Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu by’Ibihangange birimo Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bamenyesheje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko bababajwe n’imbaraga z’umurengera ziherutse gukoreshwa n’inzego z’umutekano z’iki Gihugu ubwo zahanganaga n’abigaragambya, zigakubita abarimo umwana muto zikamugira intere.

Ni nyuma yuko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 20 Gicurasi 2023, i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habaye imyigaragambyo yo kwamagana ibibazo byugarije abaturage birimo imibereho ikomeje guhenda ndetse n’intambara zabaye urudaca.

Muri iyi myigaragambyo, inzego z’umutekano z’iki Gihugu, ziraye mu baturage zishaka kubatatanya, zirabakubita ndetse zirasa n’amasasu, hakomerekeramo benshi.

Leta Zunze Ubumwe za America zasohoye itangazo zivuga ku zababajwe n’imbaraga z’umurengera zakoreshejwe n’izi nzego z’umutekano za Congo.

Itangazo ryashyizwe hanze na Ambasade ya USA muri DRC, ritangira rivuga ko “Leta Zunze Ubumwe za America itewe impungenge n’imbaraga z’umurengeza zakoreshejwe n’inzego z’umutekano mu guhangana n’imyigagarambyo yabereye i Kinshasa ku wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi, harimo no gukubita umwana muto.”

Nyuma y’iyi myigaragambyo, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho agaragaza abapolisi bari gukubita umwana muto bamukubita imigeri umubiri wose, ubu akaba arembeye mu Bitaro.

USA ikomeza ivuga ko iki Gihugu gisanzwe cyubaha ihame ry’ukwishyira ukizana kw’abantu, mu gukora imyigaragambyo yo mu mahoro, bakagira ubwisanzure bwo kuvuga, ikavuga ko ubu burenganzira ari ntayegayezwa kandi bukwiye kubahwa.

Iki Gihugu kandi cyaboneyeho gushimira Guverinoma ya Congo yihutiye gukurikirana abo mu nzego z’umutekano bagize uruhare muri biriya bikorwa, ubu bakaba bafashwe.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na wo wamaganye imbaraga z’umurengera zakoreshejwe n’inzego z’umutekano muri iriya myigaragambyo, zikabangamira uburenganzira bw’abaturage barimo n’abana.

Uyu Muryango wavuze ko wizeye ko hatangwa ubutabera kuri biriya bikorwa kandi Minisitiri w’Uburenganzira bwa muntu muri DRC agatanga umucyo kuri iki kibazo.

Abapolisi baherutse kugaragara bakubita umwana muto
Babanje kumukurubana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari Minisitiri mu Rwanda wafatiwe muri Hoteli yakira ruswa

Next Post

Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.