Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bidasubirwaho hatangajwe amakuru ababaje ku bwato bwavugishije Isi yose

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Bidasubirwaho hatangajwe amakuru ababaje ku bwato bwavugishije Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru yagiye hanze ku bwato bwa Titan bwari bwabuze nyuma yo kwibira mu nyanja ya Atlantic bwari bujyanye abari bagiye gusura ibisigazwa bya Titanic, yemeje ko batanu bari baburimo, barimo n’umuherwe ukomeye, babupfiriyemo.

Kuva ku Cyumweru ubwo ubu bwato bwaburaga nyuma y’isaha imwe n’iminota 45’ bukimara kwinjira mu nyanja, hari hakomeje ibikorwa byo kubushakisha, ndetse n’amasaha y’umwuka wa Oxygen wagombaga kubafasha guhumeka, yari yamaze kurangira.

Mu masaha y’umugoroba [inaha mu Rwanda] kuri uyu wa Kane, hari hamaze kumenyekana inkuru y’incamugongo kuri ubu bwato, ko habonetse ibiceceti by’ubu bwato, bigaragara ko bwasandaye, ndetse n’icyizere cyo kuba bakiriho gisa nk’icyayoyotse burundu.

Urwego rw’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, rucunga umutekano ku nkombe z’inyanja, rwaje kwemeza ko ubu bwato bwaturitse, abari baburimo bagapfa.

Uru rwego kandi rwemeje ko ibisigazwa by’ubu bwato bwa Titan, byabonetse hafi y’ahari ibisigazwa by’ubwa Titanic, bari bagiye gusura mu nda y’inyanja.

Abagabo batanu bapfiriye muri ubu bwato, barimo Umwongereza Shahzada Dawood n’umuhungu we w’imyaka 19 witwa Suleman, hakaba harimo kandi umuyobozi wa Ocean Gate, Stockton Rush, ndetse n’umunyemari w’Umwongereza Hamish Harding, n’umusaza w’Umufaransa Paul-Henry Nargeolet w’imyaka 77 wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi.

Ubwato bwaguyemo aba bantu bwabuze kuva ku Cyumweru, ubwo bwibiraga mu nyanja bubajyanye mu bikorwa by’ubukerarugendo, ariko bukaza gutakaza ubushobozi bw’itumanaho nyuma y’isaha 1 n’iminota 45’ bwari bumaze bwibiye.

Abantu batanu baguye muri ubu bwato

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

S.Africa: Bwa mbere Perezida yavuze ku bamwiyitirira bagatekera imitwe rubanda

Next Post

Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

Mu Rwanda hatangijwe irindi soko ridasaba ko abantu bava aho bari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.