Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakoreye uruganda rwa Imana Steel bararushinja kubirukana by’amaherere

radiotv10by radiotv10
13/07/2021
in MU RWANDA
0
Abakoreye uruganda rwa Imana Steel bararushinja kubirukana by’amaherere
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abahoze bakorera uruganda rwa Imana Steel rwo mu karere ka Bugesera, barushinja kubirukana by’amaherere nyuma y’uko bagiriye ibibazo birimo gucika amaguru bari mu kazi karwo.

Ni abagabo bakomoka mu Murenge wa Rweru ho mu Karere ka Bugesera, bahuriza ku kibazo kimwe cy’uko bakoreye uruganda rwa Imana Steel rukorera muri aka karere, ariko ngo bamwe barugiriramo ibibazo by’umubiri birimo gucika amaguru no gukubitwa n’amashanyarazi, rugahita rubahambiriza nta n’imperekeza kandi nyamara barangirikiye mu kazi karwo.

Uwitwa Ndindiriyimana Fiston yagize ati” Nagize ikibazo, imashini y’uruganda irankubita ndi mu kazi inca akaguru, bituma ngira ubumuga buhoraho, ariko kuva uwo munsi ubuyobozi bw’uruganda duherukana ubwo”

Uwitwa Hanyurwimfura Canisius we yavuze ko we na bagenzi be bashinjwe kugambanira uruganda kandi babeshyerwa, bahita bahabwa amabaruwa abasezerera mu kazi.

Itegeko  rigenga umurimo mu Rwanda  rivuga umukozi wagize impanuka cyangwa indwara bikomoka ku murimo atarateganyirijwe n’umukoresha we mu kigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda  yishyurwa n’umukoresha amafaranga angana nk’ayo yagahawe n’ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda iyo aza kuba yarateganyirijwe, harimo kumuvuza n’ibindi bijyanye na byo, icyakora ngo mu gihe yamuteganyirije RSSB niyo ibimenya.Image

Umwe mu baburiye ingingo mu kazi ka IMANA Steel

Iri tegeko rinavuga kandi ko umukoresha atemerewe kwirukana umukozi kubera impanuka cyangwa uburwayi byaturutse ku kazi mu gihe bitemejwe na muganga ubifitiye ububasha ko umukozi atagishoboye gukomeza inshingano ze.

Nyamara kuri aba bakozi bo ngo nta na kimwe cyubahirijwe muri ibi byose, kuko kugeza ubu nta numwe uri mu kazi.

“Ntabwo bigeze bampa indishyi iteganywa,ahubwo bahise banyirukana kandi ubundi itegeko atari ko rivuga”.

Ku rundi ruhande ntitwabashije kubona ubuyobozi bw’uru ruganda ngo bugire icyo buvuga kuri iki kibazo bashinjwa n’abahoze ari abakozi barwo. Gusa, umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Richard avuga ko ari bwo yabyumva ariko ngo igikurikiye ni ukubikurikirana.

“Niba bafite amasezerano n’urwo ruganda turabakurikiranira tubahuze n’ubuyobozi bwarwo mu gihe  bwakomeza kwinangira ubwo twabashyikiriza inkiko.” Mutabazi

Ingingo ya 19 yo mu itegeko N° 66/2018 ryo kuwa 30/08/2018 rigenga umurimo mu Rwanda riteganya ko umukozi wagize impanuka cyangwa indwara bikomoka ku murimo adashobora gusezererwa ku murimo bitewe n’ibyago bikomoka ku murimo, keretse iyo byemejwe na muganga wemewe na Leta ko atagishoboye gukomeza gukora uwo murimo.Image

Ababuriye ingingo mu kazi ka IMANA Steel barasaba ubutabera 

Iyo bigaragaye ko umukozi agishoboye gukora akazi umukoresha amuhindurira umwanya w’umurimo ujyanye n’ubushobozi bwe. Iyo udahari amasezerano y’umurimo araseswa umukozi  agahabwa ibiteganywa n’amategeko.

Ikigaragara ni uko hari aho airi tegeko rishobora kuba ridkaurikizwa uramutse ushingiye kuri ibi bivugwa n’aba bahoze bakorera uruganda rwa Imana Steel.

Inkuru ya: Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − seven =

Previous Post

Women Zone V: U Rwanda rwatangiye neza rubona intsinzi imbere ya Kenya

Next Post

Bamporiki yashimye indirimbo Piyapuresha ya Niyo Bosco

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki yashimye indirimbo Piyapuresha ya Niyo Bosco

Bamporiki yashimye indirimbo Piyapuresha ya Niyo Bosco

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.