Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Abacumbikiwe mu nsengero barashima ariko hari n’ikibazo kibaremereye ku mutima

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Abacumbikiwe mu nsengero barashima ariko hari n’ikibazo kibaremereye ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Abasenyewe n’ibiza bo mu Murenge wa Rubengera bacumbikiwe mu nsengero ebyiri ziri mu Kagari ka Nyarugenge, bashimira uburyo bitaweho bakaba batarigeze bicwa n’imbeho cyangwa inzara, gusa nanone ntibabura kwibaza igihe bazavira muri iri cumbi.

Senyenzi Sylvestre, umwe muri aba baturage, avuga ko nyuma yo gusenyerwa n’ibiza, ubuyobozi bwababaye hafi ku buryo batigeze babura icyo kurya n’icyo kunywa.

Ati “Tukihagera habise batwakira batwereka aho tugomba kuba, hano mu nzu nta mbeho yatwishe, nta nzara itugeraho rwose nta n’uwavuga ngo afite inyota, ku gikoma mu gitondo tuba twagisamuye tugahembuka.”

Icyakora abasanzwe basengera mu rusengero rucumbitsemo aba baturage basenyewe n’ibiza, bavuga ko bafite impungenge zo kutamenya igihe bazongera gusengeramo kuko ubu bari gusengera hanze ngo bigatuma abitabira bagabanuka.

Mukabaryubahe yagize ati “Twabaye twiyeranje dusengera hanze ariko ntabwo tuzi igihe bazamaramo. Imbogamizi ntizabura urabona ni igihe cy’imvura iramutse iguye ntitwaba tugisenze ndetse n’iyo izuba rivuye urabona nk’abana bato ndetse n’abafite intege nke ntibabasha kuryihanganira, ubwo ni ukuvuga ngo hari gusenga abantu bakeya.”

Aba baturage bagaragaza ko kuba batazi igihe bazamara muri izi nsengero, ari ikibazo kuri bo.

Banagaruka ku bindi bibazo bibahangayikishije nko kuba batari hafi y’imitungo yabo nk’imyaka, ku buryo ishobora kwibwa cyangwa ikangizwa.

Mukantwari Jeanette ati “Batugirira vuba bakadusanira bakaduha amabati tugasubira mu icumbi ryacu kubera ko nyine ntabwo hano twazahamara igihe kirekire n’abana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine avuga ko hari ikiri gukorwa kuri ibi bibazo by’abaturage, icyakora ntavuga igihe bizakorerwa.

Agita ati “Hariho harashakwa uburyo iki kibazo cyakemuka ku buryo burambye.”

Aha hantu hacumbikiwe aba bantu basenyewe n’ibiza, kuri site ya Nyarugenge icumbitsemo imiryango 101 igizwe n’abantu 458, bose baba mu nsengero ebyiri.

Barashima ariko bakibaza igihe bazasubirira mu byabo

Ibyo kurya barabifite ntakibazo
Abasengeraga muri izi nsengero basigaye basengera hanze

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + eighteen =

Previous Post

Gisozi: Nyuma y’amezi atatu indi nkongi y’umuriro w’ikibatsi yibasiye mu Gakiriro

Next Post

Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

Related Posts

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

IZIHERUKA

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi
MU RWANDA

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.