Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusesenguzi avuze ingingo ikomeye agendeye ku mpaka z’Abadepite ku itabi

radiotv10by radiotv10
24/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Umusesenguzi avuze ingingo ikomeye agendeye ku mpaka z’Abadepite ku itabi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko mu Nteko y’u Rwanda habaye impaka ku kuba u Rwanda rudaca itabi, umusesenguzi yavuze ko mu bibazo by’ingutu byugarije Abanyarwanda hatarimo icy’itabi, ati “Ibirayi bigeze kuri 700Frw ariko Abadepite baravuga iby’itabi! Nibave mu matabi si byo twabatoreye.”

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 20 Gashyantare mu 2023, ubwo Abadepite basuzumaga umushinga w’itegeko ryafasha u Rwanda kuza mu Bihugu byemeje amasezerano agamije guca ubucuruzi bw’ibikomoka ku itabi, intumwa za rubanda zagaragaje ko aya masezerano akwiye kwemezwa n’u Rwanda.

Ni amasezerano yaba aje mu murongo umwe n’ayemerejwe i Seoul tariki 12 Ugushyingo 2012, yitezweho kuba yafasha u Rwanda guca burundu ubuhinzi n’ubucuruzi bw’itabi.

Umusesenguzi akaba n’umunyamategeko wabyigiye, Robert Mugabe mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel Ukwezi TV, yavuze ko izi mpaka zabaye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, atari zo zari zikwiye kuza mu gihe nk’iki.

Avuga ko itabi nubwo ari ribi ariko atari cyo kibazo gikwiye kuraza inshinga Leta y’u Rwanda kuko hari ibindi bibazo by’ingutu kandi bigira ingaruka ku buzima bw’abantu benshi.

Ati “Turebe impfu zituruka mu kunywa itabi, turebe n’impfu zituruka ku mpanuka, turebe n’impfu zituruka ku mirire mibi, turebe n’impfu zituruka babyeyi bapfa babyara, turebe no ku mpfu z’abana bapfa batarageza imyaka itanu. Ubundi tugereranye aho ikibazo kiri.”

Yakomeje agaruka ku ngaruka za bimwe mu bibazo byugarije Abanyarwanda, ati “Abaturage bafite agahinda gakabije, ikibitera ni isigareti se? oya oya oya, biriya ni ukuyobya uburari.”

Yagarutse ku kibazo cy’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa, avuga ko ubukana bw’iki kibazo ari bwo bwari bukwiye kuraza inshinga inzego zose za Leta zirimo n’aba Badepite aho kuganira ku itabi.

Ati “Ibiryo birahenze cyane, ikilo cy’ibirayi kigeze kuri maganarindwi ariko Umudepite ariho aravuga isigareti. Ubwo aravuga iki?”

Agaruka kuri umwe muri aba Badepite basabye Leta y’u Rwanda guca burundu itabi, Robert Mugabe yagize ati “Ubwo si umurokore? Mukurikirane neza urasanga ari umuyoboke wa ADEPR. Ndamwubaha ni umuyobozi ariko nabaze ibibazo bijyanye n’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa.”

Yakomeje agira ati “Ubundi se Abadepite bari mu matabi bakoramo iki? Ni cyo twabatoreye.”

Uyu musesenguzi avuga ko nubwo atirengagije ko itabi rigira ingaruka ku buzima bw’abantu ariko izi ntumwa za rubanza zisaba ko ubucuruzi bwaryo buhagarara burundu bari bakwiye kubanza kwibuka ko bwinjiza imisoro igirira Igihugu akamaro.

Abadepite barasaba Leta guca itabi
Mugabe ati “Nibave mu matabi si byo twabatoreye”

RADIOTV10

Comments 3

  1. MANIRAGABA CELESTIN says:
    2 years ago

    Erega iyo umuntu Arya agasigaza ndetse hakaboneka nibyo amena mukimoteri ntabwo yamenyako hari uwaburaye

    None c bavuge iki ko reta ibaha byose
    Hari essence bagura
    Hari ifatabuguzi rya tv cyangwa internet
    Ntibahembwa agatubutse

    Kuribo ntacyo bitwaye kuba ibiciro byibiribwa byazamuka kuko uzarebe ubwo bucuruzi buhenze butyo nibyo babukora
    Kandi barabeshyera ubusa ntabwo itabi rya cibwa ahubwo bashaka kugabanya abacuruzi baryo muburyo bwo gukuza ababo .urugero gato ntanga ko ishshi zaciwe ubu ntanganda zizikora dufite murwanda?!
    Nihitiraga da .

    Reply
  2. Karamutsa Gerard says:
    2 years ago

    Ubwo aho bukera barajya no ku nzoga. Kuko nazo zifite uruhare ku buzima bw’abantu. Uwagendera kuri ibi byo bakwiga no ku biryo byose bituruka mu nganda. Tugasubira ku mutsima ibishyimbo amateke n’ibijumba.
    Ubu u Rwanda ruzagendera ku mategeko y’uburokore?

    Reply
  3. Yves says:
    2 years ago

    Arega nubundi iryo zamuka ryibiciro bo ntabwo barizi kuko bahahirwa na leta. Ark ubundi nigute wabuhaze ukumvako harabashonje ? Ubundi munama nkizi hakajyiye hatumirwamo narubanda rugufi kuko nibo baba bazi ibibazo abaturage dufite kurusha abo badepite bafite burikimwe, abatuge turashonje,turashonje,turashonje,turashonje . Ark ikibabaje nuko abobadepite batabibona kuko bo arabakire. Arega nabanywa itabi barinyweshwa nokwiheba kubera inzara nokurya intinca ntikize.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 4 =

Previous Post

TourDuRwanda2023: Amakuru atari meza ku Munyarwanda watangiye ahanzwe amaso na benshi

Next Post

TdRda: Umusuwisi yegukanye Etape6, Umunyarwanda uri kwigaragaza yongera kubikora

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda: Umusuwisi yegukanye Etape6, Umunyarwanda uri kwigaragaza yongera kubikora

TdRda: Umusuwisi yegukanye Etape6, Umunyarwanda uri kwigaragaza yongera kubikora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.