Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in MU RWANDA
0
Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cya kare, yahiriyemo ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni zirenga 130 Frw.

Iyi nkongi y’umuriro yibasiye imiryango 12 y’inyubako ikorerwamo ubucuruzi mu mujyi wa Musanze, yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023.

SP Alex Ndayisenga, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko nubwo umwotsi watangiye kugaragara saa kumi n’imwe ariko iyi nkongi ishobora kuba yatangiye kare.

Yagize ati “Ibyo tumaze kubarura byangiritse, birabarirwa muri miliyoni zisaga 130 z’Amafaranga y’u Rwanda.”

SP Alex Ndayisenga avuga ko hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyaba cyateye iyi nkongi y’umuriro ariko ko hakekwa ko yaba yaturutse ku ifuru y’imigati iri mu gikari cy’iyi nyubako, cyangwa ikaba yaturutse ku mashanyarazi. Ati “Ibyo byose turacyabigenzura ngo tumenye ibyo ari byo.”

Muri iyi miryango 12 y’iyi nyabako yibasiwe n’inkongi, hari hasanzwe hakorerwamo ubucuruzi butandukanye burimo ubw’ibikoresho by’ikoranabuhanga bifite agaciro nka za mudasobwa, za televiziyo n’amaradiyo, aho bamwe mu bacuruzi bavuze ko ntacyo babashije kuramuramo kuko byose byatikiriye muri iyi nkongi.

Umwe wakodeshaga imyenda yo mu birori, yagize ati “Ari imyambaro twambikaga abageni, za apareye twifashisha mu gufotora ndetse n’imashini, twaramuyemo bicyeya.”

Ishami rya polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryageze kuri iyi nyubako kuzimya ariko byinshi mu bicuruzwa byari biyirimo, byari byamaze kwangirika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nineteen =

Previous Post

Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga

Next Post

Urugwiro rwari rwose ubwo Madamu wa Perezida Ndayishimiye yahuraga n’umugore w’uwayoboye u Burundi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugwiro rwari rwose ubwo Madamu wa Perezida Ndayishimiye yahuraga n’umugore w’uwayoboye u Burundi

Urugwiro rwari rwose ubwo Madamu wa Perezida Ndayishimiye yahuraga n’umugore w’uwayoboye u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.