Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Perezida wa Guinée Équatoriale akaba n’umuhungu wa Perezida w’iki Gihugu, yategetse ko umuvandimwe we [na we ni umuhungu wa Perezida] afungwa kubera icyaha akurikiranyweho cyo kugurisha mu ibanga rikomeye indege ya kompanyi y’indege y’iki Gihugu.

Teodoro Nguema Obiang Mangue ni we watanze itegeko ko umuvandimwe we (bahuje Se ari we Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo) Ruslan Obiang Nsue afungwa kubera icyaha akekwaho cyo kugurisha indege yo mu bwoko bwa ATR72-500.

Iyi ndege yagurishijwe n’umuhungu wa Perezida wa Guinée Équatoriale mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yaguzwe na Kampanyi y’indege ya Espagne.

Uyu muhungu wa Perezida yafunzwe umusibo ejo hashize, ku wa Gatatu, ariko ifungwa rye ryatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Mutarama 2023.

Ruslan Obiang Nsue, yahoze ari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’indege kitwa Ceiba International airline.

Inzego zishinzwe iperereza muri Guinée Équatoriale, umwaka ushize zatangiye iperereza ku ndege yaburiwe irengero yari iri gukorerwa muri Espagne, byaje kugaragara ko ari yo uyu muhungu wa Perezida yagurishije.

Visi Perezida w’iki Gihugu, Nguema Obiang Mangue akaba n’umuvandimwe w’uyu wafunzwe, bahuje se gusa, ni we watanze itegeko ko afungirwa iwe kugira ngo aryozwe iki cyaha mu nzego z’ubucamanza.

Nanone kandi Nguema Obiang Mangue “yasabye ko Perezida w’Igihugu amuhagarika ku nshingano zose yari afite mu kigo Gihugu kubera uburiganya yakoresheje akagurisha ATR72-500.”

Perezida Teodoro Obiang Nguema se w’uyu muhungu ukekwaho kugurisha indege y’Igihugu, ni we Mukuru w’Igihugu kugeza ubu umaze igihe kinini ku butegetsi ku Isi kuko yabugiyeho kuva mu 1979, akaba aherutse kongera gutorerwa manda ya gatandatu mu kwezi k’Ukuboza aho yagize amajwi 95%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

Next Post

U Rwanda ruravuga ko itangazo rya Congo rica amarenga y’ikintu giteye impungenge

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruravuga ko itangazo rya Congo rica amarenga y’ikintu giteye impungenge

U Rwanda ruravuga ko itangazo rya Congo rica amarenga y’ikintu giteye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.