Wednesday, April 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA
0
Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 22 y’amavuko wafatiwe na Polisi mu Kagari ka Kabuga I mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, ubwo yari amaze kwiba ibihumbi 119 Frw Koperative yamuhaye akazi, yanze kugorana ahita yemera icyaha.

Uyu musore witwa Hakizimana Eric yafatiwe mu Mudugudu wa Musango mu Kagari ka Kabuga I ubwo yari atashye aho atuye, ahagana saa sita z’ijoro rishyira ku ya 18 Ukwakira.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko uyu musore akimara gufatanwa aya mafaranga, atigeze agorana kuko yahise yiyemerera ko ari we wayibye, ayakuye mu kabati yabikwagamo nyuma yo kwica inzugi.

Uyu musore ukurikiranyweho ubujura buciye icyuho, yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha station ya Rusororo.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko uyu musore wari umwe mu bakozi b’iriya koperative y’abakora inkweto bakanazicuruza, yafaswe nyuma yuko umuzamu wayo atanze amakuru.

Yavuze ko uwo muzamu yari yabanje kuva ku kazi agiye kuzanira sharijeri uwari uyimutumye, agarutse asanga ingufuri yo ku marembo no ku biro by’ahabikwa amafaranga, zishwe ndetse inzugi zirangaye.

CIP Sylvestre Twajamahoro yagize ati “Yihutiye kubimenyesha ubuyobozi bwa Koperative, na bwo buhamagara Polisi, hahita hatangira ibikorwa byo kumushakisha afatirwa mu nzira arimo ataha iwe mu rugo ruherereye muri uriya Mudugudu wa Musango, bamusatse bamusangana ibihumbi 119 Frw.”
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, yibukije abakora ubucuruzi kutajya babika amafaranga mu biro byabo cyangwa mu ngo, ahubwo bakayajyana mu bigo by’imari na za Banki.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYWA
Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 166: Igihano ku cyaha cyo kwiba

Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167: Impamvu nkomezacyaha ku cyaha cyo kwiba

Ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo:

  • 1°  uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira;
  • 2°  kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije;
  • 3°  kwiba byakozwe n’umukozi wa Leta yishingikirije imirimo ye cyangwa umuntu ushinzwe imirimo iyo ari yo yose ifitiye abaturage akamaro;
  • 4°  uwakoze icyaha yiyitiriye izina cyangwa yitwaje ibimenyetso biranga umukozi wa Leta cyangwa by’umuntu ushinzwe umurimo rusange ufitiye abaturage akamaro abeshya ko yabitumwe n’urwego rwa Leta;
  • 5°  kwiba byakozwe nijoro;
  • 6°  kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe (1).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 16 =

Previous Post

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Next Post

Tshisekedi yasabye Umwami w’u Bwongereza gukoresha ububasha akagira icyo asaba u Rwanda

Related Posts

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

by radiotv10
14/04/2026
0

The City of Kigali authorities have announced that 98% of its residents have registered and been photographed in order to...

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

by radiotv10
14/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko abawutuye bangana na 98% biyandikishije bakanifotoza kugira ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga (eNdangamuntu), abasigaye bakazajya...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

by radiotv10
14/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rufunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, akurikiranyweho icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

by radiotv10
14/04/2026
0

In today’s fast-moving digital economy, saving money is no longer limited to traditional banking. With the rise of mobile financial...

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

by radiotv10
14/04/2026
0

Mu gihe hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara barokokeye mu cyahoze ari...

IZIHERUKA

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda
IBYAMAMARE

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gihe gito avuyeho

by radiotv10
15/04/2026
0

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

15/04/2026
Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

14/04/2026
Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

14/04/2026
Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

14/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yasabye Umwami w’u Bwongereza gukoresha ububasha akagira icyo asaba u Rwanda

Tshisekedi yasabye Umwami w’u Bwongereza gukoresha ububasha akagira icyo asaba u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gihe gito avuyeho

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.