Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto
Share on FacebookShare on Twitter

Rayon Sports yaraye itsinze mucyeba wayo w’ibihe byose APR FC igitego 1-0 yegukana Igikombe cy’Amahoro nyuma y’imyaka itanu nta gikombe itwara, yahagurutse i Nyanza yerekeza i Kigali mu birori by’akataraboneka.

Ni ibirori bitangira mu karere ka Huye bikaza gusorezwa mu mujyi wa Kigali, kuri Kigali Pelé Stadium aho iyi kipe iza kwereka abakunzi bayo igikombe cy’Amahoro yegukanye.

Incamake z’uko umukino wayihuje na APR FC kuva ku munota wa mbere kugeza umukino urangi. Ni umukino wari watangiye ukerereweho iminota irenga 20 nyuma yo kutumvikana ku cyicaro cy’abatoza ndetse n’abakinnyi b’ababasimbura. Abakinnyi b’ikipe ya rayon Sports babanje gusohoka bicara ku ruhande rw’iburyo, nyuma abatoza ba Apr FC baza kuhabasanga bikurura impaka zatumye umupira utinda gutangira.

Byaje kuba ngombwa ko amakipe yombi asubizwa mu rwambariro, rayon Sports isubira ho yari yicaye naho ijya ku ruhande rw’ibumoso yari yanze kwicaraho, umupira ubona gutangira.

Iminota ya mbere y’umukino yihariwe n’ikipe ya APR FC yagiye gusatira rayon Sports gusa ntibashe gutera mu izamu. Ikipe ya Rayon Sports uburyo bwa mbere yabonye ni umupira wafashwe na Luvumbu wahise awuha Onana, acenga abakinnyi ba APR FC awusubiza Luvumbu awuteye uca kure y’izamu.

Ku munota wa 20 w’umukino ikipe ya Rayon Sports yabonye igitego ku mupira wari uhinduwe mu rubuga rw’amahina na Onana, Ngendahimana Eric awutsinda n’umutwe nyuma yo kurarira, umusifuzi wo ruhande Karangwa Justin aramanika igitego kirangwa.

Nyuma y’iyi minota ikipe ya Rayon Sports yaje kwigaranzura Apr FC ikomeza no kwiharira umukino, aho abakinnyi nka Onana, Luvumbu na Ojera bazonze cyane ba myugariro ba APR FC.

Ku munota wa 40 w’umukino nyuma yo guhererakanya neza kw’abakinnyi ba rayon Sports, Hertier Nzinga Luvumbu yateye ishoti rikomeye umunyezamu Ishimwe Pierre awufashe uramucika, Ngendahimana Eric ahita awusubizamo kiba igitego cya Rayon Sports.

Mu gice cya kabiri cy’umukino amakipeyombi yagarutse yigana ariko ntihagira uburyo bukomeye bw’igitego bugaragara, usibye Coup-Franc Luvumbu yateye umunyezamu wa APR Fc awushyira hejuru y’izamu.

Ikipe ya APR FC yaje gukora impinduka ikuramo Kwitonda Alain Bacca yinjizamo Ishimwe Anicet, Rayon Sports nayo ikuramo Rafael Osaluwe yinjiza Kanamugire Roger, naho APR FC ikuramo na Yannick Bizimana hinjira Mugunga Yves.

Nyuma yo gushakisha igitego ku mpande zombi umusifuzi wa kane yerekanye iminota itatu y’inyongera, iyi yaje kurangira nayo bikiri igitego 1-0 cya Rayon Sports ihita yegukana igikombe.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Next Post

Manchester City yegukanye FA Cup isatira gukuraho agahigo ka Manchester United ko mu 1999

Related Posts

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

by radiotv10
06/11/2025
0

Ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan iri kumwe n’umutoza wayo Darko Novic watozaga APR FC umwaka w'imikino ushize, yageze...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Manchester City yegukanye FA Cup isatira gukuraho agahigo ka Manchester United ko mu 1999

Manchester City yegukanye FA Cup isatira gukuraho agahigo ka Manchester United ko mu 1999

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.