Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Uko byagendekeye abanyeshuri bo muri kaminuza yagabwemo igitero n’abaje babamishamo amasasu

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Uko byagendekeye abanyeshuri bo muri kaminuza yagabwemo igitero n’abaje babamishamo amasasu
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Kinshasa (Université de Kinshasa) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiriye imishwaro ubwo baraswagamo urufaya rw’amasasu n’abaje bitwaje intwaro bari kumwe n’umupolisi.

Amakuru dukesha Urubuga De La Cachette rukunze gutangaza amakuru y’ibitagenda neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko iki gitero cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023.

Mu mashusho agaragara ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, kuri konti yitwa ‘De La Cachette’ agaragaza abantu babiri bambaye imyambaro ya gisivile bari kumwe n’umupolisi umwe, binjira muri iyi kaminuza barasa.

#RDC Campus de l'université de #Kinshasa ce matin. Qui sont ces hommes armés en ténue civile qui opèrent avec la police congolaise? Sur cette vidéo, l'homme en chemise blanche pointe son arme sur les étudiants barricadés derrière une porte. pic.twitter.com/eZdLXVrBI4

— Aganze Rafiki (@AganzeRafiki) January 13, 2023

Uru rubuga rugira ruti “Mu kigo cya Kaminuza ya Kinshasa muri iki gitondo, abagabo bitwaje intwaro bari bambaye imyambaro ya gisivile, bakoranye n’umupolisi wa Congo.”

Ubu butumwa buherekeje aya mashusho, bukomeza bugira buti “Muri aya mashusho umugabo wambaye ishati y’umweru yarashe ku banyeshuri bari bicaye inyuma y’urugi.”

Muri aya mashusho, hagaragaramo abanyeshuri bo muri iyi kaminuza bakwirwa imishwaro biruka bakiza amagara ubwo aba bagabo babarasagaho.

Ibibazo bihungabanya umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze kugera ku rwego rwo hejuru, aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje kugaba ibitero, bikunze kwibanda mu bice byitaruye imijyi, mu gihe iki cyabereye muri Kaminuza ya Kinshasa byabereye mu murwa w’iki Gihugu.

Iki gikorwa kibaye mu gihe umutwe wa M23 ukunze gufatwa nk’ikibazo gikomereye umutekano wa DRC nkuko bivugwa na Guverinoma y’Iki Gihugu, ukomeje kwamagana ibikorwa nk’ibi, ukaba wanamaganye iki cyabereye muri Kaminuza ya Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Wagira ngo zatumanyeho: Inyoni zagaragaye zitonze umurongo zifata akaruhuko mu Kivu rwagati

Next Post

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.