Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in Uncategorized
0
Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Ivanovych Kuleba ategerejwe i Kigali mu ruzinduko arimo mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, aho uyu muyobozi wa Dipolomasi akomeje gusaba Ibihugu byo kuri uyu Mugabane kuba ku ruhande rwa Ukraine ihanganye n’u Burusiya.

Uru ruzinduko azagirira mu Rwanda, Dmytro Ivanovych Kuleba yarutangarije i Addis Ababa ku cyicaro gikuru cy’Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe.

Uyu mukuru wa dipolomasi ya Ukraine, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko agomba kuva muri Ethiopia akomereza mu Rwanda, nubwo atigeze abivugaho byinshi.

Uru rugendo rwa Kigali ruri mu murongo umwe n’izo yagiriye mu bindi Bihugu byo kuri uyu Mugabane, nka Morocco, aho yavugiye ko Ibihugu bya Afurika bikwiye kujya ku ruhande rumwe n’Igihugu cyabo cya Ukraine kimaze iminsi gihanganye n’u Burusiya mu ntamba bwagishojeho.

Yagarutse kuri bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika biterura ngo bigaragze aho bihaganze, ati “Birababaje kuba Ibihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika bihitamo kwifata. Icyo gihe uba wanze gushyigikira ubwigenge n’ubusugire bw’Igihugu, ariko iyo urebye ku myanzuro y’inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye iheruka, yo kugarura amahoro arambye muri Ukraine; Ibihugu 141 byarawushyigikiye. Harimo n’Ibihugu byinshi byo muri Afurika.”

Ibyo Bihugu bya Afurika bihagaze hagati; u Rwanda ntirurimo; kuko ruri mu Bihugu bicye byo muri aka karere byeruye bikamagana intambara y’u Burusiya kuri Ukraine.

Iyi mikoranire y’Ibihugu byombi imaze imyaka isaga 30. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ukraine igaragaza ko iyi mikoranire n’u Rwanda yatangiye mu mwaka wa 1993.

Uru ruzinduko rwa Minisitiri Kuleba i Kigali, ni urwa mbere rw’umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru muri Ukraine araba agiriye mu Rwanda. Iki Gihugu nta ambasade gifite mu Rwanda, kuko Andrii Pravednyk uhararariye Ukraine mu Rwanda akorera muri Kenya. Uko ni nako bimeze ku Rwanda kuko uruhagarariye muri Ukraine afite icyicaro mu Budage.

Nubwo bimeze gutyo, Ukraine igaragaza ko ubucuruzi hagati y’Ibihugu byombi buhagaze neza, kuko nko muri 2021 ibicuruzwa na serivisi byahererekanyijwe hagati y’Ibihugu byombi; bifite agaciro ka miliyoni 2.188 USD.

Ukraine yohereje mu Rwanda ibifite agaciro ka miliyoni 1,012 USD; naho u Rwanda rwoherezayo icyayi, ikawa n’amabuye y’agaciro bifite agaciro k’ibihumbi 834 USD.

Muri uwo mwaka, u Rwanda rwari rufite abantu 61 biga muri Ukraine, mu gihe umuturage umwe wa Ukraine ari we wabaga mu Rwanda.

Iyi Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine igaragaza ko umubano w’icyo Gihugu n’u Rwanda ukiri kwiyubaka, ariko ko biteguye gufasha inzego z’u Rwanda zirimo ubuhinzi, ingufu, kuyungurura amazi no kuyakwirakwiza mu Gihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

Next Post

Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.