Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23

radiotv10by radiotv10
20/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO, IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, POLITIKI, UMUTEKANO, UMUTEKANO
0
Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, ku wa Gatanu bagiranye ibiganiro kuri telefoni byasoje bose bumva kimwe ibijyanye no kuba inyeshyamba za M23 zikwiye kurekura uduce twose zigaruriye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Perezida Kagame yemereye Kenyatta kumufasha kwinginga inyeshyamba za M23 zigashyira intwaro hasi ndetse zikarekura ibice zigaruriye, nubwo ari amahitamo izo nyeshyamba zitahwemye kugaragaza ko bigoye kuyubahiriza mu gihe Guverinoma ya RDC itaremera ibiganiro bitanga uburenganzira busesuye Abanyekongo bahohoterwa kubera uko bavutse ndetse n’abashinjwa kuba Abanyarwanda.

Bivugwa ko bo bayobozi bombi bagarutse ku kuba imirwano ikomeje guhuza inyeshyamba za M23 n’ingabo za FARDC, zifatanyije n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ndetse n’inyeshyamba za Mi-Mai, ikwiye guhagarara byihuse.

Gen. Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yagize icyo avuga ku cyemezo cyafashwe na Perezida Kagame na Kenyatta wiyemeje kuba umuhuza mu biganiro by’i Nairobi bikomeje hagati y’inyeshyamba na Guverinoma ya RDC.

Yifashishije imbuga nkoranyambaga, Gen Muhoozi Kainerugaba yagize ati: “Numvise ko mukuru wanjye nkunda cyane Nyakubahwa Uhuru Kenyatta na Marume/Data Wacu Nyakubahwa Perezida Kagame, basabye M23 kurekura ibice byose yafashe. Ndemeranya n’abayobozi banjye. Abavandimwe bacu muri M23 bakwiye kumva no kumvira aya magambo y’abakuru byihuse! Reka dukemure aya makimbirane!”

Uhuru Kenyatta yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko yagiriye mu bice bitandukanye bya Repubulika Iharanida Demokarasi muri iki cyumweru.

Muri urwo ruzinduko, Kenyatta wari kumwe n’intumwa zirindwi zirimo iza EAC n’Intumwa y’Amahoro y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU), yahuye n’abayobozi batandukanye i Kinshasa mu murwa Mukuru wa RDC ndetse asura n’impunzi zicumbikiwe mu Mujyi wa Goma, aho M23 iraririye mu bilometero bitageze kuri 30.

Bivugwa ko Perezida Kagame yemeye gufasha Kenyatta kwinginga inyeshyamba za M23 zigashyira intwaro hasi ndetse zikarekura n’ibice byose zimaze gufata nk’uko bigaragara mu itangazo ryatanzwe n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ryakwirakwiye mu bitangazamakuru bitandukanye.

Bitenganyijwe ko inzira ibyo biganiro na M23 bizanyuramo izaganirwaho mu cyiciro cya kabiri cy’ibibaniro byitezwe i Luanda muri Angola muri iki cyumweru kigiye kuza.

Icyiciro cya mbere cyabaye ku buhuza bwa Perezida w’Angola João Manuel Gonçalves Lourenço mu ntangiriro z’uku kwezi, aho ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na RDC bemeranyijwe gukomeza inzira y’ibiganiro mu rwego rwo gukemura amakimbirane arangwa hagati y’ibihugu byombi.

Imbaraga z’Abakuru b’Ibihugu n’izindi nzego zo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba n’ak’Ibiyaga Bigari, zikomeje kwiyongera mu gihe inyeshyamba za M23 zamaze kwigarurira ibice bitandukanye bya Teritwari ya Rutshuru n’iya Nyiragongo, ariko iyo mirwano ikaba ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku basivili aho abagera ku 300,000 bataye ibyabo guhera muri Werurwe uyu mwaka.

Iyo mirwano nanone yagize ingaruka ku mubano w’u Rwanda na RDC, aho impande zombi zishinjanya gushyigikira inyeshyamba zihungabanya umutekano w’ibyo bihugu n’Akarere muri rusange.

Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − two =

Previous Post

Perezida Kagame yashimiye abasora uburyo batigeze badohoka no mu gihe cya COVID19

Next Post

Ubutumwa bwuzuye ishimwe bwahawe abasirikare ba RDF muri Sudan y’Epfo

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

IZIHERUKA

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe
FOOTBALL

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwuzuye ishimwe bwahawe abasirikare ba RDF muri Sudan y’Epfo

Ubutumwa bwuzuye ishimwe bwahawe abasirikare ba RDF muri Sudan y’Epfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.