Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kubogamira ku ruganda ruvugwaho kurenganya umuturage

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kubogamira ku ruganda ruvugwaho kurenganya umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Murya mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, basanga mugenzi wabo yaratereranywe n’ubuyobozi nyuma yo kumara imyaka itanu asiragira ku kibazo afitanye n’uruganda rwa GASMETH.

Uyu muturage ashinja uru ruganda rutunga nyiramugengeri kumena imyanda y’ibisigazwa bivanze n’ivumbi mu isambu ye, nyamara rwaraguze ubutaka bwo kurimenamo.

Karemera Trojan avuga ko ubwo uruganda rwateguraga guha ingurane abaturage ngo barubise, we yaje kuvanwamo ariko agatungurwa no kuba nyuma rwaratangiye kumena imyanda mu kwe, yakwitabaza ubuyobozi bugaterera agati mu ryinyo.

Ati “Abandi twari duturanye bose barabishyuye, njye bamvanamo, baranzenguruka bansiga hagati, njya ku muyobozi w’Umurenge ambwira ko bimurenze njya ku Karere, nandikiye Akarere inshuro eshatu nta gisubizo.”

Yakomeje agira ati “ariko urebe ukuntu bikunda, bareka aho baguze imyanda bakayizana mu kwanjye akaba ari ho bamena. Ahabo bakahahinga bagasarura ariko imyanda bakajya kuyegeka mu kwanjye”.

Abaturage bavuga ko bibabaje kubona uruganda ruhinga isambu yarwo rwaguriye kumenwamo imyanda yarwo ahubwo rukarenga rukamena iyo myanda mu isambu y’umuturage, kandi ngo iyo myanda yangiza ubutaka kuko aho imenwe hatongera kugira ikihamera.

Bakinamurwango Jean Marie Vianney ati “Bafite hegitari zishobora kuba zigera muri eshatu, ni ho bakabaye bashyira imyanda aho kuyishyira aho bayimena mu isambu y’umuturage.”

Yaba ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi ndetse n’ubw’uruganda rwa Gazmet (Gishoma peat to power plant) nta n’umwe wabonetse ubwo iyi nkuru yatunganywaga ko asubize kuri iki kibazo, mu gihe umunyamakuru yabagerageje kubavugisha.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 15 =

Previous Post

Danny Nanone wagarukanye umwihariko muri muzika ahishuye icyo benshi batari bamuziho

Next Post

Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.