• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga haherutse gucicikana amakuru y’ibihuha ko Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, atakiriho, yaje mu Rukiko yitwaje igitabo cy’ibyahumetswe n’Imana, abanyamategeko be bongera kuvuga ko afite uburwayi bwo mu mutwe, bamugereranya na Barafinda wigeze kujyanwa i Ndera.

Mu cyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga, hakwirakwiye amakuru y’ibihuha yazamuwe na bamwe mu bakunze kuvuga nabi u Rwanda, ko Aimable Karasira yitabye Imana. Aya makuru yananyomojwe n’ubuyobozi mu Rwanda, nkuko byahamirijwe RADIOTV10.

Ibi bihuha bikurikiwe n’ikimenyetso nyirizina ko uyu mugabo wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ari muzima, aho kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata yitabye Urukiko.

Karasira Amaible yitabye Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rufite icyicaro i Nyanza, nyuma yuko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishaga urubanza rwe, rwiyambuye ububasha kuri rwo.

Aimable Karasira wageze mu cyumba cy’uru Rukiko, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yari yitwaje Bibiliya, ndetse yabona Abanyamakuru akayimanika, agaragaza ko Imana isumba byose.

Yunganiwe n’Abanyamategeko basanzwe bafite amazina azwi mu Rwanda, nka na Me Gatera Gashabana na Me Evode Kayitana.

Karasira yahise abwira Urukiko ko afite inzitizi, zirimo izishingiye ku burwayi, burimo agahinda gakabije yatewe n’amateka ashaririye yabaye mu Rwanda nka Jenoside Yakorewe Abatutsi, yamutwaye abo mu muryango we bose.

Yavuze kandi ko n’umuvandimwe we yari yarasigaranye na we afite uburwayi bwo mu mutwe, ku buryo na we byamugizeho ingaruka zikomeye mu mutwe.

Me Kayitana Evode wagaragarije Urukiko ko umukiliya we adakwiye gukorerwa uburyozwacyaha, kuko afite uburwayi bwo mu mutwe.

Yifashishije urugero rw’undi Munyarwanda na we wari ufite ibyo yari akurikiranyweho ariko bikaza kugaragara ko afite uburwayi bwo mu mutwe, ari we Barafinda Sekikubo Fred, avuga ko uyu atajyanywe imbere y’Inkiko ahubwo ko yajyanywe kuvuzwa.

Me Kayitana Evode yagize ati “Barafinda yaravujwe aho yavugaga ibigambo bitandukanye birimo ko yatsinze amatora, ndetse umugore we ari First Lady, ndetse RIB ibuza Abanyamakuru kumuvugisha biraba, ubu ntakibazo afite, ari we na Karasira Aimable na we niko akwiye gufatwa.”

Muri iri buranisha kandi, Aimable Karasira yabwiye Abacamanza ko afite uburwayi bunyuranye burimo ako gahinda gakabije, indwara y’igisukari (Diabetes), kandi akaba afunzwe nabi.

Karasira wasabaga ko yarekurwa akabanza akavurwa, yasabye ko yahabwa uburenganzira akavurwa n’abaganga b’abanyamahanga kuko abo mu Rwanda ashobora kubabwira uburwayi bwe, ntibabwumve ngo kubera ubwoba.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo buvuge ku byatangajwe n’uruhande rw’uregwa, bwavuze ko Aimable Karasira arwaye koko, ariko ko agifite ubushobozi bw’abantu bazima.

Ubushinjacyaha bwashimangiraga ko Karasira atafatwa nk’umurwayi wo mu mutwe nkuko we n’abamwunganira babivuga, bwavuze ko ibyo kuba Karasira yabanza kuvuzwa, byasuzumwa n’Urukiko.

Urukiko rumaze kumva impaka z’impande zombi kuri izi nzitizi z’uregwa, rwahise rusubika urubanza, rutangaza ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku wa Kane tariki 06 Mata 2023.

Karasira akurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, aho we yakunze kuvuga ko atahakana Jenoside kandi na we ari umwe mu bayirokotse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 19 =

Previous Post

Inkuru nziza ku batsindiye ‘Provisoire’ n’abateganya kuzikorera

Next Post

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.