Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga haherutse gucicikana amakuru y’ibihuha ko Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, atakiriho, yaje mu Rukiko yitwaje igitabo cy’ibyahumetswe n’Imana, abanyamategeko be bongera kuvuga ko afite uburwayi bwo mu mutwe, bamugereranya na Barafinda wigeze kujyanwa i Ndera.

Mu cyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga, hakwirakwiye amakuru y’ibihuha yazamuwe na bamwe mu bakunze kuvuga nabi u Rwanda, ko Aimable Karasira yitabye Imana. Aya makuru yananyomojwe n’ubuyobozi mu Rwanda, nkuko byahamirijwe RADIOTV10.

Ibi bihuha bikurikiwe n’ikimenyetso nyirizina ko uyu mugabo wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ari muzima, aho kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata yitabye Urukiko.

Karasira Amaible yitabye Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rufite icyicaro i Nyanza, nyuma yuko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishaga urubanza rwe, rwiyambuye ububasha kuri rwo.

Aimable Karasira wageze mu cyumba cy’uru Rukiko, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yari yitwaje Bibiliya, ndetse yabona Abanyamakuru akayimanika, agaragaza ko Imana isumba byose.

Yunganiwe n’Abanyamategeko basanzwe bafite amazina azwi mu Rwanda, nka na Me Gatera Gashabana na Me Evode Kayitana.

Karasira yahise abwira Urukiko ko afite inzitizi, zirimo izishingiye ku burwayi, burimo agahinda gakabije yatewe n’amateka ashaririye yabaye mu Rwanda nka Jenoside Yakorewe Abatutsi, yamutwaye abo mu muryango we bose.

Yavuze kandi ko n’umuvandimwe we yari yarasigaranye na we afite uburwayi bwo mu mutwe, ku buryo na we byamugizeho ingaruka zikomeye mu mutwe.

Me Kayitana Evode wagaragarije Urukiko ko umukiliya we adakwiye gukorerwa uburyozwacyaha, kuko afite uburwayi bwo mu mutwe.

Yifashishije urugero rw’undi Munyarwanda na we wari ufite ibyo yari akurikiranyweho ariko bikaza kugaragara ko afite uburwayi bwo mu mutwe, ari we Barafinda Sekikubo Fred, avuga ko uyu atajyanywe imbere y’Inkiko ahubwo ko yajyanywe kuvuzwa.

Me Kayitana Evode yagize ati “Barafinda yaravujwe aho yavugaga ibigambo bitandukanye birimo ko yatsinze amatora, ndetse umugore we ari First Lady, ndetse RIB ibuza Abanyamakuru kumuvugisha biraba, ubu ntakibazo afite, ari we na Karasira Aimable na we niko akwiye gufatwa.”

Muri iri buranisha kandi, Aimable Karasira yabwiye Abacamanza ko afite uburwayi bunyuranye burimo ako gahinda gakabije, indwara y’igisukari (Diabetes), kandi akaba afunzwe nabi.

Karasira wasabaga ko yarekurwa akabanza akavurwa, yasabye ko yahabwa uburenganzira akavurwa n’abaganga b’abanyamahanga kuko abo mu Rwanda ashobora kubabwira uburwayi bwe, ntibabwumve ngo kubera ubwoba.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo buvuge ku byatangajwe n’uruhande rw’uregwa, bwavuze ko Aimable Karasira arwaye koko, ariko ko agifite ubushobozi bw’abantu bazima.

Ubushinjacyaha bwashimangiraga ko Karasira atafatwa nk’umurwayi wo mu mutwe nkuko we n’abamwunganira babivuga, bwavuze ko ibyo kuba Karasira yabanza kuvuzwa, byasuzumwa n’Urukiko.

Urukiko rumaze kumva impaka z’impande zombi kuri izi nzitizi z’uregwa, rwahise rusubika urubanza, rutangaza ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku wa Kane tariki 06 Mata 2023.

Karasira akurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, aho we yakunze kuvuga ko atahakana Jenoside kandi na we ari umwe mu bayirokotse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 11 =

Previous Post

Inkuru nziza ku batsindiye ‘Provisoire’ n’abateganya kuzikorera

Next Post

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.