• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

radiotv10by radiotv10
11/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

Ifoto yakuwe kuri internet-Yifashishijwe ntijyanye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi n’abana be babiri bakurikiranyweho kwica umugabo w’uyu mugore akaba se w’aba bana, barangiza bakamuta mu musarani bagateraho intsina, harakekwa ko bamuhoye ibijumba nyakwigendera yari yakuye iwabo.

Inkuru y’ubu bugizi bwa nabi, yanditswe n’urubuga rwa RADIOTV10 mu cyumweru gishize, yagaragazaga ko uyu mugore w’imyaka 44 n’abana be bari batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, bari bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Kaniga.

Abaregwa kwivugana uyu muntu wari umwe mu bagize umuryango wabo babanaga mu Mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Bugomba mu Murenge wa Kaniga, bakorewe dosiye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruyishyikiriza Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gcumbi.

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi bwakiriye iyi dosiye muri iki cyumweru tariki Indwi Gashyantare 2023, buvuga ko abakekwaho kwica nyakwigendera, bamukubise umuhini kugeza ashizemo umwuka, barangije bamujugunya mu musarane bateraho intsina kugira ngo basibanganye ibimenyetso.

Buvuga ko aba bakekwaho iki cyaha bishe uyu mugabo tariki 24 Ukuboza 2022 biturutse ku bijumba nyakwigendera yari yavanye iwabo, yabigeza iwe umugore we akanga kubiteka avuga ko adashobora kurya ibiryo biturutse kwa nyirabukwe kuko basanzwe bafitanye ibibazo.

Uyu mugore yahise afata umuhini ubundi afatanya n’abana be, bawukubita nyakwigendera kugeza yitabye Imana, bahita bataba umurambo we mu musarani, barangije bateraho intsina.

Kuko nyakwigendera yari amaze igihe atagaragara, umuvandimwe we yakomeje kubaza abo mu muryango we aho aherereye, ariko umugore we ndetse n’abana be, bakamubwira ko batazi aho yagiye.

Uyu muvandimwe wa nyakwigendera yabonye bikabije, yiyambaza inzego, zahise zibyinjiramo ziza gutahura ko yishwe n’abo mu muryango we bakamujugunya mu musarani, zimukuramo zihita zinata muri yombi abakekwaho ubu bugizi bwa nabi.

Urubanza rw’abaregwa iki cyaha cyo kwica nyakwigendera, ruzaburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, nyuma yuko Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi bushyikirijwe iyi dosiye, bukazaregera uru rukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 9 =

Previous Post

Umuraperi nyarwanda wigeze gufungirwa ibiyobyabwenge azanye album ifite izina ridasanzwe

Next Post

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.