Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

radiotv10by radiotv10
11/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

Ifoto yakuwe kuri internet-Yifashishijwe ntijyanye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi n’abana be babiri bakurikiranyweho kwica umugabo w’uyu mugore akaba se w’aba bana, barangiza bakamuta mu musarani bagateraho intsina, harakekwa ko bamuhoye ibijumba nyakwigendera yari yakuye iwabo.

Inkuru y’ubu bugizi bwa nabi, yanditswe n’urubuga rwa RADIOTV10 mu cyumweru gishize, yagaragazaga ko uyu mugore w’imyaka 44 n’abana be bari batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, bari bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Kaniga.

Abaregwa kwivugana uyu muntu wari umwe mu bagize umuryango wabo babanaga mu Mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Bugomba mu Murenge wa Kaniga, bakorewe dosiye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruyishyikiriza Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gcumbi.

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi bwakiriye iyi dosiye muri iki cyumweru tariki Indwi Gashyantare 2023, buvuga ko abakekwaho kwica nyakwigendera, bamukubise umuhini kugeza ashizemo umwuka, barangije bamujugunya mu musarane bateraho intsina kugira ngo basibanganye ibimenyetso.

Buvuga ko aba bakekwaho iki cyaha bishe uyu mugabo tariki 24 Ukuboza 2022 biturutse ku bijumba nyakwigendera yari yavanye iwabo, yabigeza iwe umugore we akanga kubiteka avuga ko adashobora kurya ibiryo biturutse kwa nyirabukwe kuko basanzwe bafitanye ibibazo.

Uyu mugore yahise afata umuhini ubundi afatanya n’abana be, bawukubita nyakwigendera kugeza yitabye Imana, bahita bataba umurambo we mu musarani, barangije bateraho intsina.

Kuko nyakwigendera yari amaze igihe atagaragara, umuvandimwe we yakomeje kubaza abo mu muryango we aho aherereye, ariko umugore we ndetse n’abana be, bakamubwira ko batazi aho yagiye.

Uyu muvandimwe wa nyakwigendera yabonye bikabije, yiyambaza inzego, zahise zibyinjiramo ziza gutahura ko yishwe n’abo mu muryango we bakamujugunya mu musarani, zimukuramo zihita zinata muri yombi abakekwaho ubu bugizi bwa nabi.

Urubanza rw’abaregwa iki cyaha cyo kwica nyakwigendera, ruzaburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, nyuma yuko Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi bushyikirijwe iyi dosiye, bukazaregera uru rukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − one =

Previous Post

Umuraperi nyarwanda wigeze gufungirwa ibiyobyabwenge azanye album ifite izina ridasanzwe

Next Post

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.