu Rwanda

Nyuma yuko uyu rutahizamu w’ibihe byose mu Rwanda ageze mu rw’imisozi igihumbi, bamwe mu Banyarwanda bamugaragarije urugwiro n’uburyo batazibagirwa ibyishimo yabahaye.

Nshobozwabyosenumukiza Willson uri mu bakinnyi bamaze kubaka izina muri Basketball mu Rwanda, na we ari mu bagaragaje ko yakuze ari umufana ukomeye wa Jimmy Gatete.

Uyu mukinnyi uzwiho amacenga menshi mu mukino wa Basketball no kudahusha muri Panier, yahishuye ko yakuze yumva azaba umukinnyi wa ruhago kubera Jimmy Gatete ndetse ko yumvaga azaba nka we.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter buherekejwe n’ifoto ya Jimmy Gatete, Nshobozwabyosenumukiza yagize ati “Nakuze nzi ko nzakina umupira nkaba nk’uyu munyabigwi wacu ariko nabuze Godiyo kabiri gatatu sinamenye uko byaje guhomba.”

Yakomeje agira ati “Ariko aracyari role model (uw’icyitegererezo) wanjye burya.”

Nshobozwabyosenumukiza yakomeje agaragaza ko Jimmy Gatete ari uwo kubahwa ibihe byose, yasoje ubutumwa bwe agira ati “Ahubwo ndamukura he atageda atampaye ifoto mwokabyara mwe.”

Jimmy Gatete umunyabigwi muri ruhago nyarwanda
Nshobozwa yamukuriye ingofero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 12 =

Previous Post

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Next Post

Umunyarwenya ukomeye ku Isi Kevin Hart ari mu gahinda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya ukomeye ku Isi Kevin Hart ari mu gahinda

Umunyarwenya ukomeye ku Isi Kevin Hart ari mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.