• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyakurikiye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungukazi wahohoteye uw’umwiraburakazi birababaje

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Ibyakurikiye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungukazi wahohoteye uw’umwiraburakazi birababaje
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri w’umuzungukazi wagaragaye abangamira uw’umwiraburakazi muri kaminza ya Kentucky muri Leta Zunze Ubumwe za America, yirukanywe burundu muri iri shuri kandi ubuyobozi bw’iyi kaminuza buvuga buzagira uruhare mu itangwa ry’ubutabera, ndetse uyu munyeshuri na we yavuze ko yicuza cyane ibyo yakoze.

Uyu munyeshuri w’umukobwa wagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yitwa Sophia Rosing ubu ntakiri umunyeshuri wa University of Kentucky.

Perezida w’iyi kaminuza, Eli Capilouto yavuze ko birukanye burundu uyu munyeshuri mu rwego rwo guha ubutumwa abiga muri iri shuri ko badashobora kwihanganira ivangura rishingiye ku ruhu.

Uyu muyobozi w’iyi kaminuza kandi yavuze ko nubwo birukanye uyu munyeshuri ariko bitarangiriye aho kuko bazagira n’uruhare mu gutanga ubutabera.

Yagize ati “Nubwo atari umunyeshuri wacu, ariko tuzakomeza iperereza ryacu, ikindi kandi tuzafatanya n’urwego rushinzwe kugenza ibyaha mu gukora iperereza.”

Yavuze ko ubusanzwe iyi kaminuza ikomeye cyane ku mahame yo kutavangura abanyeshuri hashingiwe ku ruhu.

Ati “Ikindi kandi amahame yacu ngengamyitwarire y’abanyeshuri, ari gusubirwamo n’ibiro bishinzwe uburinganire no kunganya abantu.”

Yakomeje avuga ko nk’umuryango mugari ushyize imbere gukumira ihohoterwa rishingiye ku ruhu, batanagomba kwihanganira na gato ugaragaweho icyo gikorwa.

Ati “Ikindi kandi umuntu wese wagaragayeho ivangura rishingiye ku ruhu, agomba kubiryozwa. Iki kirego kiri mu byo dushyize imbere.”

Fred Peters, Umunyamategeko w’uyu munyeshuri, aherutse kubwira CNN ko uyu munyeshuri na we yatewe icyasha n’ibyo yakoze ndetse ko yumva bimuremereye.

Uyu munyeshuri kandi nyuma yo gukora kiriya gikorwa ataranafatirwa icyemezo cyo kwirukanwa, yari yavuze ko na we yumva adakwiye kuguma muri iri shuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Ubusesenguzi bw’umuhanga ku ndege y’intambara ya Congo yaje mu Rwanda izuba riva

Next Post

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.