Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in MU RWANDA
0
Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cya kare, yahiriyemo ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni zirenga 130 Frw.

Iyi nkongi y’umuriro yibasiye imiryango 12 y’inyubako ikorerwamo ubucuruzi mu mujyi wa Musanze, yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023.

SP Alex Ndayisenga, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko nubwo umwotsi watangiye kugaragara saa kumi n’imwe ariko iyi nkongi ishobora kuba yatangiye kare.

Yagize ati “Ibyo tumaze kubarura byangiritse, birabarirwa muri miliyoni zisaga 130 z’Amafaranga y’u Rwanda.”

SP Alex Ndayisenga avuga ko hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyaba cyateye iyi nkongi y’umuriro ariko ko hakekwa ko yaba yaturutse ku ifuru y’imigati iri mu gikari cy’iyi nyubako, cyangwa ikaba yaturutse ku mashanyarazi. Ati “Ibyo byose turacyabigenzura ngo tumenye ibyo ari byo.”

Muri iyi miryango 12 y’iyi nyabako yibasiwe n’inkongi, hari hasanzwe hakorerwamo ubucuruzi butandukanye burimo ubw’ibikoresho by’ikoranabuhanga bifite agaciro nka za mudasobwa, za televiziyo n’amaradiyo, aho bamwe mu bacuruzi bavuze ko ntacyo babashije kuramuramo kuko byose byatikiriye muri iyi nkongi.

Umwe wakodeshaga imyenda yo mu birori, yagize ati “Ari imyambaro twambikaga abageni, za apareye twifashisha mu gufotora ndetse n’imashini, twaramuyemo bicyeya.”

Ishami rya polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryageze kuri iyi nyubako kuzimya ariko byinshi mu bicuruzwa byari biyirimo, byari byamaze kwangirika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 7 =

Previous Post

Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga

Next Post

Urugwiro rwari rwose ubwo Madamu wa Perezida Ndayishimiye yahuraga n’umugore w’uwayoboye u Burundi

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugwiro rwari rwose ubwo Madamu wa Perezida Ndayishimiye yahuraga n’umugore w’uwayoboye u Burundi

Urugwiro rwari rwose ubwo Madamu wa Perezida Ndayishimiye yahuraga n’umugore w’uwayoboye u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.