Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana na Depite Frank Habineza, ntibavuga rumwe ku kuba umubare w’Abadepite mu Rwanda wakongerwa. Umwe avuga ko bikwiye kuko n’umubare w’Abanyarwanda wiyongereye, undi we si ko abibona ati “n’abahari bilan yabo iri ‘critical’.”

Ni impaka zuririye ku cyifuzo giherutse gutangazwa na Perezida mushya wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa watangaje ko iyi Komisiyo yifuza ko amatora y’Abadepite yahuzwe n’ay’Umukuru w’Igihugu.

Iki cyifuzo cyatangajwe na Oda Gasinzigwa ubwo yari akimara kurahirira uyu mwanya, cyanakiriwe neza na Guverinoma y’u Rwanda ndetse na bamwe mu banyapolitiki bo mu yindi mitwe ya Politiki, bavuze ko byatuma Igihugu gikoresha ingengo y’imari idahanitse.

Iki cyifuzo gishobora kubahirizwa mu gihe byanyura mu nzira ziteganywa n’amategeko, bikaba byatuma Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ryongera kuvugururwa.

Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikiye na we uri mu bashimye iki cyifuzo, yagaragaje ko mu gihe haba hari gukorwa aya mavugururwa, hari n’ibindi byavugururwa, birimo kongera umubare w’Abadepite kuko Itegeko Nshinga rigenderwaho ubu rigena 80.

Iki cyifuzo agishingira ku kuba umubare w’abaturage yaba ari abemerewe gutora ndetse n’abaturage muri rusange, wariyongereye kuva ubwo hashyirwagaho Itegeko Nshinga rigenderwaho muri iki gihe ryo muri 2003.

Ati “Muri 2003 abatoraga bari nka miliyoni enye kandi n’umubare w’abaturage wari mucye, kandi turibuka ko ejobundi abatoraga bari bageze muri miliyoni zirindwi, biragaraga ko umwaka utaha tuzaba tugeze nko muri miliyoni umunani z’abatora, ni ukuvuga bazaba bikubye inshuro zirenze ebyiri. Bivuga yuko uko abaturage bahagarariwe ntabwo bingana n’umubare uri mu nteko.”

Dr Frank Habineza avuga ko nibura Leta y’u Rwanda yakongeraho nk’Abadepite 20 “bakaba nk’ijana nibura, ariko bishobotse ko banikuba kabiri ku ngengo y’imari y’Igihugu…ariko ikigaragara ni uko umubare w’abahagarariye abaturage ntabwo ungana n’abaturage.”

Dr Frank Habineza avuga ko umubare w’Abadepite ukwiye kongerwa

Hari abaturage babisaba?

Senateri Evode Uwizeyimana wari kumwe na Dr Frank Habineza mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda, yavuze ko kongera umubare w’Abadepiye bifite byinshi bijyana na byo.

Ati “Ni ibintu bikwiye kujyana n’amikoro y’Igihugu kuko aba Badepite barahembwa, bafite ibindi bagenerwa, ibyo ngibyo ababishinzwe babireba hakurikijwe amikoro y’Igihugu, ariko ku bwanjye ndibaza igihe kitaragera ngo abantu bongere umubare w’Abadepite.”

Ni ingingo atahurizagaho na Dr Frank Habineza wavugaga ko Demokarasi ihenda bityo ko amikoro y’Igihugu adakwiye kuzitira kongera umubare w’Abadepite, agakomeza atsindagira ko bikwiye.

Evode yahise asa nk’umuca mu ijambo ati “N’abahari bazabanze bagaragaze bilan [ibyo bakoze] yabo […] n’ubundi bilan yanyu iri critical [iribazwaho]…Ntabwo ntekereza ko uyu munsi hari ikibazo dufite kijyanye no kuba Abadepite dufite ari bacye.”

Dr Frank Habineza wabaye nk’usubiza Senateri Evode, yavuze ko Umutwe w’Abadepite ukora kandi ko hari ibikorwa byinshi ugenda ugeraho birimo gukora amategeko ndetse no gusura abaturage bakamenya ibibazo bafite kugira ngo babigeze kuri Guverinoma.

Hon Evode yongeye gusa nk’umuca mu ijambo, amubaza agira ati “Hari abaturage baba barasabye ko Abadepite bakwiyongera umubare kuko ari bacye?”

Dr Frank yamusubije agira ati “Yego, none se wibwira ko igitekerezo twagikuye mu kirere? Ibitekerezo turimo kuvuga byavuye mu baturage bagaragaza ko badahagarariwe batabona abo Badepite neza.”

Abadepite bariho ubu bagombaga kurangiza manda yabo muri uyu mwaka muri Nyakanga, hagahita hakorwa amatora yabo, gusa mu gihe yahuzwa n’ay’Umukuru w’Igihugu, yazigizwa inyuma akazaba umwaka utaha.

Senateri Evode we abona igihe kitaragera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + six =

Previous Post

Ibyo abafana bakoreye kizigenza wa Football ku Isi ntawabikekaga

Next Post

Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.