Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in BASKETBALL, MU RWANDA, POLITIKI, SIPORO
0
Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyacicikanye ku mbuga nkoranyambaga ko Minisitiri wa Siporo mu Rwanda yaba yatawe muri yombi, yaje kugaragara mu ruhame yitabiriye umukino wa Basketball, yarebanye akanyamuneza, ndetse anatanga ikiganiro cyagarutse ku bufatanye bwa NBA Africa na Guverinoma y’u Rwanda.

Kuva mu ijoro ry’igicuku ryo hirya y’ejo hashize, ku mbuga nkoranyambaga byumwihariko Twitter, hacicikanye amakuru yavugaga ko hari umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda watawe muri yombi, ngo nyuma yo gufatirwa mu cyuho yakira indonke.

Aya makuru yarakomeje kugeza no mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023, aho abakoresha uru rubuga rwa Twitter, bageze aho bakanatobora, bakavuga ko uwafashwe ari Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju.

Gusa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwaje guhakana aya makuru, ruvuga ko nta Minisitiri wo mu Rwanda watawe muri yombi.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yagize ati “Ni ibihuha, nta Minisitiri wafatiwe muri Hoteli.”

Uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, Aurore Mimosa Munyangaju wavugwagaho aya makuru y’ibihuha, yaje no kugaragara mu mukino wa gicuti wa Basketball wahuje ikipe y’irerero rya NBA Africa ndetse n’ikipe yo mu Rwanda ya Espoir BBC, wabereye mu ishuri rya LDK ryo mu Mujyi wa Kigali.

Aurore Mimosa Munyangaju yari kumwe n’abandi bayobozi bari bitabiriye uyu mukino barimo Perezida w’Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda, Mugwiza Desire, ndetse n’Umuyobozi wa NBA Africa, Victor Williams.

Munyangaju warebye uyu mukino bigaragara ku maso ko yishimye nkuko akunze kugaragara, yanatanze ikiganiro nyuma yawo, yahaye Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, cyagarutse ku bufatanye bwa NBA Africa na Leta y’u Rwanda.

Yavuze ko iki kibuga cyakiniweho uyu mukino, ari imwe mu mbuto z’ubu bufatanye, kuko cyubatswe ku bufatanye bwa FERWABA na NBA Africa.

Ati “Ni muri gahunda yo kubaka ibikorwa remezo kugira ngo abana bakiri bato bashobore kuba babigeraho batishyuye, bikaba aho batuye, ariko byumwihariko hano muri iri shuri bimaze gufasha abana batari bacye.”

Yakomeje avuga ko ibi bikwiye kubera urugero rwiza n’abandi bifuza kuba abafatanyabikorwa muri siporo yo mu Rwanda, kugira ngo hakomeze kuboneka ibikorwa nk’ibi bizamura impano z’abana b’u Rwanda.

Ni ikiganiro Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju yatanze, adategwa, akomeye ku isura ndetse bigaraga ko ntakibazo na gito afite dore ko yari yiriwe avugwaho amakuru y’ibihuha ko yatawe muri yombi na RIB.

Yagaragaye muri uyu mukino amwenyura

Yaganiraga n’abandi banyacyubahiro bari bawitabiriye
Umukino urangiye yaganiraga na no bishimira uko umukino wagenze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 11 =

Previous Post

Karongi: Abacumbikiwe mu nsengero barashima ariko hari n’ikibazo kibaremereye ku mutima

Next Post

DRCongo: Ibyabaye ku muryango w’abantu barindwi byateye agahinda benshi

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Ibyabaye ku muryango w’abantu barindwi byateye agahinda benshi

DRCongo: Ibyabaye ku muryango w’abantu barindwi byateye agahinda benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.