• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in MU RWANDA
0
Inkongi idasanzwe yibasiye inyubako y’ubucuruzi butaracya itikiriramo ibifite agaciro k’amamiliyoni
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cya kare, yahiriyemo ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni zirenga 130 Frw.

Iyi nkongi y’umuriro yibasiye imiryango 12 y’inyubako ikorerwamo ubucuruzi mu mujyi wa Musanze, yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023.

SP Alex Ndayisenga, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko nubwo umwotsi watangiye kugaragara saa kumi n’imwe ariko iyi nkongi ishobora kuba yatangiye kare.

Yagize ati “Ibyo tumaze kubarura byangiritse, birabarirwa muri miliyoni zisaga 130 z’Amafaranga y’u Rwanda.”

SP Alex Ndayisenga avuga ko hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyaba cyateye iyi nkongi y’umuriro ariko ko hakekwa ko yaba yaturutse ku ifuru y’imigati iri mu gikari cy’iyi nyubako, cyangwa ikaba yaturutse ku mashanyarazi. Ati “Ibyo byose turacyabigenzura ngo tumenye ibyo ari byo.”

Muri iyi miryango 12 y’iyi nyabako yibasiwe n’inkongi, hari hasanzwe hakorerwamo ubucuruzi butandukanye burimo ubw’ibikoresho by’ikoranabuhanga bifite agaciro nka za mudasobwa, za televiziyo n’amaradiyo, aho bamwe mu bacuruzi bavuze ko ntacyo babashije kuramuramo kuko byose byatikiriye muri iyi nkongi.

Umwe wakodeshaga imyenda yo mu birori, yagize ati “Ari imyambaro twambikaga abageni, za apareye twifashisha mu gufotora ndetse n’imashini, twaramuyemo bicyeya.”

Ishami rya polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryageze kuri iyi nyubako kuzimya ariko byinshi mu bicuruzwa byari biyirimo, byari byamaze kwangirika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + twelve =

Previous Post

Umunyarwanda wageze mu bice bigenzurwa na M23 yahishuye umwuka yahasanze abantu batakekaga

Next Post

Urugwiro rwari rwose ubwo Madamu wa Perezida Ndayishimiye yahuraga n’umugore w’uwayoboye u Burundi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Urugwiro rwari rwose ubwo Madamu wa Perezida Ndayishimiye yahuraga n’umugore w’uwayoboye u Burundi

Urugwiro rwari rwose ubwo Madamu wa Perezida Ndayishimiye yahuraga n’umugore w’uwayoboye u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.