Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, arakekwaho kwica umugore we wari utwite inda y’amezi atanu (5) agahita yishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ngo rubimuryoze.

Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku ya 23 Werurwe 2023, mu Mudugudu wa Ngurukizi mu Kagari ka Nyamagana muri uyu Murenge wa Ruhango, aho uyu mugabo ukekwaho kubukora yabanaga n’umugore we bahacumbitse.

Uwisoni Yvonne uyobora Umudugudu wa Ngurukizi, yabwiye RADIOTV10 ko na we iyi nkuru yayimenye mu ijoro ryabereyemo ubu bwicanyi, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahamagaraga uyu muyobozi rukabimumenyesha.

Yagize ati “Kuri RIB bampamagaye bambaza niba nzi umuntu bita Habyara nyiri iki gipangu [gikodeshamo uyu mugabo], mbabwira ko muzi, barambwira bati ‘ihute urebe umugabo yishe umugore, urebe niba amakuru ari ukuri’.”

Uyu muyobozi avuga ko yihutiye kuhagera azana na nyiri iki gipangu, bahagera bahasanga ku nzu ibamo uyu mugabo n’umugore we akekwaho kwivugana, hakinze.

Avuga ko umusore na we ukodesha muri iki gipangu yababwiye ko uyu mugabo ukekwaho kwica umugore we yamusigiye imfunguzo amubwira ngo “umugore we naza aze kuzimuha.”

Uyu muyobozi avuga ko yahise asaba uyu muhungu gukingura iyi nzu, ati “yahise akingura twinjira mu nzu tubona icyumba kiriho urugi turarusunika dusanga aroroshe.”

Yahise amenyesha RIB yari yamuhamagaye ko koko uyu mugabo yishe umugore we.

Bamwe mu baturage babonye umurambo wa nyakwigendera, babwiye RADIOTV10 ko nta gikomere bamubonanye, bagakeka ko yamwivuganye amunize.

Icyakora nanone hari abakeka ko uyu mugabo ashobora kuba yarishe umugore we hakiri kare agakomeza kubihisha kuko yari yiriwe atuma abana babo bavuga ko kuva mu gitondo batigeze baca iryera mama wabo.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwo muri aka gace ndetse n’abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko nyakwigendera n’umugabo we bari basanzwe babana mu makimbirane.

Umwe mu baturanyi avuga ko uyu muryango wari umaze amezi atatu uje muri uyu Mudugudu bavuye mu wundi bihana imbibi, ariko ko habanje kuza umugore wanahaje ahunda umugabo we, ariko akaza kuhamusanga.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kayumba Leodomir says:
    2 years ago

    Iyinkuru iteye agahinda, arikose burimunsi ko bene iyi nkuru isoza havugwa ngo byari bisanzwe bizwi ko babanye nabi kuki birindirako umwe yica undi? batitandukanyije ubuyobozi bwo ntacyo bwakora bitarindiriye urupfu?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − eleven =

Previous Post

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Next Post

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Related Posts

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

by radiotv10
16/09/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko muri uyu mwaka wa 2025, ingo zigerwaho n’umuriro w’amashanyarazi zageze kuri 85% zivuye munsi ya...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

by radiotv10
16/09/2025
0

For many years, cash was the main way people in Rwanda paid for goods and services. From small shops in...

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura
IBYAMAMARE

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

by radiotv10
16/09/2025
0

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

16/09/2025
Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

16/09/2025
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.