• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Abacumbikiwe mu nsengero barashima ariko hari n’ikibazo kibaremereye ku mutima

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Abacumbikiwe mu nsengero barashima ariko hari n’ikibazo kibaremereye ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Abasenyewe n’ibiza bo mu Murenge wa Rubengera bacumbikiwe mu nsengero ebyiri ziri mu Kagari ka Nyarugenge, bashimira uburyo bitaweho bakaba batarigeze bicwa n’imbeho cyangwa inzara, gusa nanone ntibabura kwibaza igihe bazavira muri iri cumbi.

Senyenzi Sylvestre, umwe muri aba baturage, avuga ko nyuma yo gusenyerwa n’ibiza, ubuyobozi bwababaye hafi ku buryo batigeze babura icyo kurya n’icyo kunywa.

Ati “Tukihagera habise batwakira batwereka aho tugomba kuba, hano mu nzu nta mbeho yatwishe, nta nzara itugeraho rwose nta n’uwavuga ngo afite inyota, ku gikoma mu gitondo tuba twagisamuye tugahembuka.”

Icyakora abasanzwe basengera mu rusengero rucumbitsemo aba baturage basenyewe n’ibiza, bavuga ko bafite impungenge zo kutamenya igihe bazongera gusengeramo kuko ubu bari gusengera hanze ngo bigatuma abitabira bagabanuka.

Mukabaryubahe yagize ati “Twabaye twiyeranje dusengera hanze ariko ntabwo tuzi igihe bazamaramo. Imbogamizi ntizabura urabona ni igihe cy’imvura iramutse iguye ntitwaba tugisenze ndetse n’iyo izuba rivuye urabona nk’abana bato ndetse n’abafite intege nke ntibabasha kuryihanganira, ubwo ni ukuvuga ngo hari gusenga abantu bakeya.”

Aba baturage bagaragaza ko kuba batazi igihe bazamara muri izi nsengero, ari ikibazo kuri bo.

Banagaruka ku bindi bibazo bibahangayikishije nko kuba batari hafi y’imitungo yabo nk’imyaka, ku buryo ishobora kwibwa cyangwa ikangizwa.

Mukantwari Jeanette ati “Batugirira vuba bakadusanira bakaduha amabati tugasubira mu icumbi ryacu kubera ko nyine ntabwo hano twazahamara igihe kirekire n’abana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine avuga ko hari ikiri gukorwa kuri ibi bibazo by’abaturage, icyakora ntavuga igihe bizakorerwa.

Agita ati “Hariho harashakwa uburyo iki kibazo cyakemuka ku buryo burambye.”

Aha hantu hacumbikiwe aba bantu basenyewe n’ibiza, kuri site ya Nyarugenge icumbitsemo imiryango 101 igizwe n’abantu 458, bose baba mu nsengero ebyiri.

Barashima ariko bakibaza igihe bazasubirira mu byabo

Ibyo kurya barabifite ntakibazo
Abasengeraga muri izi nsengero basigaye basengera hanze

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 9 =

Previous Post

Gisozi: Nyuma y’amezi atatu indi nkongi y’umuriro w’ikibatsi yibasiye mu Gakiriro

Next Post

Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.